• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa

Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa

RUSHYASHYA 05 Aug 2026 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda, POLITIKI, UBUKUNGU, UBUTABERA

Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yasabye Ubushinjacyaha gukurikirana amafaranga yatanzwe mu bigo bitandukanye ntihagaragazwe uburyo yakoreshejwe.

Ni umwe mu myanzuro yafashwe n’Inteko Rusange y’Abadepite ku wa 4 Kanama 2026, ubwo Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta, PAC, yatangaga raporo ku isesengura rya raporo y’Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta y’umwaka warangiye muri Kamena 2025.

Imyanzuro yafashwe harimo gutumira Minisitiri w’Ibikorwaremezo ngo atange ibisobanuro mu magambo ku bibazo byagaragaye mu Kigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC) byerekeye imitangire y’amasoko, imicungire y’imishinga, serivisi zo kugeza amazi ku baturage zitanoze n’igihombo cy’amazi atunganywa ntakoreshwe.

Hatumijwe kandi Minisitiri w’Uburezi ngo atange ibisobanuro mu magambo ku bibazo bimaze igihe bijyanye n’ubukererwe mu kwemeza, mu gucapa no kugeza ibitabo ku mashuri n’imikoreshereze yabyo.

Mu byasabwe Minisitiri w’Intebe harimo gukemura ibibazo bikigaragara mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kurwanya imirire mibi n’igwingira ry’abana, binyuze mu gutanga inyunganiramirire (Fortified Blended Food- FBF). Ibi bibazo bishingiye ku kutanoza ihuzabikorwa n’igenamigambi rihuriweho n’inzego zirebwa n’iyi gahunda ari zo MINISANTE (RBC na RMS), MIGEPROF (NCDA) na MINALOC (Uturere).

Ibi byari byarafashweho umwanzuro n’Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yo ku wa 1 Ugushyingo 2023, wari wahawe MIGEPROF ariko ingamba zagaragajwe bigaragara ko zitabikemuye. Bigomba gukorwa mu gihe kitarenze amezi atandatu.

Minisiteri y’Ibikorwaremezo yasabwe kugaragariza Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, gahunda yo kwihutisha imishinga y’ibikorwaremezo yadindiye harimo kubaka ubwato bwa Nkombo II n’umuhanda Base-Butaro-Kidaho, muri RTDA;
kubaka amashuri ya G+3 mu Karere ka Musanze n’uwo kubaka ibikorwaremezo mu mushinga w’inzu ziciriritse wa Bumbogo byagombaga gukorwa na RHA.

Iyi Minisiteri kandi igomba kugaragariza Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite ingamba zo gukemura ibibazo bigaragara mu gusana imihanda, bigakorwa mu buryo buramba kandi buzigamira Leta byose bikazakorwa mu mezi atatu.

Minisiteri y’Ubutabera yasabwe gusaba Ubushinjacyaha gukurikirana amafaranga yatanzwe, ntihagaragazwe uburyo yakoreshejwe mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire (RHA), Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB/RUGC LTD) no mu Kigo Gishinzwe Umuguzi (RICA).

Abadepite kandi basabye ko hakurikiranwa amafaranga yatanzwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Tekinike Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB), mu Mujyi wa Kigali no mu Karere ka Bugesera.

Minisiteri y’Uburezi yasabwe gukemura ibibazo byagaragaye mu mushinga wa Smart Education, birimo internet idahagije no kuba idakwira mu bice byose by’ibigo by’amashuri yashyizwemo.

Rwanda Polytechnic yasabwe gusubiza 256.609.957 y’ingwate (caution) yatanzwe n’abanyeshuri mu bihe bitandukanye, byose bigakorwa mu gihe kitarenze amezi atandatu.

Muri Minisiteri y’Ubuzima yasabwe gukemura ikibazo cyo gucunga amazi yanduye n’imyanda bigaragara mu bitaro bitandukanye hakoreshejwe uburyo bwo gutunganya amazi yanduye na incinerators, bikazakorwa mu gihe kitarenze amezi 12.

Minisante kandi isabwa kugaruza amafaranga miliyoni 26,3 Frw yishyuwe rwiyemezamirimo na RBC arenga kuyagombaga kwishyurwa mu mushinga wo kubaka incinerators 24 ku bigo nderabuzima bitandukanye, bikazakorwa bitarenze amezi atatu.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yasabwe gukemura ibibazo byagaragaye mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kubaka imihanda ku bufatanye bw’abaturage n’Umujyi wa Kigali bikazakorwa bitarenze amezi atandatu.

Harimo kandi gukemura ikibazo cy’abaturage bubakiwe n’Akarere ka Nyabihu ahatemewe guturwa kuko ari mu gace k’ubuhumekero bwa Pariki y’Ibirunga, bikazakorwa mu gihe kitarenze amezi 12.

Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa


2026-08-05
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Ubwanditsi 03 Aug 2025
Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Ubwanditsi 19 Apr 2023
Ingabire Victoire akomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, ashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta. Harya amategeko azakomeza arebere ikibi?

Ingabire Victoire akomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, ashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta. Harya amategeko azakomeza arebere ikibi?

Ubwanditsi 12 Sep 2022
Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC zishobora kuregwa iterabwoba
ITOHOZA

Impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC zishobora kuregwa iterabwoba

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Ab’i Rusororo basabye Abakandida depite ba FPR ubuvugizi ku kibazo cy’amazi
POLITIKI

Ab’i Rusororo basabye Abakandida depite ba FPR ubuvugizi ku kibazo cy’amazi

Ubwanditsi 31 Aug 2018
RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

Ubwanditsi 15 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru