• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Ubwanditsi 27 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Tariki ya 20 Ukuboza 2024, Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yakoze impinduka zikomeye mu gisirikare, aho muri benshi bahinduriwe imirimo.

Liyetona Jenerali Masunzu Pacifique yagizwe umukuru w’akarere ka gatatu ka gisirikare, kagizwe n’ intara ya Kivu y’Amajyepfo, Maniema, Ituri, Tshopo, Bas-Uélé na Haut-Uélé , ndetse na Kivu y’Amajyaruguru aho M23 ikomeje kwigarurira uduce.

Liyetona Jenerali Masunzu Pacifique asanzwe ari Umunyamulenge, ndetse akanagira urugo ruherereye muri Kiziba, Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo, agace yagiye arangwamo ibikorwa by’ubugambanyi bukomeye ku Banyamurenge, kugeza naho yagiye akorana na FDLR, umutwe wubakiye ku ngengabitekerezo ya jenoside, wanga urunuka umututsi wese cyangwa n’undi wese basa.

Uku gukorana n’abajenosideri ba FDLR, kandi azi neza urwango ibagirira, ni nka wa mugani ugira uti:”Akamasa kazamara inka kazivukamo”. Ni koko kandi, ibikorwa bya Masunzu ni imungu ku mutekano w’Abanyamulenge muri rusange, mu gihe bamubonaga nk’igisubizo atarabagambanira ngo ave muri RCD-Goma, akajya gufatanya na Mai Mai ndetse na FDLR mu kurwanya RCD Goma yari avuyemo, ubwo yinjiraga mu gisirikare cya Joseph Kabila.

Usibye gukorana n’abanga urunuka Abanyamulenge, ubu Masunzu yamaze koherezwa kurwanya benewabo b’Abanyamulenge, ndetse n’Abakongomani bavuga ikinyarwanda mu burasirazuba bwa kongo, aho asanze ku rugamba FDLR. Agiye kwifatanya kandi n’Abarundi, kugeza n’ubu batigeze baha ubutabera Abanyamulenge biciwe ababo i Gatumba, mu Burundi, dore inyaka 20 yose irashize!

Uretse kuba abakoze ubwicanyi bwi mu Gatumba n’ubu bidegembya kandi bazwi neza, kuva tariki 2 kugeza kuya 6 Werurwe 2024, ingabo z’Abarundi niza Kongo ziri muri Kivu y’Amajyepfo zateye Abanyamulenge muri Uvira, zirabica ndetse ziranabatwikira, ibi byose bigakorwa bitwikiriye kurwanya umutwe wa Twirwaneho.

Abasesenguzi mu bya gisirikare bahamya ko uku kohereza Jenerali Pacifique Masunzu kurwanya umitwe yitwaje intwaro harimo n’iy’Abanyamulenge ndetse na M23, ari amayeri y’ubugome Leta ya Kinshasa yahisemo gukoresha, kugirango niyica Abanyamulenge( dore ko hari n’amakuru amaze iminsi avuga komuri Kivu y’Amajyepfo hari gutegurwa jenoside y’Abanyamulenge), bizacanganyikisha abantu kumva uburyo bari kwica na benewabo. Ibi nabyo bikaba bigize ubugambanyi ku Banyamulenge, kuko bigabanya uburemere bw’ibyo bahora basaba, ko bahabwa uburenganzira bwabo ndetse n’ubutabera nk’abansi Banyekongo, dore ko bagiye bicwa mu bihe bitandukanye n’andi moko tutibagiye n’ingabo za leta, none bakaba bari kumanikwa n’ubawakababohoye.

Ikindi kandi, hari bamwe mu basesenguzi berekana ko n’uyu mwanya Pacifique Masunzu yahawe, ari umutego Perezida Tshisekedi yamuteze wo kurwanya M23 ikomeje kwigarurira ibice byinshi muri Kivu y’Amajyaruguru, kuri ubu ikaba irimo kwigarurira ibice bya Lubero ari nako umujyi wa Butembo urushaho kugarizwa.

Ibi rero birashyira mu rwobo Jenerali Pacifique Masunzu mu gihe azananirwa guhasha M23, doreko bigaragarira buri wese ko uyu mutwe urusha imbaraga igisirikare cya Leta, gifatanyije n’imitwe y’itwaje intwaro, FDLR, ingabo za SADC, iz’uBurundi ndetse n’abacancuro.

Ibi biraba kandi mu gihe Umunyamabanga wa M23, Benjamin Mbonimpa, yateguje Masunzu ko nta cyahagarika umuvuduko wayo.

Uyu Jenerali Masunzu se wahisemo kuba “mpemukendamuke”, akaba nka wa mupfapfa witeye inkanda y’uruhu rwishe nyina, azanye irihe banga ryananiye abandi ku rugamba, ritari ukuba igitambo cyo gutsindwa kw’ingabo ziturutse imihanda yose? Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye.

2024-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

2016 : Uko Umunyapolitiki Twagiramungu yataye agaciro burundu

2016 : Uko Umunyapolitiki Twagiramungu yataye agaciro burundu

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Amagambo ashize ivuga : Perezida Kagame yahuye na Donald Trump

Amagambo ashize ivuga : Perezida Kagame yahuye na Donald Trump

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Ubwanditsi 11 Dec 2021
Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York

Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York

Ubwanditsi 15 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Abacoracora  barashwe bagerageza kwinjira mu Rwanda binyuranyije n’amategeko
Mu Rwanda

Rubavu: Abacoracora barashwe bagerageza kwinjira mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu
IKORANABUHANGA

Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘
ITOHOZA

Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Ubwanditsi 08 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru