• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali hashojwe Inama y’iminsi ibiri yahuzaga Abagore bari mu nzego za siporo zishamikiye kuri komite olempike z’ibihugu bisaga 100 by’Afurika n’iby’Aziya

Kigali hashojwe Inama y’iminsi ibiri yahuzaga Abagore bari mu nzego za siporo zishamikiye kuri komite olempike z’ibihugu bisaga 100 by’Afurika n’iby’Aziya

Ubwanditsi 13 Aug 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu w’Icyumweru dushoje I Kigali hashojwe Inama y’iminsi ibiri yahuzaga Abagore bari mu nzego za siporo zishamikiye kuri komite olempike z’ibihugu bisaga 100 by’Afurika n’iby’Aziya, iyi nama ikaba yari yarateguwe ku bufatanye bwa Komite Olempike Mpuzamahanga, Komite Olempike y’u Rwanda , na Minisiteri ya Siporo n’Umuco mu Rwanda (MINISPOC).

Ni Inama yafunguwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Intebe w’U Rwanda Bwana Anasitase Murekezi ikaba yari igamije ahanini ibiganiro no guhanahana ubunararibonye ku buringanire bw’abagabo n’abagore, by’umwihariko gushishikariza abagore gukora siporo no kugira uruhare mu nzego za siporo.

Iyi Nama yari yitabiririwe n’Abayobozi bakomeye ba siporo muri Afrika no ku isi, aha twavuga nka FATMA SAMOURA , umunya Sénégal, akaba Umunyamabanga Mukuru wa FIFA, Dr IZEDUWA DEREX – BRIGGS, umunya Nigeria, ahagarariye UN Women muri Afurika y’iburasirazuba n’iy’amajyepfo, Intendant Général LASSANA PALENFO, umunya Cote d’Ivoire akaba Perezida wa Komite Olempike ya Cote d’Ivoire, NSEKERA LYDIA, akomoka mu Burundi ari mu buyobozi bukuru bwa FIFA, akaba na perezida wa Komite Olempike y’u Burundi, na KIRSTY COVENTRY, akomoka muri Zimbabwe, ari mu buyobozi bukuru bwa komite Mpuzamahanga Olimpke.

Yamenyekanye cyane mu mukino wo kwoga yesa imihigo anatwara imidari mu marushanwa mpuzamahanga akomeye arimo n’imikino olempike, aho yatwaye umudari wa zahabu mu 2004 mu mikino olempike yabereye Athènes, no mu 2008 mu mikino yabereye i Beijing. Ubwo bageraga mu Rwanda abitabiriye iyi nama babanje kunamira inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguye ku kurwibutsorwa Jenoside rwubatse ku Gisozi mu mujyi wa Kigali.

-7592.jpg

Abitabiriye Inama

Lydia Nsekera, yavuze ko bifite icyo bivuze ku mikino muri rusange kuko ngo bimwibutsa ko iyo abantu bakina imikino itandukanye bagomba kuba badashingiye ku bwoko, ku rurimi cyangwa ikindi, avuga ko ahavanye ubutumwa bwo gukora ku buryo Jenoside itazatongera kugira ahandi iba ku isi. Yagize ati “ Nibyo twaje hano kuko ni ibintu tugomba gukora kuko amacakubiri uko yaba ari kose tugomba kuyahagarika uko dushoboye, mu mikino olempike hari aho tuvuga tuti ‘siporo ni iya bose, nta kureba igitsina, ubwoko cyangwa ikindi. Twaje hano rero kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka, turavuze tuti ntibizongere kubaho ukundi’

-7594.jpg

Inama yafunguwe na MInisitiri w’Intebe Anastase Murekezi

U Rwanda rukaba rwaratoranyijwe kuberamo iyi nama, kubera intambwe igaragaraga rumaze gutera mu nzego zinyuranye, no kuba intangarugero ku isi mu guha ijambo n’icyizere abagore mu nzego no mu buzima bwose bw’igihugu.
Iri huririo rikazafasha kandi U Rwanda kugaragaza isura n’ibyiza rumaze kugeraho nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Norbert Nyuzahayo

2017-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka

Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka

Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka

Ubwanditsi 22 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yashinje Umuryango w’Abibumbye gushyigikira iterabwoba muri RDC
POLITIKI

Perezida Museveni yashinje Umuryango w’Abibumbye gushyigikira iterabwoba muri RDC

Ubwanditsi 19 Jan 2018
CAN U20: UGANDA na GHANA zageze ku mukino wa nyuma muri Mauritania
Amakuru

CAN U20: UGANDA na GHANA zageze ku mukino wa nyuma muri Mauritania

Ubwanditsi 02 Mar 2021
Burundi: Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ku ijambo rya perezida Nkurunziza ko ataziyamamaza mu 2020
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ku ijambo rya perezida Nkurunziza ko ataziyamamaza mu 2020

Ubwanditsi 08 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru