• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa bataburanye…

Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa bataburanye…

Ubwanditsi 22 May 2018 ITOHOZA

Mu rubanza ubushinjacyaha bw’u Rwanda buregamo Diane Rwigara na Nyina Mukangemanyi Adeline Rwigara ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, uyu munsi batashye bataburanye kubera inzitizi ishingiye ku bantu bane baregwa hamwe n’aba bombi Ubushinjacyaha bwayobewe aho baherereye. Urukiko rwanzuye ko bagomba guhamagazwa nk’abatazwi aho bari.

Rwigara n’umubyeyi mu rukiko kuri uyu wa Kabiri

Kuri izi nzitizi zari zatanzwe n’abunganira abaregwa mu nyandiko, bavuze ko iki kibazo kibanza gufatirwa umurongo abo bantu bane baregwa hamwe n’abakiliya babo bakabanza bagahamagazwa mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ubushinjacyaha buvuga ko bwaregeye Urukiko abantu batandatu barimo aba babiri (Diane Rwigara na Nyina), ariko ko bane bwababuze haba ku butaka bw’u Rwanda no hanze yabwo bityo ko hakurikizwa ibiteganywa n’itegeko abo bantu bagahamagazwa.

Buvuga ko amategeko yerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha agena ko umuntu warezwe ariko aho ahererewe hatazwi, ubushinjacyaha ntakibubuza kumukorera Dosiye bukayishyikiriza urukiko ku buryo yahamagazwa nk’utazwi aho aherereye.

Me Buhuru Pierre Celestin wunganira Diane Rwigara, yavuze ko ibivugwa n’ubushinjacyaha biteye urujijo kuko butanagaragaza ko bwigeze bubashyiriraho inyandiko zo kubafata (mandat d’arret) ngo bigaragare ko babuze.

Abo bantu bane ubushinjacyaha buvuga ko kubura kwabo ari inzitizi ku miburanishirize y’uru rubanza ni Jean Paul  Turayishimiye, Gwiza Thabita Mugenzi, Xaverine Mukangarambe na Edmond Bushayija alias Sacyanwa.

Umunyamategeko Me Gatera Gashabana wunganira Munkangemanyi Adeline Rwigara yagarutse kuri aba bantu bari mu kirego ariko bataragezwa imbere y’Ubucamanza, yavuze ko muri bariya bantu harimo umwe Ubushinjacyaha bwagaragarije umwirondoro ko atuye i Boston muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse bugaragaza na nimero ye ya Telephone.

Ati “Burashaka kwisubiraho se ko na we butazi aho aherereye?” 

Umucamanza yahise amubaza icyo byafasha urukiko, Me Gashabana avuga ko bariya bantu baregwa hamwe n’abakiliya babo bityo ko ibyemezo bashobora gufatirwa bishobora kuzagira ingaruka ku bo bunganira.

Umushinjacyaha wabajijwe n’urukiko icyo avuga kuri uriya muntu bagaragarije umwirondoro, yagize ati “Turabona bitwara (abavoka) nk’ababunganira [nk’abunganira bariya bane batazwi aho baherereye], twe twagaragaje uruhande rwacu ntacyo twongeraho.”

Me Buhuru wavugaga ko iriya mvugo y’ubushinjacyaha idakwiye guhita gusa, yagize ati “Aba bantu twabamenye Ubushinjacyaha bubazanye muri Dosiye, twabunganira gute tutanabazi.”

Iburanisha ry’uyu munsi ntiryatabiriwe cyane

Urubanza rwasubitwe bataburanye…

Inteko y’Urukiko yafashe amasaaha abiri isuzuma iyi nzitizi, yabwiye ababuranyi ko n’ubwo Ubushinjacyaha bwagaragaje ko bariya bantu bari mu bihugu bihugu bitandukanye nko muri Belgique, Canada na USA bidahagije ku buryo aho baherereye hahita hamenyekana.

Agendeye ku mategeko y’Imanza z’Inshinjabyaha, agena ko umuntu uregwa ariko uherereye ahatazwi ahamagazwa hagendewe ku biteganywa n’iri tegeko, Umucamanza yavuze ko aba bantu bane bazahamagazwa hagendewe kuri ibi biteganywa n’iri tegeko na bo bagahamagazwa nk’abaherereye ahatazwi.

Yahise yimurira iburanisha ritaha tariki ya 24 Nyakanga.

Mukangemanyi nyina wa Diane Rwigara asohoka ngo yinjiro mu modoka imusubiza aho afungiye

Mukangemanyi nyina wa Diane Rwigara asohoka mu rukiko ngo yinjire mu modoka imusubiza aho afungiye

Batashye bataburanye kubera bariya bantu bane baregwa hamwe

Batashye bataburanye kubera bariya bantu bane baregwa hamwe

Sr: Umuseke

2018-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Ubwanditsi 12 Aug 2019
2016: Uko Padiri Thomas Nahimana yasebeye ku kibuga cy’indege ( JKIA )  I Nairobi-Kenya

2016: Uko Padiri Thomas Nahimana yasebeye ku kibuga cy’indege ( JKIA ) I Nairobi-Kenya

Ubwanditsi 03 Jan 2017
Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside

Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 10 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.
ITOHOZA

Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.

Ubwanditsi 20 Dec 2016
Champions League: Liverpool yakosoye Manchester City, FC Barcelone inyagira AS Roma
IMIKINO

Champions League: Liverpool yakosoye Manchester City, FC Barcelone inyagira AS Roma

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?
POLITIKI

Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?

Ubwanditsi 04 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru