• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira

Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira

RUSHYASHYA 02 Jun 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari i Paris mu Bufaransa, aho bitabiriye igikorwa cyo gufungura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwubatswe muri uyu mujyi.

Uyu muhango uba kuri uyu wa Kabiri, biteganyijwe ko witabirwa na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, abayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bufaransa, Abadipolomate, abarimu abashakashatsi n’abandi.

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruri butahwe mu Bufaransa ni urushingiye ku kimenyetso cyiswe ‘Les Archives’. Cyubatswe ku bufatanye bwa Leta y’u Bufaransa, Umujyi wa Paris na Ibuka France.

Iki gihangano cya ‘Les Archives’ cyakozwe na Grada Kilomba ukomoka muri Portugal. Kigizwe n’inkingi ebyiri ziteganye ziri mu ishusho y’urukiramende.

‘Les Archives’ izajya ikoreshwa nk’ahantu hahoraho ho kwibukira abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Iherereye i Pari rwagati mu gace kazwi nka Esplanade Habib-Bourguiba.

Biteganyijwe ko nyuma yo gufungura uru rwibutso, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakirwa ku meza na Perezida Macron n’umugore we, Brigitte Macron. Ni ibirori bibera mu ngoro y’umukuru w’igihugu izwi nka Palais de l’Élysée.

Ibiro bya Perezida w’u Bufaransa, Elysée, bisobanura uyu muhango uzashimangira ubwiyunge bumaze imyaka myinshi butangiye hagati y’ibihugu byombi n’umuhate w’ubushakashatsi no kugaragaza ukuri.

Elysée kandi yatangaje ko uyu muhango uzashimangira ijambo Perezida Macron yavugiye mu Rwanda tariki ya 27 Gicurasi 2021, ubwo yifatanyaga n’Abanyarwanda kwibuka Jenoside.

Icyo gihe yari ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, yemera ko u Bufaransa bwirengagije ibimenyetso byagaragazaga ko Abatutsi bategurirwaga Jenoside, bushyigikira Leta ya Juvénal Habyarimana.

Perezida Paul Kagame yavuze ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwatashywe i Paris ruzagira uruhare rukomeye mu kubungabunga amateka no kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira.

Mu ijambo rye, Kagame yavuze ko abarokotse Jenoside ari bo nzibutso nyakuri kuko batwara ibimenyetso by’ibyababayeho ku mubiri no mu mutima, kandi bakabigeza ku bindi bisekuru binyuze mu buhamya bwabo.

Yavuze ko urwibutso rwubatswe i Paris rufite imbaraga zidasanzwe kuko “rushyira ukuri mu ibuye” rukarinda ko igihe n’abahakana Jenoside byarusibanganya.

Perezida Kagame yashimiye Umujyi wa Paris n’abayobozi bawo bagize uruhare mu gushyiraho uru rwibutso, avuga ko gushyira ahagaragara inshingano z’amateka bisaba ubutwari bukomeye ndetse n’ubumuntu.

Yongeyeho ko kuba uru rwibutso rwubatse ahantu h’icyubahiro mu murwa mukuru w’u Bufaransa ari ikimenyetso gikomeye cy’icyubahiro gihabwa amateka y’Abanyarwanda n’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

 

2026-06-02
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Ingabire Victoire akomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, ashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta. Harya amategeko azakomeza arebere ikibi?

Ingabire Victoire akomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, ashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta. Harya amategeko azakomeza arebere ikibi?

Ubwanditsi 12 Sep 2022
Umuryango w’uwari umushoferi wa Bobi Wine wanze amafaranga wohererejwe na Museveni

Umuryango w’uwari umushoferi wa Bobi Wine wanze amafaranga wohererejwe na Museveni

Ubwanditsi 24 Sep 2018
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Nkurunziza akomeje guhamagarira abayobozi muri leta ye kwikoma u Rwanda

Nkurunziza akomeje guhamagarira abayobozi muri leta ye kwikoma u Rwanda

Ubwanditsi 13 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)
INKURU NYAMUKURU

Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 01 Mar 2019
Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize
Amakuru

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ubwanditsi 14 Feb 2024
Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka
Mu Rwanda

Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Ubwanditsi 27 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru