• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Ubwanditsi 11 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Nkuko bitangazwa na Mediapart, Col Aloys Ntiwiragabo wahoze muri FAR amaze nibura imyaka 14 aba mu Bufaransa, ariko afite ibyemezo by’ubuhunzi kuva muri Gashyantare 2020. Kuki byatinze?  Byagenze bite hagati aho?  Ukekwaho icyaha yaba yarabonye ubufasha?  Ku ya 25 Nyakanga, Ubushinjacyaha bw’igihugu bushinzwe kurwanya iterabwoba bwafashe icyemezo cyo gutangiza iperereza ry’ibanze ku “byaha byibasiye inyokomuntu” bikekwaho Aloys Ntiwiragabo, wagaragaye mu Bufaransa nkuko Mediapart yabitangaje.

Uyu mugabo wahoze ari umuyobozi w’ubutasi bwa gisirikare cy’u Rwanda akekwaho kuba umwe mu bacurabwenge ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yashinze kandi ayobora ingabo za FDLR, umutwe ugizwe na benshi mu basize bakoze Jenoside bakitwaje intwaro muri karere k’ibiyaga bigari by’Afurika. Iperereza ryibanze kuri Aloys Ntiwiragabo ryaratangiye  mu kumenya uburyo Ubufaransa, bumaze kuba indiri y’abakekwaho jenoside bwamuhaye ubuhungiro .

Mediapart itangazako nyuma y’ubushakashatsi bwayo, hari ikibazo kitasubijwe, uburyo Aloys Ntiwiragabo abanye n’ubuyobozi. Col Aloys Ntiwiragabo ntabwo yigeze abona viza yo kwinjira mu Bufaransa ngo ajye gusura umugore we, wahungiye mu Bufaransa mu 1999 kandi akaba yarahawe ubwenegihugu bw’Abafaransa mu 2005.  Mugihe cyo gusaba viza yambere i Khartoum (Sudani), Aloys Ntiwiragabo nyamara yavuze ko  ibyangombwa byibanze bituma abasha gusaba viza. Mu 2001, yongeye kugaragaza icyifuzo cye cyo kujya mu Bufaransa asaba viza i  Niamey (Niger) aho yagiye akoresheje pasiporo ya Gineya y’impimbano yahawe n’abayobozi ba Sudani nk’uko we ubwe yabyivugiye ubwe imbere y’ubutabera. Ariko, ku ya 10 Nyakanga 2020, Aloys Ntiwiragabo yakiriye ubutumwa bukurikiranwa n’iposita kandi akaba ari igikorwa gisaba icyangombwa cy’ibanze nk’indangamuntu.

Umunyamakuru wa Mediapart Theo Englebert yagize ati: “Aloys Ntiwiragabo ntabwo afite uruhushya rwo gutura. Uyu mugabo yasabye ubuhungiro kandi afite icyemezo yahawe ku ya 7 Gashyantare 2020. Mbere y’ibyo, nta byangombwa yari afite yaba yarahawe natwe… ”, nkuko byatangajwe Perefe wa Centre-Val ya Loire. Nk’uko ibiro bya Perefe bibitangaza ngo Aloys Ntiwiragabo yari yabajije ibiro by’Ubufaransa bishinzwe kurengera impunzi n’abantu badafite ubwenegihugu (OFPRA) bijyanye n’iki cyifuzo none akaba ategereje icyemezo cyiki kigo. Ingingo ya mbere y’amasezerano y’i Geneve ubusanzwe yemerera OFPRA kudaha ibyangombwa umuntu ufite ubusembwa bwo kuba yaba yarakoze ibyaha byibasiye ikiremwamuntu. Ibi byose byakozwe mu gihe amakuru kuri Aloys Ntiwiragabo yari azwi yaba uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ibyaha byakorwaga kandi bigikorwa na FDLR yayoboye. Umwunganizi we mu mategeko yatangarije RFI ko umukiriya we atigeze yihisha. Ukurikije ubuhamwa n’inyandiko zabonetse za Mediapart, Aloys Ntiwiragabo ntabwo yageze mu Bufaransa mu ntangiriro z’umwaka wa 2020.  Amakuru menshi mu baturanyi be, ndetse nayatanzwe na nyirinzu abamo, yatwemereye ko yabaga mu nzu twamusanzemo kuva mu 2006, imyaka cumi n’ine mbere yo gusaba ubuhunzi.

Col Aloys Ntiwiragaba yifashishije ubwenegihugu bw’umugore we kugira ngo abashe kwimuka, kugirango abe muri iyo nzu yagaragaje ko yashakanye n’umugore we (ufite ubwenegihugu) aho yerekanye icyemezo cyo gushyingirwa gitangwa na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Gusa iyi nyandiko ntabwo ihagije gutura no kuzenguruka akarere. Uyu wigeze kuba Koloneli yari afite uruhushya rwo gutura? Minisiteri y’imbere mu gihugu ntiyigeze isubiza ibibazo bya Mediapart bijyanye n’inyandiko zishoboka zahawe Aloys Ntiwiragabo mbere yo gusaba ubuhunzi.

Aloys Ntiwiragabo yasabaga viza yo kujya mu Bufaransa ayisabira i Niamey muri Niger kandi n’ubundi yarageze kera muri icyo gihe. Yaje kujuririra iki cyemezo maze atangira inzira yakomeje kugeza mu 2015. Kuki ukomeza urugamba rwo gushaka visa kandi atuye mu Bufaransa nkuko umwunganizi we abivuga? Uburyo Aloys Ntiwiragaba abayeho mu Bufaransa biragaragara ko yihishahisha ubutabera.

Ku ya 23 Gicurasi 2001, Col Ntiwiragabo yagiye mu biro by’Abafaransa gusaba viza. Ku ya 9 Nyakanga yakurikiyeho, yumviswe n’umucamanza w’Abafaransa Jean-Louis Bruguière. IKigaragara  Aloys Ntiwiragabo, yariho yihishahisha, izina rye ryari ku rutonde rw’abakekwaho kuba barateguye Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ubutabera mpuzamahanga bumushakisha cyane.

2020-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2019
Ingabire Victoire n’abayoboke be baratabariza FDLR ngo idasenywa

Ingabire Victoire n’abayoboke be baratabariza FDLR ngo idasenywa

Ubwanditsi 11 Mar 2023
Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Ubwanditsi 27 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe
Amakuru

Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe

Ubwanditsi 22 Jul 2023
ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru
UBUKUNGU

ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

Ubwanditsi 18 Dec 2019
Perezida Kagame yafunguye Mara Phone, uruganda rwa mbere muri Afurika rukora Smartphone
UBUKUNGU

Perezida Kagame yafunguye Mara Phone, uruganda rwa mbere muri Afurika rukora Smartphone

Ubwanditsi 07 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru