• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Graca Machel yagereranyije Perezida Kagame na Nelson Mandela

Graca Machel yagereranyije Perezida Kagame na Nelson Mandela

Ubwanditsi 07 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Graca Machel, wahoze ari umufasha wa Nelson Mandela yagereranyije intego n’ibikorwa bya Perezida Kagame n’ibya Mandela wayoboye Afurika y’Epfo.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane ubwo we na Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard, batangaga ikiganiro ku banyeshuri batoranyijwe kwiga muri Kaminuza Nyafurika yigisha imiyoborere (African Leadership University), ishami ry’u Rwanda.

Muri iki kiganiro imbere y’abanyeshuri 100 batoranyijwe kurihirwa muri iyi kaminuza mu kwizihiza isabukuru y’imyaka ijana ya Mandela, Grace Machel washinze iyi Kaminuza yavuze ko Mandela na Kagame bahuriye ku ntego zo kubaka igihugu ndetse n’ubumwe bw’abagituye.

Yagize ati “Madiba na Perezida Kagame bahuje kurazwa ishinga no kubaka igihugu n’ubumwe bw’igihugu. Bahuriye ku kugira intego zagutse nubwo uburyo butandukanye n’ibihe (babayeho) bikaba bitandukanye.”

African Leadership University yafunguye imiryango bwa mbere mu mwaka wa 2015 mu birwa bya Maurice. Muri Nzeli 2017 nibwo yafunguye irindi shami mu Rwanda.

Graca Machel yavuze ko impamvu bayizanye mu Rwanda ari uko ari ‘urugero rw’uburyo Afurika yahindurwa bundi bushya”.

Ati “Abantu babona u Rwanda mu iterambere gusa ariko kuba rwaranyuze muri Jenoside, hari umusingi w’ubwiyunge washyizweho na Perezida Kagame.”

Bamwe mu banyeshuri babajije Minisitiri w’Intebe Ngirente uburyo u Rwanda rwabashije kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko byose byatewe n’imiyoborere ya Perezida Kagame.

Yagize ati “Perezida Kagame ni umuyobozi wicisha bugufi, usura abaturage mu turere twose tw’igihugu.”

African Leadership University ni Kaminuza ifite intego yo gusohora urubyiruko rwa Afurika miliyoni eshatu rw’intiti mu miyoborere, mu gihe cy’imyaka 30 iri imbere.

Ishami ry’iyi Kaminuza i Kigali rifatanyije n’ikigega Graca Machel Trust Fund n’Ikigo Mandela institute of Development Studies (MINDS) batangije gahunda “Mandela Centennial Scholarship Programme”.

Igamije gukomeza umurage wa Mandela w’uburezi, baha amahirwe yo kwiga muri iyi Kaminuza urubyiruko ijana rutishoboye rwo hirya no hino muri Afurika.

Imibare igaragaza ko kugira ngo Afurika igere ku burezi nibura nk’ubw’u Buhinde, ikeneye kubaka kaminuza 125 ku rwego rw’iya Harvard buri mwaka, mu myaka 15 iri imbere.

Uburyo busanzwe bw’imyigire muri Afurika, inzobere zigaragaza ko budahagije ngo habeho impinduka, ahubwo hakenewe ubushya bwahanzwe n’Abanyafurika, bugenewe Afurika kandi bugamije guhangana n’imbogamizi z’Abanyafurika.

2018-09-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Abadashyigikiye ivugururwa ry’Itegeko Nshinga batangiye guterwa ubwoba

Burundi: Abadashyigikiye ivugururwa ry’Itegeko Nshinga batangiye guterwa ubwoba

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Uko Abanyarwanda barekuwe na Uganda batashye bavuga ku bucakara n’iyicarubozo bakorewe na CMI byahitanye bagenzi babo

Uko Abanyarwanda barekuwe na Uganda batashye bavuga ku bucakara n’iyicarubozo bakorewe na CMI byahitanye bagenzi babo

Ubwanditsi 19 Jun 2019
Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Ubwanditsi 26 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse
Mu Mahanga

Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?
INKURU NYAMUKURU

Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Komisiyo y’amatora igiye kwiga  ku mafoto ya Diane Rwigara yashyizwe hanze yambaye ubusa niya Mpayimana ahetse Umwana
ITOHOZA

Komisiyo y’amatora igiye kwiga ku mafoto ya Diane Rwigara yashyizwe hanze yambaye ubusa niya Mpayimana ahetse Umwana

Ubwanditsi 30 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru