• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Ubwanditsi 11 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Nkuko bitangazwa na Mediapart, Col Aloys Ntiwiragabo wahoze muri FAR amaze nibura imyaka 14 aba mu Bufaransa, ariko afite ibyemezo by’ubuhunzi kuva muri Gashyantare 2020. Kuki byatinze?  Byagenze bite hagati aho?  Ukekwaho icyaha yaba yarabonye ubufasha?  Ku ya 25 Nyakanga, Ubushinjacyaha bw’igihugu bushinzwe kurwanya iterabwoba bwafashe icyemezo cyo gutangiza iperereza ry’ibanze ku “byaha byibasiye inyokomuntu” bikekwaho Aloys Ntiwiragabo, wagaragaye mu Bufaransa nkuko Mediapart yabitangaje.

Uyu mugabo wahoze ari umuyobozi w’ubutasi bwa gisirikare cy’u Rwanda akekwaho kuba umwe mu bacurabwenge ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yashinze kandi ayobora ingabo za FDLR, umutwe ugizwe na benshi mu basize bakoze Jenoside bakitwaje intwaro muri karere k’ibiyaga bigari by’Afurika. Iperereza ryibanze kuri Aloys Ntiwiragabo ryaratangiye  mu kumenya uburyo Ubufaransa, bumaze kuba indiri y’abakekwaho jenoside bwamuhaye ubuhungiro .

Mediapart itangazako nyuma y’ubushakashatsi bwayo, hari ikibazo kitasubijwe, uburyo Aloys Ntiwiragabo abanye n’ubuyobozi. Col Aloys Ntiwiragabo ntabwo yigeze abona viza yo kwinjira mu Bufaransa ngo ajye gusura umugore we, wahungiye mu Bufaransa mu 1999 kandi akaba yarahawe ubwenegihugu bw’Abafaransa mu 2005.  Mugihe cyo gusaba viza yambere i Khartoum (Sudani), Aloys Ntiwiragabo nyamara yavuze ko  ibyangombwa byibanze bituma abasha gusaba viza. Mu 2001, yongeye kugaragaza icyifuzo cye cyo kujya mu Bufaransa asaba viza i  Niamey (Niger) aho yagiye akoresheje pasiporo ya Gineya y’impimbano yahawe n’abayobozi ba Sudani nk’uko we ubwe yabyivugiye ubwe imbere y’ubutabera. Ariko, ku ya 10 Nyakanga 2020, Aloys Ntiwiragabo yakiriye ubutumwa bukurikiranwa n’iposita kandi akaba ari igikorwa gisaba icyangombwa cy’ibanze nk’indangamuntu.

Umunyamakuru wa Mediapart Theo Englebert yagize ati: “Aloys Ntiwiragabo ntabwo afite uruhushya rwo gutura. Uyu mugabo yasabye ubuhungiro kandi afite icyemezo yahawe ku ya 7 Gashyantare 2020. Mbere y’ibyo, nta byangombwa yari afite yaba yarahawe natwe… ”, nkuko byatangajwe Perefe wa Centre-Val ya Loire. Nk’uko ibiro bya Perefe bibitangaza ngo Aloys Ntiwiragabo yari yabajije ibiro by’Ubufaransa bishinzwe kurengera impunzi n’abantu badafite ubwenegihugu (OFPRA) bijyanye n’iki cyifuzo none akaba ategereje icyemezo cyiki kigo. Ingingo ya mbere y’amasezerano y’i Geneve ubusanzwe yemerera OFPRA kudaha ibyangombwa umuntu ufite ubusembwa bwo kuba yaba yarakoze ibyaha byibasiye ikiremwamuntu. Ibi byose byakozwe mu gihe amakuru kuri Aloys Ntiwiragabo yari azwi yaba uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ibyaha byakorwaga kandi bigikorwa na FDLR yayoboye. Umwunganizi we mu mategeko yatangarije RFI ko umukiriya we atigeze yihisha. Ukurikije ubuhamwa n’inyandiko zabonetse za Mediapart, Aloys Ntiwiragabo ntabwo yageze mu Bufaransa mu ntangiriro z’umwaka wa 2020.  Amakuru menshi mu baturanyi be, ndetse nayatanzwe na nyirinzu abamo, yatwemereye ko yabaga mu nzu twamusanzemo kuva mu 2006, imyaka cumi n’ine mbere yo gusaba ubuhunzi.

Col Aloys Ntiwiragaba yifashishije ubwenegihugu bw’umugore we kugira ngo abashe kwimuka, kugirango abe muri iyo nzu yagaragaje ko yashakanye n’umugore we (ufite ubwenegihugu) aho yerekanye icyemezo cyo gushyingirwa gitangwa na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Gusa iyi nyandiko ntabwo ihagije gutura no kuzenguruka akarere. Uyu wigeze kuba Koloneli yari afite uruhushya rwo gutura? Minisiteri y’imbere mu gihugu ntiyigeze isubiza ibibazo bya Mediapart bijyanye n’inyandiko zishoboka zahawe Aloys Ntiwiragabo mbere yo gusaba ubuhunzi.

Aloys Ntiwiragabo yasabaga viza yo kujya mu Bufaransa ayisabira i Niamey muri Niger kandi n’ubundi yarageze kera muri icyo gihe. Yaje kujuririra iki cyemezo maze atangira inzira yakomeje kugeza mu 2015. Kuki ukomeza urugamba rwo gushaka visa kandi atuye mu Bufaransa nkuko umwunganizi we abivuga? Uburyo Aloys Ntiwiragaba abayeho mu Bufaransa biragaragara ko yihishahisha ubutabera.

Ku ya 23 Gicurasi 2001, Col Ntiwiragabo yagiye mu biro by’Abafaransa gusaba viza. Ku ya 9 Nyakanga yakurikiyeho, yumviswe n’umucamanza w’Abafaransa Jean-Louis Bruguière. IKigaragara  Aloys Ntiwiragabo, yariho yihishahisha, izina rye ryari ku rutonde rw’abakekwaho kuba barateguye Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ubutabera mpuzamahanga bumushakisha cyane.

2020-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka

Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka

Ubwanditsi 28 Dec 2018
CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 25 May 2018
Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 19 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana

Ubwanditsi 16 Oct 2019
U Rwanda ruranenga ko Afurika y’Epfo yizera abarurwanya kurusha rwo
Uncategorized

U Rwanda ruranenga ko Afurika y’Epfo yizera abarurwanya kurusha rwo

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Ikigo cyo mu Rwanda kigiye gushora miliyoni 100$ mu gukora telefoni zigezweho
UBUKUNGU

Ikigo cyo mu Rwanda kigiye gushora miliyoni 100$ mu gukora telefoni zigezweho

Ubwanditsi 28 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru