• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Abanyarwanda barekuwe na Uganda batashye bavuga ku bucakara n’iyicarubozo bakorewe na CMI byahitanye bagenzi babo

Uko Abanyarwanda barekuwe na Uganda batashye bavuga ku bucakara n’iyicarubozo bakorewe na CMI byahitanye bagenzi babo

Ubwanditsi 19 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU

Niyomucunguzi Jean Baptiste wo mu Karere ka Burera na Nizeyimana Samuel wo muri Musanze, baheruka kurekurwa n’inzego z’umutekano za Uganda nyuma y’umwaka bafunzwe, bavuze ko bakoreshwaga ubucakara n’iyicarubozo, bamwe mu bahafungiye bakahasiga ubuzima.

Bagiye muri Uganda umwaka ushize, batabwa muri yombi na Polisi ndetse bakatirwa igifungo cy’amezi 12, bakaba barekuwe bakirangije ku wa 16 Kamena 2019.

Niyomucunguzi uvuka mu Karere ka Burera, Umurenge wa Gahunga mu Kagari ka Kidakama, yavuze ko we na bagenzi be bavuye mu Rwanda ku wa 3 Kamena 2018 bagiye guhaha mu isoko rya Kisoro muri Uganda nyuma y’umunsi umwe batabwa muri yombi n’inzego z’umutekano batashye.

Nyuma yo gufatwa batswe ibyangombwa n’inzego z’umutekano zibasaba amashilingi ibihumbi 200 ngo zibarekure barayabura. Zarabafunze, zibagira inama yo kuterurira umucamanza ko babifite ngo atabaha igihano kiremereye barabyemera, zibagejeje mu rukiko bashinjwa kutagira ibyangombwa, bakatirwa amezi 18 ariko baza kudohorerwa atandatu.

Ati “Baraduhingishije dukubitwa cyane turatesekara bamwe bahasize n’ubuzima…Icyo batubwiraga kwari ukudukangurira kujya mu mpunzi. Njye nabashije kubyanga ariko hari bamwe bagiyeyo.”

Niyomucunguzi w’imyaka 25 yavuze ko ahantu bahingishwaga ari mu bihuru no mu mahwa kujyayo bisaba kugenda wambaye bote. Yavuze ko bababwiraga ko nibagera mu nkambi bahabwa ibyangombwa by’ubwenegihugu, ndetse ngo hari mugenzi we witwa Ndayisaba ukomoka i Burera wakubiswe yananiwe guhinga arapfa.

Ati “Abanyarwanda barimo [muri gereza bafunze] ni benshi cyane, bari hagati ya 150 na 200.”

Nyuma yo kurangiza amezi 12 y’igifungo yakatiwe, yirirwa ahinga agahabwa ibyo kurya nimugoroba, yarekuwe ku wa 15 Kamena 2019, ahamagara abavandimwe be bamwoherereza amafaranga amugeza ku mupaka w’u Rwanda na Uganda.

Ibikorwa Niyomucunguzi yakorewe bijya gusa neza n’ibyakorewe Nizeyimana Samuel wo mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Shingiro.

Uyu musore w’imyaka 29 yavuze ko nawe yashimuswe ku wa 4 Kamena 2018 agiye gusura mushiki we, akarekurwa ku wa 15 Kamena 2019, nyuma y’amezi 12 afunganye n’abandi banyarwanda, bakoreshwa ubucakara bwo guhinga ndetse bagakorerwa iyicarubozo.

Mu nzira avuye gusura mushiki we agaruka mu Rwanda nibwo yafashwe n’abapolisi ba Uganda, bamwaka ibyangombwa, bahita bamujyanana n’abandi mu rukiko.

Ati “Baravuga ngo nitutamurushya [Umucamanza] aratubabarira baduhe igihano gito ariko kubera ubwoba baduteraga tutanazi ibya Uganda turemera ibyangombwa bakabita. Ubwo badukatiye amezi 18, badukuriraho atandatu, dukora 12.”

Nizeyimana yavuze ko babajyanaga ahantu atumva indimi bavuga ku buryo akeka ko ari mu bindi bihugu.

Ati “Ubwo bakadukubita bamwe bagapfa. Hapfuye babiri, umwe yitwa Havugimana. Aho batujyanaga kwari uguhinga, ugahera saa kumi n’ebyiri z’igitondo, ukagera izindi z’umugoroba nta kuruhuka nta n’icyo kurya baraguha, ari inkoni gusa.”

Yakomeje agira ati “Bazaga bashaka ko tujya guhinga, bagafata inkoni z’insinga bakaziha benewabo bakadukubita ngo nimukore muri Abanyarwanda.”

“Abanyarwanda bafite umutima wo kujya Uganda bawureke kuko nta keza kaho, nubwo waba ufite ibyangombwa barabikwaka bakabita, bakakwereka ko ntacyo bimaze mu gihugu cyabo.”

Aba basore bafashwe biyongera ku bandi benshi bagiye barekurwa bavuga ko bakorewe iyicarubozo rikabije ndetse ko aho bari bafungiye bahasize abandi.

U Rwanda rwakomeje kugaragaza ko hari abaturage barwo bakorerwa iyicarubozo muri Uganda kandi bigakorwa n’inzego z’umutekano.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, aherutse kuvuga ko ‘uko gufungwa binyuranyije n’amategeko, gufatwa nabi no kwirukanwa muri Uganda ni byo byatumye Guverinoma y’u Rwanda igira inama abaturage bayo yo kutajya muri Uganda’.

Yakomeje agira “Turasaba Uganda guhagarika imikoranire yose n’imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda irimo RNC, mu kwibasira abanyarwanda, kubata muri yombi mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse no kubakorera iyicarubozo ahubwo hagakoreshwa inzira z’amategeko mu kugeza imbere y’ubutabera umunyarwanda wese ukekwaho kurenga ku mategeko.”

Imwe mu miryango yahohotewe muri Uganda yaregeye indishyi

Umuryango wa Muhawenimana Ezechiel na Dusabimana Esperance bo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu bafatanyije na Hakorimana Musoni Venant, kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Kamena 2019 batanze ikirego mu rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(EACJ) basaba ko leta ya Uganda ibaha indishyi z’akababaro.

Iyi miryango irasaba indishyi zingana na miliyoni imwe n’ibihumbi ijana by’amadorari ya Amerika (1.100.000usd), nyuma yo kubafata mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bagafungwa, bakanahohoterwa n’igisirikare cya Uganda binyuze mu rwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza muri Uganda (CMI).

Muhawenimana Ezechiel w’imyaka 36 na Dusabimana Esperance w’imyaka 35 (umugabo n’umugore), bafashwe bagiye muri Uganda gutabara mu karere ka Rubanda binjiriye ku mupaka wa Cyanika, bafungirwa muri gereza ya Ndorwa I Kabale, bashinjwa kwinjira mu gihugu ku buryo bunyuranyije na mategeko.

Muhawenimana aragira ati “Twafatiwe muri Uganda tariki ya 23 Nyakanga 2018, tugiye gutabara, batubwira ko twinjiye muri iki gihugu nta byangobwa dufite. Byabaye ngombwa ko duca mu rukiko rwaho i Kabale, baduhamya icyaha, twamazemo amezi icyenda. Nkuko mubibona uyu mwana wacu niho yavukiye abaho ubuzima bubi”.

Hakorimana Musoni Venant w’imyaka 35 we yari umwarimu muri Ethiopia akaba yarabaga muri Uganda, nawe akaba yarahafungiwe amezi icyenda.

Agira ati “Njyewe nafatiwe i Kampala ubwo nari mvuye muri Ethiopia, kandi no muri Uganda mpafite umutungo, nanakoze muri icyo gihugu, rero nararenganyijwe”.

Umunyamategeko wunganira aba batanze ikirego Me Richard Mugisha agaragaza ko aba bantu bafashwe nabi mu gihe bari bafungiye muri Uganda, kandi ko ibyo baregwagwa byose byari ukubeshya.

Mugisha agira ati “Ubu abantu nunganira ni batatu, ariko hari n’abandi banyegereye kandi ntibizatinda tubirimo. Abo nunganira rero barahohetewe, bakorerwa iyicarubuzo ku mubiri wabo, bambuwe n’amafaranga. Ndizera ko uru rukiko ruzaca urubanza neza kuko ibihugu bigize uyu muryango bishaka ko haba imiyoborere myiza”.

Me Mugisha ahamya ko abakiriya be bahohotewe, bagomba guhabwa indishyi
Me Mugisha ahamya ko abakiriya be bahohotewe, bagomba guhabwa indishyi

Mu gushaka kumenya indishyi z’akababaro zisabwa bitewe n’ukuntu bavuga ko bahohotewe, umwunganizi mu mategeko Mugisha avuga ko indishyi ziri mu buryo bubiri.

Ati “Indishyi ziratandukanye. Kuri Hakorimana turasaba indishyi zigera kuri miliyoni y’amadorari ya Amerika, urebye we yari umwarimu muri Ethiopia yatakaje byinshi, naho kuri uriya muryango wa Muhawenimana Ezecheil na Dusabimana Esperance turabasabira ibihumbi ijana by’amadorari ya Amerika”.

Ikirego cyatanzwe n’aba Banyarwanda ntikizakurikirana urwego runaka, ahubwo hazakurikiranwa leta ya Uganda.

Me Richard Mugisha unahagarariye urugaga rw’abunganira abantu mu mategeko mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba, ntabwo azaca amafaranga aba bahohotewe, kuko azabunganira ku buntu.

Aba bunganirwa mu mategeko bagarutse mu Rwanda tariki ya 26 Mata 2019.

Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (East African Court of Justice) rwashyizweho mu mwaka wa 2011.

Urukiko rw
Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba / Aho batangira ibirego i Kigali

2019-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Ubwanditsi 23 Jan 2019
RIB yerekanye Cpt.Nsengimana Herman wa FLN watawe muri yombi mu bitero bya FARDC

RIB yerekanye Cpt.Nsengimana Herman wa FLN watawe muri yombi mu bitero bya FARDC

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Nov 2022
Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Ubwanditsi 22 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko itabwa muri yombi rya Gen Kale Kayihura ryagenze n’uko yagerageje gucika ntibimuhire
INKURU NYAMUKURU

Uko itabwa muri yombi rya Gen Kale Kayihura ryagenze n’uko yagerageje gucika ntibimuhire

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Sudani y’Epfo : Abapolisi b’u Rwanda 239 bakorera mu Ntara ya Malakal bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Mahanga

Sudani y’Epfo : Abapolisi b’u Rwanda 239 bakorera mu Ntara ya Malakal bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Mugisha Bonheur yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Al Masry yo mu Misiri avuye muri Stade Tunisien
Amakuru

Mugisha Bonheur yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Al Masry yo mu Misiri avuye muri Stade Tunisien

Ubwanditsi 06 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru