• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa

Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa

RUSHYASHYA 05 Aug 2026 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda, POLITIKI, UBUKUNGU, UBUTABERA

Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yasabye Ubushinjacyaha gukurikirana amafaranga yatanzwe mu bigo bitandukanye ntihagaragazwe uburyo yakoreshejwe.

Ni umwe mu myanzuro yafashwe n’Inteko Rusange y’Abadepite ku wa 4 Kanama 2026, ubwo Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta, PAC, yatangaga raporo ku isesengura rya raporo y’Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta y’umwaka warangiye muri Kamena 2025.

Imyanzuro yafashwe harimo gutumira Minisitiri w’Ibikorwaremezo ngo atange ibisobanuro mu magambo ku bibazo byagaragaye mu Kigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC) byerekeye imitangire y’amasoko, imicungire y’imishinga, serivisi zo kugeza amazi ku baturage zitanoze n’igihombo cy’amazi atunganywa ntakoreshwe.

Hatumijwe kandi Minisitiri w’Uburezi ngo atange ibisobanuro mu magambo ku bibazo bimaze igihe bijyanye n’ubukererwe mu kwemeza, mu gucapa no kugeza ibitabo ku mashuri n’imikoreshereze yabyo.

Mu byasabwe Minisitiri w’Intebe harimo gukemura ibibazo bikigaragara mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kurwanya imirire mibi n’igwingira ry’abana, binyuze mu gutanga inyunganiramirire (Fortified Blended Food- FBF). Ibi bibazo bishingiye ku kutanoza ihuzabikorwa n’igenamigambi rihuriweho n’inzego zirebwa n’iyi gahunda ari zo MINISANTE (RBC na RMS), MIGEPROF (NCDA) na MINALOC (Uturere).

Ibi byari byarafashweho umwanzuro n’Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yo ku wa 1 Ugushyingo 2023, wari wahawe MIGEPROF ariko ingamba zagaragajwe bigaragara ko zitabikemuye. Bigomba gukorwa mu gihe kitarenze amezi atandatu.

Minisiteri y’Ibikorwaremezo yasabwe kugaragariza Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, gahunda yo kwihutisha imishinga y’ibikorwaremezo yadindiye harimo kubaka ubwato bwa Nkombo II n’umuhanda Base-Butaro-Kidaho, muri RTDA;
kubaka amashuri ya G+3 mu Karere ka Musanze n’uwo kubaka ibikorwaremezo mu mushinga w’inzu ziciriritse wa Bumbogo byagombaga gukorwa na RHA.

Iyi Minisiteri kandi igomba kugaragariza Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite ingamba zo gukemura ibibazo bigaragara mu gusana imihanda, bigakorwa mu buryo buramba kandi buzigamira Leta byose bikazakorwa mu mezi atatu.

Minisiteri y’Ubutabera yasabwe gusaba Ubushinjacyaha gukurikirana amafaranga yatanzwe, ntihagaragazwe uburyo yakoreshejwe mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe imyubakire (RHA), Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB/RUGC LTD) no mu Kigo Gishinzwe Umuguzi (RICA).

Abadepite kandi basabye ko hakurikiranwa amafaranga yatanzwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Tekinike Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB), mu Mujyi wa Kigali no mu Karere ka Bugesera.

Minisiteri y’Uburezi yasabwe gukemura ibibazo byagaragaye mu mushinga wa Smart Education, birimo internet idahagije no kuba idakwira mu bice byose by’ibigo by’amashuri yashyizwemo.

Rwanda Polytechnic yasabwe gusubiza 256.609.957 y’ingwate (caution) yatanzwe n’abanyeshuri mu bihe bitandukanye, byose bigakorwa mu gihe kitarenze amezi atandatu.

Muri Minisiteri y’Ubuzima yasabwe gukemura ikibazo cyo gucunga amazi yanduye n’imyanda bigaragara mu bitaro bitandukanye hakoreshejwe uburyo bwo gutunganya amazi yanduye na incinerators, bikazakorwa mu gihe kitarenze amezi 12.

Minisante kandi isabwa kugaruza amafaranga miliyoni 26,3 Frw yishyuwe rwiyemezamirimo na RBC arenga kuyagombaga kwishyurwa mu mushinga wo kubaka incinerators 24 ku bigo nderabuzima bitandukanye, bikazakorwa bitarenze amezi atatu.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yasabwe gukemura ibibazo byagaragaye mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kubaka imihanda ku bufatanye bw’abaturage n’Umujyi wa Kigali bikazakorwa bitarenze amezi atandatu.

Harimo kandi gukemura ikibazo cy’abaturage bubakiwe n’Akarere ka Nyabihu ahatemewe guturwa kuko ari mu gace k’ubuhumekero bwa Pariki y’Ibirunga, bikazakorwa mu gihe kitarenze amezi 12.

Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa


2026-08-05
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Ubwanditsi 30 Sep 2024
Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Ubwanditsi 11 May 2017
Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 13 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda barahambwe ariko ni imbuto yashibutse – Kagame [ VIDEO ]
Mu Rwanda

Abanyarwanda barahambwe ariko ni imbuto yashibutse – Kagame [ VIDEO ]

Ubwanditsi 16 Jul 2017
Umuryango wa Rutagungira ufungiye muri Uganda watakambiye Loni ku ihohoterwa akorerwa
INKURU NYAMUKURU

Umuryango wa Rutagungira ufungiye muri Uganda watakambiye Loni ku ihohoterwa akorerwa

Ubwanditsi 16 May 2018
Uganda yarenze umurongo
Amakuru

Uganda yarenze umurongo

Ubwanditsi 29 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru