• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Ubwanditsi 11 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Nkuko bitangazwa na Mediapart, Col Aloys Ntiwiragabo wahoze muri FAR amaze nibura imyaka 14 aba mu Bufaransa, ariko afite ibyemezo by’ubuhunzi kuva muri Gashyantare 2020. Kuki byatinze?  Byagenze bite hagati aho?  Ukekwaho icyaha yaba yarabonye ubufasha?  Ku ya 25 Nyakanga, Ubushinjacyaha bw’igihugu bushinzwe kurwanya iterabwoba bwafashe icyemezo cyo gutangiza iperereza ry’ibanze ku “byaha byibasiye inyokomuntu” bikekwaho Aloys Ntiwiragabo, wagaragaye mu Bufaransa nkuko Mediapart yabitangaje.

Uyu mugabo wahoze ari umuyobozi w’ubutasi bwa gisirikare cy’u Rwanda akekwaho kuba umwe mu bacurabwenge ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yashinze kandi ayobora ingabo za FDLR, umutwe ugizwe na benshi mu basize bakoze Jenoside bakitwaje intwaro muri karere k’ibiyaga bigari by’Afurika. Iperereza ryibanze kuri Aloys Ntiwiragabo ryaratangiye  mu kumenya uburyo Ubufaransa, bumaze kuba indiri y’abakekwaho jenoside bwamuhaye ubuhungiro .

Mediapart itangazako nyuma y’ubushakashatsi bwayo, hari ikibazo kitasubijwe, uburyo Aloys Ntiwiragabo abanye n’ubuyobozi. Col Aloys Ntiwiragabo ntabwo yigeze abona viza yo kwinjira mu Bufaransa ngo ajye gusura umugore we, wahungiye mu Bufaransa mu 1999 kandi akaba yarahawe ubwenegihugu bw’Abafaransa mu 2005.  Mugihe cyo gusaba viza yambere i Khartoum (Sudani), Aloys Ntiwiragabo nyamara yavuze ko  ibyangombwa byibanze bituma abasha gusaba viza. Mu 2001, yongeye kugaragaza icyifuzo cye cyo kujya mu Bufaransa asaba viza i  Niamey (Niger) aho yagiye akoresheje pasiporo ya Gineya y’impimbano yahawe n’abayobozi ba Sudani nk’uko we ubwe yabyivugiye ubwe imbere y’ubutabera. Ariko, ku ya 10 Nyakanga 2020, Aloys Ntiwiragabo yakiriye ubutumwa bukurikiranwa n’iposita kandi akaba ari igikorwa gisaba icyangombwa cy’ibanze nk’indangamuntu.

Umunyamakuru wa Mediapart Theo Englebert yagize ati: “Aloys Ntiwiragabo ntabwo afite uruhushya rwo gutura. Uyu mugabo yasabye ubuhungiro kandi afite icyemezo yahawe ku ya 7 Gashyantare 2020. Mbere y’ibyo, nta byangombwa yari afite yaba yarahawe natwe… ”, nkuko byatangajwe Perefe wa Centre-Val ya Loire. Nk’uko ibiro bya Perefe bibitangaza ngo Aloys Ntiwiragabo yari yabajije ibiro by’Ubufaransa bishinzwe kurengera impunzi n’abantu badafite ubwenegihugu (OFPRA) bijyanye n’iki cyifuzo none akaba ategereje icyemezo cyiki kigo. Ingingo ya mbere y’amasezerano y’i Geneve ubusanzwe yemerera OFPRA kudaha ibyangombwa umuntu ufite ubusembwa bwo kuba yaba yarakoze ibyaha byibasiye ikiremwamuntu. Ibi byose byakozwe mu gihe amakuru kuri Aloys Ntiwiragabo yari azwi yaba uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’ibyaha byakorwaga kandi bigikorwa na FDLR yayoboye. Umwunganizi we mu mategeko yatangarije RFI ko umukiriya we atigeze yihisha. Ukurikije ubuhamwa n’inyandiko zabonetse za Mediapart, Aloys Ntiwiragabo ntabwo yageze mu Bufaransa mu ntangiriro z’umwaka wa 2020.  Amakuru menshi mu baturanyi be, ndetse nayatanzwe na nyirinzu abamo, yatwemereye ko yabaga mu nzu twamusanzemo kuva mu 2006, imyaka cumi n’ine mbere yo gusaba ubuhunzi.

Col Aloys Ntiwiragaba yifashishije ubwenegihugu bw’umugore we kugira ngo abashe kwimuka, kugirango abe muri iyo nzu yagaragaje ko yashakanye n’umugore we (ufite ubwenegihugu) aho yerekanye icyemezo cyo gushyingirwa gitangwa na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Gusa iyi nyandiko ntabwo ihagije gutura no kuzenguruka akarere. Uyu wigeze kuba Koloneli yari afite uruhushya rwo gutura? Minisiteri y’imbere mu gihugu ntiyigeze isubiza ibibazo bya Mediapart bijyanye n’inyandiko zishoboka zahawe Aloys Ntiwiragabo mbere yo gusaba ubuhunzi.

Aloys Ntiwiragabo yasabaga viza yo kujya mu Bufaransa ayisabira i Niamey muri Niger kandi n’ubundi yarageze kera muri icyo gihe. Yaje kujuririra iki cyemezo maze atangira inzira yakomeje kugeza mu 2015. Kuki ukomeza urugamba rwo gushaka visa kandi atuye mu Bufaransa nkuko umwunganizi we abivuga? Uburyo Aloys Ntiwiragaba abayeho mu Bufaransa biragaragara ko yihishahisha ubutabera.

Ku ya 23 Gicurasi 2001, Col Ntiwiragabo yagiye mu biro by’Abafaransa gusaba viza. Ku ya 9 Nyakanga yakurikiyeho, yumviswe n’umucamanza w’Abafaransa Jean-Louis Bruguière. IKigaragara  Aloys Ntiwiragabo, yariho yihishahisha, izina rye ryari ku rutonde rw’abakekwaho kuba barateguye Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ubutabera mpuzamahanga bumushakisha cyane.

2020-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa

Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Ubwanditsi 24 Oct 2024
Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo

Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo

Ubwanditsi 15 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.
Amakuru

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Ubwanditsi 23 May 2021
Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.
Amakuru

Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ubwanditsi 08 May 2021
Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso
Mu Mahanga

Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso

Ubwanditsi 29 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru