• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali hashojwe Inama y’iminsi ibiri yahuzaga Abagore bari mu nzego za siporo zishamikiye kuri komite olempike z’ibihugu bisaga 100 by’Afurika n’iby’Aziya

Kigali hashojwe Inama y’iminsi ibiri yahuzaga Abagore bari mu nzego za siporo zishamikiye kuri komite olempike z’ibihugu bisaga 100 by’Afurika n’iby’Aziya

Ubwanditsi 13 Aug 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu w’Icyumweru dushoje I Kigali hashojwe Inama y’iminsi ibiri yahuzaga Abagore bari mu nzego za siporo zishamikiye kuri komite olempike z’ibihugu bisaga 100 by’Afurika n’iby’Aziya, iyi nama ikaba yari yarateguwe ku bufatanye bwa Komite Olempike Mpuzamahanga, Komite Olempike y’u Rwanda , na Minisiteri ya Siporo n’Umuco mu Rwanda (MINISPOC).

Ni Inama yafunguwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Intebe w’U Rwanda Bwana Anasitase Murekezi ikaba yari igamije ahanini ibiganiro no guhanahana ubunararibonye ku buringanire bw’abagabo n’abagore, by’umwihariko gushishikariza abagore gukora siporo no kugira uruhare mu nzego za siporo.

Iyi Nama yari yitabiririwe n’Abayobozi bakomeye ba siporo muri Afrika no ku isi, aha twavuga nka FATMA SAMOURA , umunya Sénégal, akaba Umunyamabanga Mukuru wa FIFA, Dr IZEDUWA DEREX – BRIGGS, umunya Nigeria, ahagarariye UN Women muri Afurika y’iburasirazuba n’iy’amajyepfo, Intendant Général LASSANA PALENFO, umunya Cote d’Ivoire akaba Perezida wa Komite Olempike ya Cote d’Ivoire, NSEKERA LYDIA, akomoka mu Burundi ari mu buyobozi bukuru bwa FIFA, akaba na perezida wa Komite Olempike y’u Burundi, na KIRSTY COVENTRY, akomoka muri Zimbabwe, ari mu buyobozi bukuru bwa komite Mpuzamahanga Olimpke.

Yamenyekanye cyane mu mukino wo kwoga yesa imihigo anatwara imidari mu marushanwa mpuzamahanga akomeye arimo n’imikino olempike, aho yatwaye umudari wa zahabu mu 2004 mu mikino olempike yabereye Athènes, no mu 2008 mu mikino yabereye i Beijing. Ubwo bageraga mu Rwanda abitabiriye iyi nama babanje kunamira inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguye ku kurwibutsorwa Jenoside rwubatse ku Gisozi mu mujyi wa Kigali.

-7592.jpg

Abitabiriye Inama

Lydia Nsekera, yavuze ko bifite icyo bivuze ku mikino muri rusange kuko ngo bimwibutsa ko iyo abantu bakina imikino itandukanye bagomba kuba badashingiye ku bwoko, ku rurimi cyangwa ikindi, avuga ko ahavanye ubutumwa bwo gukora ku buryo Jenoside itazatongera kugira ahandi iba ku isi. Yagize ati “ Nibyo twaje hano kuko ni ibintu tugomba gukora kuko amacakubiri uko yaba ari kose tugomba kuyahagarika uko dushoboye, mu mikino olempike hari aho tuvuga tuti ‘siporo ni iya bose, nta kureba igitsina, ubwoko cyangwa ikindi. Twaje hano rero kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka, turavuze tuti ntibizongere kubaho ukundi’

-7594.jpg

Inama yafunguwe na MInisitiri w’Intebe Anastase Murekezi

U Rwanda rukaba rwaratoranyijwe kuberamo iyi nama, kubera intambwe igaragaraga rumaze gutera mu nzego zinyuranye, no kuba intangarugero ku isi mu guha ijambo n’icyizere abagore mu nzego no mu buzima bwose bw’igihugu.
Iri huririo rikazafasha kandi U Rwanda kugaragaza isura n’ibyiza rumaze kugeraho nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Norbert Nyuzahayo

2017-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba

Ubwanditsi 04 May 2021
Nyamagabe: Umuturage akurikiranweho Tract  iriho urutonde rw’abacitse ku icumu ibatera ubwoba

Nyamagabe: Umuturage akurikiranweho Tract iriho urutonde rw’abacitse ku icumu ibatera ubwoba

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka
POLITIKI

Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka

Ubwanditsi 26 Nov 2018
Nta muntu numwe uri hejuru y’Amategeko
POLITIKI

Nta muntu numwe uri hejuru y’Amategeko

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura
Mu Rwanda

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ubwanditsi 05 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru