Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari i Paris mu Bufaransa, aho bitabiriye igikorwa cyo gufungura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwubatswe muri uyu mujyi.
Uyu muhango uba kuri uyu wa Kabiri, biteganyijwe ko witabirwa na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, abayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bufaransa, Abadipolomate, abarimu abashakashatsi n’abandi.
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruri butahwe mu Bufaransa ni urushingiye ku kimenyetso cyiswe ‘Les Archives’. Cyubatswe ku bufatanye bwa Leta y’u Bufaransa, Umujyi wa Paris na Ibuka France.
Iki gihangano cya ‘Les Archives’ cyakozwe na Grada Kilomba ukomoka muri Portugal. Kigizwe n’inkingi ebyiri ziteganye ziri mu ishusho y’urukiramende.
‘Les Archives’ izajya ikoreshwa nk’ahantu hahoraho ho kwibukira abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Iherereye i Pari rwagati mu gace kazwi nka Esplanade Habib-Bourguiba.
Biteganyijwe ko nyuma yo gufungura uru rwibutso, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakirwa ku meza na Perezida Macron n’umugore we, Brigitte Macron. Ni ibirori bibera mu ngoro y’umukuru w’igihugu izwi nka Palais de l’Élysée.
Ibiro bya Perezida w’u Bufaransa, Elysée, bisobanura uyu muhango uzashimangira ubwiyunge bumaze imyaka myinshi butangiye hagati y’ibihugu byombi n’umuhate w’ubushakashatsi no kugaragaza ukuri.
Elysée kandi yatangaje ko uyu muhango uzashimangira ijambo Perezida Macron yavugiye mu Rwanda tariki ya 27 Gicurasi 2021, ubwo yifatanyaga n’Abanyarwanda kwibuka Jenoside.
Icyo gihe yari ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, yemera ko u Bufaransa bwirengagije ibimenyetso byagaragazaga ko Abatutsi bategurirwaga Jenoside, bushyigikira Leta ya Juvénal Habyarimana.
Perezida Paul Kagame yavuze ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwatashywe i Paris ruzagira uruhare rukomeye mu kubungabunga amateka no kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira.
Mu ijambo rye, Kagame yavuze ko abarokotse Jenoside ari bo nzibutso nyakuri kuko batwara ibimenyetso by’ibyababayeho ku mubiri no mu mutima, kandi bakabigeza ku bindi bisekuru binyuze mu buhamya bwabo.
Yavuze ko urwibutso rwubatswe i Paris rufite imbaraga zidasanzwe kuko “rushyira ukuri mu ibuye” rukarinda ko igihe n’abahakana Jenoside byarusibanganya.
Perezida Kagame yashimiye Umujyi wa Paris n’abayobozi bawo bagize uruhare mu gushyiraho uru rwibutso, avuga ko gushyira ahagaragara inshingano z’amateka bisaba ubutwari bukomeye ndetse n’ubumuntu.
Yongeyeho ko kuba uru rwibutso rwubatse ahantu h’icyubahiro mu murwa mukuru w’u Bufaransa ari ikimenyetso gikomeye cy’icyubahiro gihabwa amateka y’Abanyarwanda n’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.



