• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira

Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira

RUSHYASHYA 02 Jun 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari i Paris mu Bufaransa, aho bitabiriye igikorwa cyo gufungura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwubatswe muri uyu mujyi.

Uyu muhango uba kuri uyu wa Kabiri, biteganyijwe ko witabirwa na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, abayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bufaransa, Abadipolomate, abarimu abashakashatsi n’abandi.

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruri butahwe mu Bufaransa ni urushingiye ku kimenyetso cyiswe ‘Les Archives’. Cyubatswe ku bufatanye bwa Leta y’u Bufaransa, Umujyi wa Paris na Ibuka France.

Iki gihangano cya ‘Les Archives’ cyakozwe na Grada Kilomba ukomoka muri Portugal. Kigizwe n’inkingi ebyiri ziteganye ziri mu ishusho y’urukiramende.

‘Les Archives’ izajya ikoreshwa nk’ahantu hahoraho ho kwibukira abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Iherereye i Pari rwagati mu gace kazwi nka Esplanade Habib-Bourguiba.

Biteganyijwe ko nyuma yo gufungura uru rwibutso, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakirwa ku meza na Perezida Macron n’umugore we, Brigitte Macron. Ni ibirori bibera mu ngoro y’umukuru w’igihugu izwi nka Palais de l’Élysée.

Ibiro bya Perezida w’u Bufaransa, Elysée, bisobanura uyu muhango uzashimangira ubwiyunge bumaze imyaka myinshi butangiye hagati y’ibihugu byombi n’umuhate w’ubushakashatsi no kugaragaza ukuri.

Elysée kandi yatangaje ko uyu muhango uzashimangira ijambo Perezida Macron yavugiye mu Rwanda tariki ya 27 Gicurasi 2021, ubwo yifatanyaga n’Abanyarwanda kwibuka Jenoside.

Icyo gihe yari ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, yemera ko u Bufaransa bwirengagije ibimenyetso byagaragazaga ko Abatutsi bategurirwaga Jenoside, bushyigikira Leta ya Juvénal Habyarimana.

Perezida Paul Kagame yavuze ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwatashywe i Paris ruzagira uruhare rukomeye mu kubungabunga amateka no kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira.

Mu ijambo rye, Kagame yavuze ko abarokotse Jenoside ari bo nzibutso nyakuri kuko batwara ibimenyetso by’ibyababayeho ku mubiri no mu mutima, kandi bakabigeza ku bindi bisekuru binyuze mu buhamya bwabo.

Yavuze ko urwibutso rwubatswe i Paris rufite imbaraga zidasanzwe kuko “rushyira ukuri mu ibuye” rukarinda ko igihe n’abahakana Jenoside byarusibanganya.

Perezida Kagame yashimiye Umujyi wa Paris n’abayobozi bawo bagize uruhare mu gushyiraho uru rwibutso, avuga ko gushyira ahagaragara inshingano z’amateka bisaba ubutwari bukomeye ndetse n’ubumuntu.

Yongeyeho ko kuba uru rwibutso rwubatse ahantu h’icyubahiro mu murwa mukuru w’u Bufaransa ari ikimenyetso gikomeye cy’icyubahiro gihabwa amateka y’Abanyarwanda n’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

 

2026-06-02
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si  Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Ubwanditsi 12 Jul 2022
Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Ubwanditsi 09 Jun 2021
Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana

Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Yahya Jammeh n’umuryango we bambuwe uburenganzira bwo kujya muri Amerika

Yahya Jammeh n’umuryango we bambuwe uburenganzira bwo kujya muri Amerika

Ubwanditsi 11 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyeshuli batangiye kurwanya Nkurunziza bakoresheje intwaro bashoboye
Mu Rwanda

Abanyeshuli batangiye kurwanya Nkurunziza bakoresheje intwaro bashoboye

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Nyagatare : Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Nyagatare : Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Feb 2016
AMAFOTO – APR FC irimo amasura mashya yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2024
Amakuru

AMAFOTO – APR FC irimo amasura mashya yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2024

Ubwanditsi 08 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru