• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki

Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki

Ubwanditsi 25 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Felix Tshisekedi yarahiriye kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nka Perezida wa Gatanu.

Mu muhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 24 Mutarama 2019, Tshisekedi yijeje ko mu gihe cya vuba cyane azarekura imfungwa za politiki zose.

Ikindi, Tshidekedi yijeje abanyecongo kurwanya ivangura, irondakarere n’inzangano.

Yakomeje agira ati, “Turashaka kubaka Congo ikomeye iteza imbere imico itandukanye dufite. Tuzateza imbere iki gihugu mu mahoro n’umutekano, Congo irimo kwishyira ukizana kuri buri wese.”

Hagati mu ijambo rye, Tshidekedi yituye hasi, aza gukomeza ijambo nyuma y’iminota mike, nk’uko Al Jazeera ibitangaza.

Umuhango w’irahira rya Tshisekedi witabiriwe n’umuperezida umwe wo mu mahanga, wa Kenya, Uhuru Kenyatta.

Abandi bawitabiriye ni abaminisitiri b’intebe, abaminisitiri n’abambasaderi.

Ni bwo bwa mbere habayeho guhererekanya ubutegetsi muri iki gihugu kuva cyabona ubwigenge mu 1960.

Uyu mugabo agejejwe ku butegetsi n’amatora yabaye kuwa 30 Ukuboza 2018.

Asimbuye Joseph Kabange Kabila wari ufite ubutegetsi kuva mu 2001 ubwo yasimburaga se Laurent Kabila wapfuye arashwe.

Laurent Kabila yari yarasimbuye Mobutu Seseseko mu mwaka wa 1997, uyu Mobutu akaba yarahiritswe amaze imyaka 32 ku butegetsi.

Mobutu yafashe ubutegetsi mu mwaka wa 1965 ahiritse Perezida wa mbere w’iki gihugu gihana umupaka n’u Rwanda, Joseph Kassa-Vubu.

Mobutu azwiho kuba yaranahiritse Minisitiri w’Intebe wa mbere w’iki gihugu, Patrice Lumumba, uyu akaba yarahiritse mu mwaka yatoreweho, mu 1961, yicwa arashwe mu mwaka wakurikiyeho.

Felix Tshisekedi w’imyaka 55 y’amavuko, yavutse nyuma gato y’urupfu rwa Lumumba, akaba ari mwene Etienne Tshisekedi wapfuye umwaka ushize, warwanyije ubutegetsi bwa Mobutu n’ubwa Kabila.

Perezida wa Gatanu wa Congo, Felix Tshisekedi

Felix Tshidekedi arahiye mu gihe umwe mu bo bari bahatanye mu matora, Martin Fayulu yakomeje gutangaza ko ari we watsinze amatora, akavuga ko Tshisekedi bamwibiye amajwi.

Abashyigikiye Tshisekedi barabyina insinzi, bakishimira ahanini ko ubutegetsi buhererekanyijwe bitanyuze mu kumena amaraso nk’uko byagenze mu bihe byahise.

Perezida Tshisekedi ategerejweho gushyiraho Minisitiri w’Intebe mu minsi mike, ubundi agasaranganya ubutegetsi n’ishyaka rya Kabila ryatsindiye 3/4 by’imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Joseph Kabila yitabiriye uyu muhango yogoshe bwa bwanwa bwe bwinshi kandi burebure yari amaranye iminsi.

Emmanuel Shadary watsinzwe na Tshisekedi mu matora ndetse wari ushyigikiwe na Kabila, yari muri uyu muhango, ariko Martin Fayulu uvuga ko yibwe insinzi we ntiyari ahari.

Nta n’uhagarariye Kiliziya Gatulika witabiriye uyu muhango, kuko Kiliziya Gatulika yizera ko insinzi ari iya Fayulu nubwo Tsisekedi ari we watangajwe ko yayegukanye, nk’uko bitangazwa na The Washington Post.

2019-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Apr 2022
Ingabo za Kayumba  nyuma yo gukubitwa ikibatsi muri RD-Congo zahungiye mu kirwa cya Kazimya zigana Tanzania

Ingabo za Kayumba  nyuma yo gukubitwa ikibatsi muri RD-Congo zahungiye mu kirwa cya Kazimya zigana Tanzania

Ubwanditsi 17 Jul 2019
Nyuma yo gutsindwa na Mushikiwabo k’Ubuyobozi bwa OIF Michaella Jean yatangiye kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Nyuma yo gutsindwa na Mushikiwabo k’Ubuyobozi bwa OIF Michaella Jean yatangiye kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ubwanditsi 09 Nov 2018
Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Ubwanditsi 27 Aug 2019

2 Ibitekerezo

  1. Sacyega
    January 25, 20198:56 pm -

    Ibyo avuga nibyo, azafungure imfungwa za politique n’ibi bihugu bindi bijye bireberaho, ntibumve ko Perezident azajya avaho apfuye, uwo badahuje igitekerezo akaba umwanzi w’igihugu, nk’uko amategeko ari abantu bagomba kugira uburenganzira bungana ku Gihugu cyabo , ucuruza agakora ntacyo yikanga , uworora nawe bikaba uko, ntihabeho kwiharira amasoko, ukoze ikosa uwo yaba ariwe wese agahanwa, nibwo amahoro azaboneka muri Afrika, ntihagire uwumva ko ari hejuru y’abandi.

    Subiza
  2. Btwenge
    January 25, 20199:27 pm -

    Yewe kuba umugabo nta ariko uba
    Ufite ibice bimwe byumubiri umugore
    Atagira!!! Kuba umugabo ni mumutwe!!
    Ubonye ngo Kabila. Arushe ubugabo
    Babandi biyita ibihangange maze abashaka kubariiraho bagakomamashyi?
    Kabila wumwana wejobundi arushe
    Ibisaza byibisahiranda kureba kure?
    Kabila agiye kurya utwe mumahoro
    Mugihugu cye!! Ntacyo ashinjwa
    Nabaturage!

    icyo ukoze cyaba kibi cyangwa cyiza
    Ujyumenya yuko uzagisanga imbere
    Kigutegereje!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize
Amakuru

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ubwanditsi 14 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru