• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Libya na Nigeria zari mu itsinda ry’u Rwanda zageze muri ½ cya CHAN 2018- Uko bazahura

Libya na Nigeria zari mu itsinda ry’u Rwanda zageze muri ½ cya CHAN 2018- Uko bazahura

Ubwanditsi 29 Jan 2018 IMIKINO

Bigoranye, amakipe ya Libya na Nigeria yari mu itsinda C ryabarizwagamo ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, yaraye ageze muri ½ cy’irushanwa rya CHAN 2018 rikomeje kubera mu gihugu cya Maroc. Libya yasezereye Congo Brazzaville kuri penaliti mu gihe Nigeria yasezereye Angola ku bitego 2-1 hitabajwe iminota 30 y’inyongera.

Mu mukino wahuje ikipe y’igihugu ya Nigeria na Angola mu mujyi wa Tangier, Gabriel Okechukwu winjiye asimbura, yatsinze igitego cyahesheje intsinzi Nigeria ku munota wa 108, bakomeza muri ½.

Nigeria yari yavuye inyuma yishyura igitego mu minota y’inyongera, ubwo isanzwe y’umukino yari irangiye Angola ifite igitego 1-0, bituma hongerwamo iminota 30 yo kwisobanura hagati y’amakipe yombi.

Nigeria yabonye itike ya 1/2 biyigoye

Nigeria yabonye itike ya 1/2 biyigoye

Angola yari yayoboye umukino kuva ku munota wa 56 w’umukino, ubwo Vladmie Va yafunguraga amazamu biturutse ku gukuraho umupira nabi kwa Emeka Atuloma maze uyu musore wo muri Angola atera umupira utabashije kugarurwa n’umunyezamu Ikechukwu Ezenwa.

Super Eagles za Nigeria zihariye iminota yari isigaye y’umukino, bashaka uburyo bishyura ndetse babigeraho ku munota wa 90 ubwo hari hongeweho iminota y’inyongera maze Okpotu atsindira Nigeria igitego cyatumye bajya muri 30 yindi.

Nigeria izahura na Sudani mu mukino wa ½ uzaba kuwa Gatatu tariki ya 31 Mutarama mu mujyi wa Marrakech.

Libya yasezereye Congo Brazzaville kuri penaliti

Mu wundi mukino wabaye muri ¼, Libya yakinnye na Congo Brazzaville, amakipe yombi anganya igitego 1-1 mu minota 120 yose, hitabajwe penaliti Libya itsinda 5-3 muri uyu mukino wabereye mu mujyi wa Agadir.

Saleh Taher yabanje gufungura amazamu ku ruhande rwa Libya, igitego cyinjiye ku munota wa 27 w’umukino, mbere y’uko Junior Makiesse yishyurira Congo ku munota wa 37.

Libya yasezereye u Rwanda mu matsinda, yageze muri 1/2

Libya yasezereye u Rwanda mu matsinda, yageze muri 1/2


Congo yishyuye igitego, ariko birangira isezerewe

Congo yishyuye igitego, ariko birangira isezerewe


Wari umukino w'ingufu ku mpande zombi

Wari umukino w’ingufu ku mpande zombi

Muri penaliti, umunyezamu wa Congo; Barel Mouko yahushije penaliti yatumye igihugu cye gisezererwa maze Libya ifite igikombe cya 2014, itsindira guhura na Maroc muri ½.

Penaliti za Libya zatsinzwe na Moftah Taktak, Ramadan, Alaqoub, Ahmed Almaghasi na Sand Masaud mu gihe Francouer Kibamba, Mboungou na Varel Rozan batsinze iza Congo Brazzaville.

Gahunda ya 1/2 cya CHAN 2018

Kuwa Gatatu

  • Maroc vs Libya (18:30, Casablanca)
  • Sudan vs Nigeria (21:30, Marrakech)

2018-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR ndetse na POLICE mu mukino w’intoki wa Handball zamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura amarushanwa Nyafurika.

APR ndetse na POLICE mu mukino w’intoki wa Handball zamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura amarushanwa Nyafurika.

Ubwanditsi 14 Apr 2021
Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 13 Mar 2024
Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri

Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri

Ubwanditsi 29 Dec 2022
REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

Ubwanditsi 15 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Nkurunziza  ntiyakandagije ikirenge mu Nteko rusange ya  [ AU ] yarimo gusengera ibishyimbo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza ntiyakandagije ikirenge mu Nteko rusange ya [ AU ] yarimo gusengera ibishyimbo

Ubwanditsi 29 Jan 2018
RDC: FDLR yihimuye kuri FARDC yicamo babiri nyuma yo gufata abayobozi bayo
HIRYA NO HINO

RDC: FDLR yihimuye kuri FARDC yicamo babiri nyuma yo gufata abayobozi bayo

Ubwanditsi 18 Dec 2018
Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR

Ubwanditsi 13 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru