• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Graca Machel yagereranyije Perezida Kagame na Nelson Mandela

Graca Machel yagereranyije Perezida Kagame na Nelson Mandela

Ubwanditsi 07 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Graca Machel, wahoze ari umufasha wa Nelson Mandela yagereranyije intego n’ibikorwa bya Perezida Kagame n’ibya Mandela wayoboye Afurika y’Epfo.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane ubwo we na Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard, batangaga ikiganiro ku banyeshuri batoranyijwe kwiga muri Kaminuza Nyafurika yigisha imiyoborere (African Leadership University), ishami ry’u Rwanda.

Muri iki kiganiro imbere y’abanyeshuri 100 batoranyijwe kurihirwa muri iyi kaminuza mu kwizihiza isabukuru y’imyaka ijana ya Mandela, Grace Machel washinze iyi Kaminuza yavuze ko Mandela na Kagame bahuriye ku ntego zo kubaka igihugu ndetse n’ubumwe bw’abagituye.

Yagize ati “Madiba na Perezida Kagame bahuje kurazwa ishinga no kubaka igihugu n’ubumwe bw’igihugu. Bahuriye ku kugira intego zagutse nubwo uburyo butandukanye n’ibihe (babayeho) bikaba bitandukanye.”

African Leadership University yafunguye imiryango bwa mbere mu mwaka wa 2015 mu birwa bya Maurice. Muri Nzeli 2017 nibwo yafunguye irindi shami mu Rwanda.

Graca Machel yavuze ko impamvu bayizanye mu Rwanda ari uko ari ‘urugero rw’uburyo Afurika yahindurwa bundi bushya”.

Ati “Abantu babona u Rwanda mu iterambere gusa ariko kuba rwaranyuze muri Jenoside, hari umusingi w’ubwiyunge washyizweho na Perezida Kagame.”

Bamwe mu banyeshuri babajije Minisitiri w’Intebe Ngirente uburyo u Rwanda rwabashije kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko byose byatewe n’imiyoborere ya Perezida Kagame.

Yagize ati “Perezida Kagame ni umuyobozi wicisha bugufi, usura abaturage mu turere twose tw’igihugu.”

African Leadership University ni Kaminuza ifite intego yo gusohora urubyiruko rwa Afurika miliyoni eshatu rw’intiti mu miyoborere, mu gihe cy’imyaka 30 iri imbere.

Ishami ry’iyi Kaminuza i Kigali rifatanyije n’ikigega Graca Machel Trust Fund n’Ikigo Mandela institute of Development Studies (MINDS) batangije gahunda “Mandela Centennial Scholarship Programme”.

Igamije gukomeza umurage wa Mandela w’uburezi, baha amahirwe yo kwiga muri iyi Kaminuza urubyiruko ijana rutishoboye rwo hirya no hino muri Afurika.

Imibare igaragaza ko kugira ngo Afurika igere ku burezi nibura nk’ubw’u Buhinde, ikeneye kubaka kaminuza 125 ku rwego rw’iya Harvard buri mwaka, mu myaka 15 iri imbere.

Uburyo busanzwe bw’imyigire muri Afurika, inzobere zigaragaza ko budahagije ngo habeho impinduka, ahubwo hakenewe ubushya bwahanzwe n’Abanyafurika, bugenewe Afurika kandi bugamije guhangana n’imbogamizi z’Abanyafurika.

2018-09-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka25: Perezida Kagame na Madame bacanye urumuri rw’ikizere, aho Amahanga yakoraniye i Kigali  Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka25: Perezida Kagame na Madame bacanye urumuri rw’ikizere, aho Amahanga yakoraniye i Kigali Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Apr 2019
Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Ubwanditsi 12 Oct 2023
Ukuri ku irigiswa rya Ben Rutabana:  Urukiko Rukuru rwa Kampala rwahishuye ko ari mu maboko ya CMI, rusaba ko aburanishwa

Ukuri ku irigiswa rya Ben Rutabana: Urukiko Rukuru rwa Kampala rwahishuye ko ari mu maboko ya CMI, rusaba ko aburanishwa

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Ubwanditsi 17 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.
HIRYA NO HINO

Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Ubwanditsi 25 Sep 2017
RNC Ishaje m’uBwongereza  komite nshya itaramara n’ukwezi bararebana ayingwe
ITOHOZA

RNC Ishaje m’uBwongereza komite nshya itaramara n’ukwezi bararebana ayingwe

Ubwanditsi 28 Aug 2016
USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe
HIRYA NO HINO

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru