• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki

Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki

Ubwanditsi 25 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Felix Tshisekedi yarahiriye kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nka Perezida wa Gatanu.

Mu muhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 24 Mutarama 2019, Tshisekedi yijeje ko mu gihe cya vuba cyane azarekura imfungwa za politiki zose.

Ikindi, Tshidekedi yijeje abanyecongo kurwanya ivangura, irondakarere n’inzangano.

Yakomeje agira ati, “Turashaka kubaka Congo ikomeye iteza imbere imico itandukanye dufite. Tuzateza imbere iki gihugu mu mahoro n’umutekano, Congo irimo kwishyira ukizana kuri buri wese.”

Hagati mu ijambo rye, Tshidekedi yituye hasi, aza gukomeza ijambo nyuma y’iminota mike, nk’uko Al Jazeera ibitangaza.

Umuhango w’irahira rya Tshisekedi witabiriwe n’umuperezida umwe wo mu mahanga, wa Kenya, Uhuru Kenyatta.

Abandi bawitabiriye ni abaminisitiri b’intebe, abaminisitiri n’abambasaderi.

Ni bwo bwa mbere habayeho guhererekanya ubutegetsi muri iki gihugu kuva cyabona ubwigenge mu 1960.

Uyu mugabo agejejwe ku butegetsi n’amatora yabaye kuwa 30 Ukuboza 2018.

Asimbuye Joseph Kabange Kabila wari ufite ubutegetsi kuva mu 2001 ubwo yasimburaga se Laurent Kabila wapfuye arashwe.

Laurent Kabila yari yarasimbuye Mobutu Seseseko mu mwaka wa 1997, uyu Mobutu akaba yarahiritswe amaze imyaka 32 ku butegetsi.

Mobutu yafashe ubutegetsi mu mwaka wa 1965 ahiritse Perezida wa mbere w’iki gihugu gihana umupaka n’u Rwanda, Joseph Kassa-Vubu.

Mobutu azwiho kuba yaranahiritse Minisitiri w’Intebe wa mbere w’iki gihugu, Patrice Lumumba, uyu akaba yarahiritse mu mwaka yatoreweho, mu 1961, yicwa arashwe mu mwaka wakurikiyeho.

Felix Tshisekedi w’imyaka 55 y’amavuko, yavutse nyuma gato y’urupfu rwa Lumumba, akaba ari mwene Etienne Tshisekedi wapfuye umwaka ushize, warwanyije ubutegetsi bwa Mobutu n’ubwa Kabila.

Perezida wa Gatanu wa Congo, Felix Tshisekedi

Felix Tshidekedi arahiye mu gihe umwe mu bo bari bahatanye mu matora, Martin Fayulu yakomeje gutangaza ko ari we watsinze amatora, akavuga ko Tshisekedi bamwibiye amajwi.

Abashyigikiye Tshisekedi barabyina insinzi, bakishimira ahanini ko ubutegetsi buhererekanyijwe bitanyuze mu kumena amaraso nk’uko byagenze mu bihe byahise.

Perezida Tshisekedi ategerejweho gushyiraho Minisitiri w’Intebe mu minsi mike, ubundi agasaranganya ubutegetsi n’ishyaka rya Kabila ryatsindiye 3/4 by’imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Joseph Kabila yitabiriye uyu muhango yogoshe bwa bwanwa bwe bwinshi kandi burebure yari amaranye iminsi.

Emmanuel Shadary watsinzwe na Tshisekedi mu matora ndetse wari ushyigikiwe na Kabila, yari muri uyu muhango, ariko Martin Fayulu uvuga ko yibwe insinzi we ntiyari ahari.

Nta n’uhagarariye Kiliziya Gatulika witabiriye uyu muhango, kuko Kiliziya Gatulika yizera ko insinzi ari iya Fayulu nubwo Tsisekedi ari we watangajwe ko yayegukanye, nk’uko bitangazwa na The Washington Post.

2019-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Oct 2018
Umunyarwanda yafatiwe muri gare i Kampala n’abantu bitwaje intwaro

Umunyarwanda yafatiwe muri gare i Kampala n’abantu bitwaje intwaro

Ubwanditsi 04 Aug 2018
Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Ubwanditsi 07 Sep 2020
Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

RUSHYASHYA 24 Nov 2025

2 Ibitekerezo

  1. Sacyega
    January 25, 20198:56 pm -

    Ibyo avuga nibyo, azafungure imfungwa za politique n’ibi bihugu bindi bijye bireberaho, ntibumve ko Perezident azajya avaho apfuye, uwo badahuje igitekerezo akaba umwanzi w’igihugu, nk’uko amategeko ari abantu bagomba kugira uburenganzira bungana ku Gihugu cyabo , ucuruza agakora ntacyo yikanga , uworora nawe bikaba uko, ntihabeho kwiharira amasoko, ukoze ikosa uwo yaba ariwe wese agahanwa, nibwo amahoro azaboneka muri Afrika, ntihagire uwumva ko ari hejuru y’abandi.

    Subiza
  2. Btwenge
    January 25, 20199:27 pm -

    Yewe kuba umugabo nta ariko uba
    Ufite ibice bimwe byumubiri umugore
    Atagira!!! Kuba umugabo ni mumutwe!!
    Ubonye ngo Kabila. Arushe ubugabo
    Babandi biyita ibihangange maze abashaka kubariiraho bagakomamashyi?
    Kabila wumwana wejobundi arushe
    Ibisaza byibisahiranda kureba kure?
    Kabila agiye kurya utwe mumahoro
    Mugihugu cye!! Ntacyo ashinjwa
    Nabaturage!

    icyo ukoze cyaba kibi cyangwa cyiza
    Ujyumenya yuko uzagisanga imbere
    Kigutegereje!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyihariye ku ndege ya Embraer E190-E2 ifite ishusho nk’iy’ifi ya ‘Shark’
UBUKERARUGENDO

Ibyihariye ku ndege ya Embraer E190-E2 ifite ishusho nk’iy’ifi ya ‘Shark’

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Trump yahishuye ko yabuze umwanya wo kugurira umugore we impano ku munsi w’amavuko
HIRYA NO HINO

Trump yahishuye ko yabuze umwanya wo kugurira umugore we impano ku munsi w’amavuko

Ubwanditsi 27 Apr 2018
RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga
UBUKUNGU

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru