• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Libya na Nigeria zari mu itsinda ry’u Rwanda zageze muri ½ cya CHAN 2018- Uko bazahura

Libya na Nigeria zari mu itsinda ry’u Rwanda zageze muri ½ cya CHAN 2018- Uko bazahura

Ubwanditsi 29 Jan 2018 IMIKINO

Bigoranye, amakipe ya Libya na Nigeria yari mu itsinda C ryabarizwagamo ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, yaraye ageze muri ½ cy’irushanwa rya CHAN 2018 rikomeje kubera mu gihugu cya Maroc. Libya yasezereye Congo Brazzaville kuri penaliti mu gihe Nigeria yasezereye Angola ku bitego 2-1 hitabajwe iminota 30 y’inyongera.

Mu mukino wahuje ikipe y’igihugu ya Nigeria na Angola mu mujyi wa Tangier, Gabriel Okechukwu winjiye asimbura, yatsinze igitego cyahesheje intsinzi Nigeria ku munota wa 108, bakomeza muri ½.

Nigeria yari yavuye inyuma yishyura igitego mu minota y’inyongera, ubwo isanzwe y’umukino yari irangiye Angola ifite igitego 1-0, bituma hongerwamo iminota 30 yo kwisobanura hagati y’amakipe yombi.

Nigeria yabonye itike ya 1/2 biyigoye

Nigeria yabonye itike ya 1/2 biyigoye

Angola yari yayoboye umukino kuva ku munota wa 56 w’umukino, ubwo Vladmie Va yafunguraga amazamu biturutse ku gukuraho umupira nabi kwa Emeka Atuloma maze uyu musore wo muri Angola atera umupira utabashije kugarurwa n’umunyezamu Ikechukwu Ezenwa.

Super Eagles za Nigeria zihariye iminota yari isigaye y’umukino, bashaka uburyo bishyura ndetse babigeraho ku munota wa 90 ubwo hari hongeweho iminota y’inyongera maze Okpotu atsindira Nigeria igitego cyatumye bajya muri 30 yindi.

Nigeria izahura na Sudani mu mukino wa ½ uzaba kuwa Gatatu tariki ya 31 Mutarama mu mujyi wa Marrakech.

Libya yasezereye Congo Brazzaville kuri penaliti

Mu wundi mukino wabaye muri ¼, Libya yakinnye na Congo Brazzaville, amakipe yombi anganya igitego 1-1 mu minota 120 yose, hitabajwe penaliti Libya itsinda 5-3 muri uyu mukino wabereye mu mujyi wa Agadir.

Saleh Taher yabanje gufungura amazamu ku ruhande rwa Libya, igitego cyinjiye ku munota wa 27 w’umukino, mbere y’uko Junior Makiesse yishyurira Congo ku munota wa 37.

Libya yasezereye u Rwanda mu matsinda, yageze muri 1/2

Libya yasezereye u Rwanda mu matsinda, yageze muri 1/2


Congo yishyuye igitego, ariko birangira isezerewe

Congo yishyuye igitego, ariko birangira isezerewe


Wari umukino w'ingufu ku mpande zombi

Wari umukino w’ingufu ku mpande zombi

Muri penaliti, umunyezamu wa Congo; Barel Mouko yahushije penaliti yatumye igihugu cye gisezererwa maze Libya ifite igikombe cya 2014, itsindira guhura na Maroc muri ½.

Penaliti za Libya zatsinzwe na Moftah Taktak, Ramadan, Alaqoub, Ahmed Almaghasi na Sand Masaud mu gihe Francouer Kibamba, Mboungou na Varel Rozan batsinze iza Congo Brazzaville.

Gahunda ya 1/2 cya CHAN 2018

Kuwa Gatatu

  • Maroc vs Libya (18:30, Casablanca)
  • Sudan vs Nigeria (21:30, Marrakech)

2018-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubanza rw’ibura ry’umuriro muri Stade Huye: Urukiko rwanzuye ko umwe afungwa by’agateganyo

Urubanza rw’ibura ry’umuriro muri Stade Huye: Urukiko rwanzuye ko umwe afungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu

Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Knowless na Clement  Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Knowless na Clement Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Ubwanditsi 07 Aug 2016
Hakizimana Muhadjir yafashije AS Kigali gutsinda KCCA, Ikaba izerekeza mu cyiciro cya 3 kibanziriza kwinjira mu matsinda

Hakizimana Muhadjir yafashije AS Kigali gutsinda KCCA, Ikaba izerekeza mu cyiciro cya 3 kibanziriza kwinjira mu matsinda

Ubwanditsi 06 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga
UBUKUNGU

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Ubwanditsi 19 Mar 2020
Polisi y’u Rwanda yataye  muri yombi  itsinda ry’abantu  biyitirira akazi badakora
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu biyitirira akazi badakora

Ubwanditsi 11 Nov 2016
Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi
INKURU NYAMUKURU

Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Ubwanditsi 30 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru