• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Libya na Nigeria zari mu itsinda ry’u Rwanda zageze muri ½ cya CHAN 2018- Uko bazahura

Libya na Nigeria zari mu itsinda ry’u Rwanda zageze muri ½ cya CHAN 2018- Uko bazahura

Ubwanditsi 29 Jan 2018 IMIKINO

Bigoranye, amakipe ya Libya na Nigeria yari mu itsinda C ryabarizwagamo ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, yaraye ageze muri ½ cy’irushanwa rya CHAN 2018 rikomeje kubera mu gihugu cya Maroc. Libya yasezereye Congo Brazzaville kuri penaliti mu gihe Nigeria yasezereye Angola ku bitego 2-1 hitabajwe iminota 30 y’inyongera.

Mu mukino wahuje ikipe y’igihugu ya Nigeria na Angola mu mujyi wa Tangier, Gabriel Okechukwu winjiye asimbura, yatsinze igitego cyahesheje intsinzi Nigeria ku munota wa 108, bakomeza muri ½.

Nigeria yari yavuye inyuma yishyura igitego mu minota y’inyongera, ubwo isanzwe y’umukino yari irangiye Angola ifite igitego 1-0, bituma hongerwamo iminota 30 yo kwisobanura hagati y’amakipe yombi.

Nigeria yabonye itike ya 1/2 biyigoye

Nigeria yabonye itike ya 1/2 biyigoye

Angola yari yayoboye umukino kuva ku munota wa 56 w’umukino, ubwo Vladmie Va yafunguraga amazamu biturutse ku gukuraho umupira nabi kwa Emeka Atuloma maze uyu musore wo muri Angola atera umupira utabashije kugarurwa n’umunyezamu Ikechukwu Ezenwa.

Super Eagles za Nigeria zihariye iminota yari isigaye y’umukino, bashaka uburyo bishyura ndetse babigeraho ku munota wa 90 ubwo hari hongeweho iminota y’inyongera maze Okpotu atsindira Nigeria igitego cyatumye bajya muri 30 yindi.

Nigeria izahura na Sudani mu mukino wa ½ uzaba kuwa Gatatu tariki ya 31 Mutarama mu mujyi wa Marrakech.

Libya yasezereye Congo Brazzaville kuri penaliti

Mu wundi mukino wabaye muri ¼, Libya yakinnye na Congo Brazzaville, amakipe yombi anganya igitego 1-1 mu minota 120 yose, hitabajwe penaliti Libya itsinda 5-3 muri uyu mukino wabereye mu mujyi wa Agadir.

Saleh Taher yabanje gufungura amazamu ku ruhande rwa Libya, igitego cyinjiye ku munota wa 27 w’umukino, mbere y’uko Junior Makiesse yishyurira Congo ku munota wa 37.

Libya yasezereye u Rwanda mu matsinda, yageze muri 1/2

Libya yasezereye u Rwanda mu matsinda, yageze muri 1/2


Congo yishyuye igitego, ariko birangira isezerewe

Congo yishyuye igitego, ariko birangira isezerewe


Wari umukino w'ingufu ku mpande zombi

Wari umukino w’ingufu ku mpande zombi

Muri penaliti, umunyezamu wa Congo; Barel Mouko yahushije penaliti yatumye igihugu cye gisezererwa maze Libya ifite igikombe cya 2014, itsindira guhura na Maroc muri ½.

Penaliti za Libya zatsinzwe na Moftah Taktak, Ramadan, Alaqoub, Ahmed Almaghasi na Sand Masaud mu gihe Francouer Kibamba, Mboungou na Varel Rozan batsinze iza Congo Brazzaville.

Gahunda ya 1/2 cya CHAN 2018

Kuwa Gatatu

  • Maroc vs Libya (18:30, Casablanca)
  • Sudan vs Nigeria (21:30, Marrakech)

2018-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suwede yemeje itandukana ryayo na Byiringiro Lague

Ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suwede yemeje itandukana ryayo na Byiringiro Lague

Ubwanditsi 03 Jan 2025
Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Ubwanditsi 15 Feb 2023
Nyuma y’imyaka itanu ari umuvugizi wa APR FC, Kazungu Claver ntakiri kuri uyu mwanya

Nyuma y’imyaka itanu ari umuvugizi wa APR FC, Kazungu Claver ntakiri kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 19 Jul 2021
Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Ubwanditsi 06 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo
POLITIKI

Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Ubwanditsi 19 Mar 2016
Rayon Sports yegukanye igikombe kuruta ibindi “SuperCup” itsinze APR FC ibitego 3-0
Amakuru

Rayon Sports yegukanye igikombe kuruta ibindi “SuperCup” itsinze APR FC ibitego 3-0

Ubwanditsi 12 Aug 2023
Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika  ibiganiro mu Rwanda
Mu Rwanda

Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika ibiganiro mu Rwanda

Ubwanditsi 20 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru