• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026

Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026

RUSHYASHYA 05 Jul 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Mu gihe habura ibyumweru bike ngo CECAFA Kagame Cup 2026 itangire, amakipe azahagararira u Rwanda ari yo APR FC na Rayon Sports akomeje kwiyubaka, yongeramo abakinnyi ndetse n’abatoza mu rwego rwo kwitwara neza imbere y’amakipe akomeye azitabira iri rushanwa rizabera i Kigali.

CECAFA yamaze kwemeza amakipe 11 azitabira iri rushanwa rizakinwa kuva tariki ya 24 Nyakanga kugeza ku ya 8 Kanama 2026 kuri Stade Amahoro na Kigali Pelé Stadium.

APR FC na Rayon Sports ni zo zizahagararira u Rwanda, aho zizahura n’amakipe akomeye arimo Simba SC yo muri Tanzania, Vipers SC yo muri Uganda, Gor Mahia FC yo muri Kenya, Al Hilal SC na El Merrikh SC zo muri Sudani n’andi.

APR FC yaguze abakinnyi bashya 

Nyuma yo kwegukana BK Pro League n’Igikombe cy’Amahoro mu mwaka w’imikino wa 2025/26, APR FC ntiyahwemye gushimangira ko intego yayo ari ukwitwara neza no mu marushanwa mpuzamahanga.

Mu bakinnyi bashya bamaze gutangazwa harimo Mamadou Traoré, Umunya-Mali wakiniraga Stade Malien ndetse wari kapiteni wayo. Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga afite ubunararibonye mu mikino itandukanye itegurwa na CAF, aho yafashije ikipe ye kugera muri ¼ cya CAF Champions League muri uyu mwaka w’imikino.

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yanongereye imbaraga mu izamu isinyisha Ernan Siluane, umunyezamu mpuzamahanga wa Mozambique wari usanzwe akinira Black Bulls ndetse umaze guhamagarwa inshuro 24 mu Ikipe y’Igihugu y’iwabo.

Aba basanze abandi bakinnyi APR FC yamaze kwerekana barimo Amani Kouadiokan Michel Breygeneve, Uwiyaremye Fidali, Rubuguza Jean Pierre na Ishimwe Christian, mu gihe amakuru akomeje kuvuga ko myugariro Madou Zon na we ashobora kuyerekezamo.

Rayon Sports yongereye imbaraga mu gice cy’abatoza

Rayon Sports na yo yakoresheje neza isoko ry’igura n’igurisha, yibanda cyane ku kongeramo abanyamahanga bafite ubushobozi ndetse n’Abanyarwanda bashobora kuzamura urwego rw’ikipe.

Umukinnyi wavuzwe cyane ni Issa Djiguiba ukomoka muri Mali, wabaye umukinnyi mwiza wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri iki gihugu mu mwaka ushize w’imikino wa 2025/26.

Uyu mukinnyi w’imyaka 22 ushobora gukina hagati afasha ba rutahizamu cyangwa ku mpande z’ubusatirizi, yiyongereye ku bandi banyamahanga bashya barimo Ibrahim Djingarey, Antonio Atisso Kodjo, Charles Tchouplaou na Matumona Wakonda Kanda.

Mu Banyarwanda, Rayon Sports yanasinyishije Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Nisingizwe Christian, Nkundimana Fabio, Nizeyimana Mubarak na Muhoza Daniel.

Uretse ku bakinnyi, Gikundiro yanakoze impinduka ku ntebe y’abatoza, isubiza Habimana Sosthène nk’umutoza wungirije wa Haringingo Francis Christian nyuma yo gutandukana na Lomami Marcel.

Habimana agarukanye ubunararibonye yakuye mu makipe y’igihugu no mu yandi makipe yo mu Rwanda, aho azakorana na Dusange Sacha, Hugo Tricárico utoza abanyezamu na Serge Mwambali ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi.

CECAFA Kagame Cup izaba igeragezwa ry’ibyo aya makipe yubatse

APR FC na Rayon Sports zisanzwe ari amakipe ahora ahanganiye ibikombe mu Rwanda, ariko kuri iyi nshuro zigiye kwinjira muri CECAFA Kagame Cup zifite impinduka nyinshi kurusha uko byari bisanzwe.

Iri rushanwa rizaba ari umwanya mwiza wo kureba urwego rw’abakinnyi bashya ndetse n’uburyo amakipe yombi azaba yaramaze kumenyera gukinana mbere yo gutangira amarushanwa ya CAF n’aya shampiyona y’u Rwanda.

Kubera uburyo aya makipe yiyubatse, CECAFA Kagame Cup itegerejwe nk’irushanwa rizatanga ishusho y’uko azitwara mu mwaka w’imikino wa 2026/27, cyane ko azaba akinira imbere y’abafana bayo i Kigali.

2026-07-05
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Ubwanditsi 22 Aug 2021
Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Ubwanditsi 31 Jul 2024
Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025

Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Bayoboke ba “Jambo Asbl-Amabyiruka ya CDR”, kugoreka ukuri kwa “Fondasiyo Yolande Mukagasana”, ntibihindura abere abajenosideri mukomokaho!!

Bayoboke ba “Jambo Asbl-Amabyiruka ya CDR”, kugoreka ukuri kwa “Fondasiyo Yolande Mukagasana”, ntibihindura abere abajenosideri mukomokaho!!

Ubwanditsi 03 Feb 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda
UBUKUNGU

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 May 2017
Ambasaderi w’u Rwanda muri Marocco yasuye ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball anagirana ibiganiro n’umuyobozi wa CAVB
Amakuru

Ambasaderi w’u Rwanda muri Marocco yasuye ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball anagirana ibiganiro n’umuyobozi wa CAVB

Ubwanditsi 26 Jun 2021
Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye
Mu Rwanda

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Ubwanditsi 03 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru