• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026

Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026

RUSHYASHYA 05 Jul 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Mu gihe habura ibyumweru bike ngo CECAFA Kagame Cup 2026 itangire, amakipe azahagararira u Rwanda ari yo APR FC na Rayon Sports akomeje kwiyubaka, yongeramo abakinnyi ndetse n’abatoza mu rwego rwo kwitwara neza imbere y’amakipe akomeye azitabira iri rushanwa rizabera i Kigali.

CECAFA yamaze kwemeza amakipe 11 azitabira iri rushanwa rizakinwa kuva tariki ya 24 Nyakanga kugeza ku ya 8 Kanama 2026 kuri Stade Amahoro na Kigali Pelé Stadium.

APR FC na Rayon Sports ni zo zizahagararira u Rwanda, aho zizahura n’amakipe akomeye arimo Simba SC yo muri Tanzania, Vipers SC yo muri Uganda, Gor Mahia FC yo muri Kenya, Al Hilal SC na El Merrikh SC zo muri Sudani n’andi.

APR FC yaguze abakinnyi bashya 

Nyuma yo kwegukana BK Pro League n’Igikombe cy’Amahoro mu mwaka w’imikino wa 2025/26, APR FC ntiyahwemye gushimangira ko intego yayo ari ukwitwara neza no mu marushanwa mpuzamahanga.

Mu bakinnyi bashya bamaze gutangazwa harimo Mamadou Traoré, Umunya-Mali wakiniraga Stade Malien ndetse wari kapiteni wayo. Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga afite ubunararibonye mu mikino itandukanye itegurwa na CAF, aho yafashije ikipe ye kugera muri ¼ cya CAF Champions League muri uyu mwaka w’imikino.

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yanongereye imbaraga mu izamu isinyisha Ernan Siluane, umunyezamu mpuzamahanga wa Mozambique wari usanzwe akinira Black Bulls ndetse umaze guhamagarwa inshuro 24 mu Ikipe y’Igihugu y’iwabo.

Aba basanze abandi bakinnyi APR FC yamaze kwerekana barimo Amani Kouadiokan Michel Breygeneve, Uwiyaremye Fidali, Rubuguza Jean Pierre na Ishimwe Christian, mu gihe amakuru akomeje kuvuga ko myugariro Madou Zon na we ashobora kuyerekezamo.

Rayon Sports yongereye imbaraga mu gice cy’abatoza

Rayon Sports na yo yakoresheje neza isoko ry’igura n’igurisha, yibanda cyane ku kongeramo abanyamahanga bafite ubushobozi ndetse n’Abanyarwanda bashobora kuzamura urwego rw’ikipe.

Umukinnyi wavuzwe cyane ni Issa Djiguiba ukomoka muri Mali, wabaye umukinnyi mwiza wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri iki gihugu mu mwaka ushize w’imikino wa 2025/26.

Uyu mukinnyi w’imyaka 22 ushobora gukina hagati afasha ba rutahizamu cyangwa ku mpande z’ubusatirizi, yiyongereye ku bandi banyamahanga bashya barimo Ibrahim Djingarey, Antonio Atisso Kodjo, Charles Tchouplaou na Matumona Wakonda Kanda.

Mu Banyarwanda, Rayon Sports yanasinyishije Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Nisingizwe Christian, Nkundimana Fabio, Nizeyimana Mubarak na Muhoza Daniel.

Uretse ku bakinnyi, Gikundiro yanakoze impinduka ku ntebe y’abatoza, isubiza Habimana Sosthène nk’umutoza wungirije wa Haringingo Francis Christian nyuma yo gutandukana na Lomami Marcel.

Habimana agarukanye ubunararibonye yakuye mu makipe y’igihugu no mu yandi makipe yo mu Rwanda, aho azakorana na Dusange Sacha, Hugo Tricárico utoza abanyezamu na Serge Mwambali ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi.

CECAFA Kagame Cup izaba igeragezwa ry’ibyo aya makipe yubatse

APR FC na Rayon Sports zisanzwe ari amakipe ahora ahanganiye ibikombe mu Rwanda, ariko kuri iyi nshuro zigiye kwinjira muri CECAFA Kagame Cup zifite impinduka nyinshi kurusha uko byari bisanzwe.

Iri rushanwa rizaba ari umwanya mwiza wo kureba urwego rw’abakinnyi bashya ndetse n’uburyo amakipe yombi azaba yaramaze kumenyera gukinana mbere yo gutangira amarushanwa ya CAF n’aya shampiyona y’u Rwanda.

Kubera uburyo aya makipe yiyubatse, CECAFA Kagame Cup itegerejwe nk’irushanwa rizatanga ishusho y’uko azitwara mu mwaka w’imikino wa 2026/27, cyane ko azaba akinira imbere y’abafana bayo i Kigali.

2026-07-05
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo  ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Ubwanditsi 10 May 2017
Gakenke: Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Gakenke: Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Ikinamico kwa bene Rwigara:  ‘ Amagambo  ashize ivuga ‘

Ikinamico kwa bene Rwigara: ‘ Amagambo ashize ivuga ‘

Ubwanditsi 11 Sep 2017
Senegal yegukanye igikombe cya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo CHAN 2022

Senegal yegukanye igikombe cya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo CHAN 2022

Ubwanditsi 05 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC
POLITIKI

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Nyuma yo gutangaza amakuru nta burenganzira  mu ijoro ryakeye Serge Ndayizeye bari bamwivuganye habura gato
ITOHOZA

Nyuma yo gutangaza amakuru nta burenganzira mu ijoro ryakeye Serge Ndayizeye bari bamwivuganye habura gato

Ubwanditsi 14 Sep 2016
AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena
Amakuru

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Ubwanditsi 22 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru