• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Knowless na Clement Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Knowless na Clement Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Ubwanditsi 07 Aug 2016 IMIKINO

Ubukwe bwavugishije benshi amangambure burashyize buratashye! Butera Knowless n’umugabo we Ishimwe Clement, basezeraniye mu Mujyi wa Nyamata mu busitani bwari burindiwe umutekano bidasanzwe.

Knowless na Clement, basezeraniye mu busitani buri ku muhanda Nyamata-Kigali ahegeranye na Golden Tulip Hotel iyavuzwe kenshi ko ariyo izakira ubu bukwe gusa siko byagenze.

Umutekano w’ahakikije ubusitani bwabereyemo ubukwe wari wakajijwe ku rwego rukomeye, umubare w’abarinda umugeni n’umukwe wari wongerewe ndetse abasekirite barindaga ku muzenguruko w’ubu busitani bari bambaye impuzankano, bari batandukanyijwe n’intera ngufi mu koroshya akazi ko gukumira umuntu washoboraga gushaka kwinjira ataratumiwe.

Abaturage babarirwa muri 30 biganjemo urubyiruko rw’abanyonzi bo mu Mujyi wa Nyamata, ni bo bari hanze y’aho ubukwe bwabereye bashungera gusa imvugo yari imwe bijujuta ‘kuko ngo babifashe nk’ubwirasi’.

Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Aba bageni, basezeranye ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 7 Kanama 2016, umuhango wo gusezerana wayobowe na Pasiteri wigenga witwa Rusine. Bambikaniye impeta mu busitani ahari hateraniye inshuti zabo zibarirwa mu ijana.

Umuhango wo gusezerana wabaye mu buryo butamenyerewe ku bakirisitu basengera mu Itorero ry’Abadiventisiti. Basezeraniye mu busitani mu gihe itorero risaba ko abashyingiranwa babikorera mu rusengero. Ni umuhango wayobowe na Pasiteri wigenga, wari utandukanye n’isanzwe iba kuko wamaze igihe kitarenze isaha, abatumirwa bari babaze, nta wari wemerewe kwiyongeramo atarahawe ubutumire.

Mu itangazamakuru, byavuzwe kenshi ko Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa 7 ryanze gusezeranya Knowless na Clement kuko bashatse ko uyu muhango ubera ahatari mu rusengero ibintu bihabanye n’amategeko agenda iri dini.

Pasiteri Ezra Mpyisi wagombaga gusezeranya aba bombi, aherutse kubwira IGIHE ko yitandukanyije n’ubukwe bwabo ku mpamvu zitandukanye atavuze byeruye.

Yagize ati ““Njyewe nabivuyemo, ntabwo nzamushyingira, ujye kubaza ababyeyi b’uwo mukobwa […] sebukwe yavuze ko azaza kumbwira impamvu ntiyaza ndetse kugeza uyu munsi nanjye ndabibaririza.”

Indi mpamvu yavuzwe nk’intandaro yo kutemererwa gusezerana, ngo ni uko umugeni yari agiye gushyingirwa atwite kandi amategeko itorero rigenderaho atabyemera.

Ubukwe bwa Knowless bwavuzwe mu buryo budasanzwe kubera umwihariko ba nyirabwo babuzanyemo by’umwihariko kubera ikumira rikomeye no guheza itangazamakuru mu mihango bakoze.

Knowless na Clement basezeranye imbere y’amategeko kuwa 31 Nyakanga 2016 mu muhango wabereye mu Murenge wa Remera. Uyu muhango wakurikiwe n’ibirori byo gusaba umugeni no gutanga inkwano, ibi byose byakozwe umutekano urinzwe mu buryo bukomeye, kwinjira mu bukwe byari intambara ikomeye kuko buri wese yabanza kwireba ku ilisiti yakwibura agasubizwa inyuma.

Ubukwe bwabaye mu muhezo kuri bamwe….

Ku munsi w’ubukwe bwa Knowless na Clement, umutekano wari wakajijwe ku rwego rwo hejuru. Ubusitani bwabereyemo imihango yo gusezerana bwari burinzwe n’abasekirite babitojwe babarirwaga muri 40 urebye uburebure bw’umuzenguruko w’aho bari barinze.

Itangazamakuru, abafotozi ku giti cyabo, abafana n’abaturage bake bashakaga kureba uko byifashe mu bukwe ntiborohewe n’abashinzwe umutekano ndetse bake mu bagerageje kurebera ibirori mu biti bamanuwemo babuzwa kureba uko byari byifashe.

Ubusitani bwabereyemo ubu bukwe buri ku muhanda wegeranye na Golden Tulip Hotel, abahisi n’abagenzi bahacaga bahagararaga gato bashaka kumenya icyatumye umutekano ukazwa bagahita bashushubikanwa n’abasekirite bavuganiraga ku byombi mu kurinda ko hagira igihungabanya umutekano w’ibyo abageni babategetsi.

Umuturage witwa Mupenzi Jean Claude ufite se ukora isuku muri ubu busitani ubukwe bwabereyemo, yagundaguranye n’abashinzwe umutekano bamufashe ahengereza mu ruzitiro ubwo yashakaga kuvugana n’umubyeyi we. Yanenze cyane abakoze ubukwe kuko ngo bakajije umutekano cyane mu gihe hari abandi bantu bakomeye bahakorera ubukwe ntibahutaze abaturage.

-3522.jpg

Yagize ati “Na muzehe bamusohoye nabi, muzehe nyine papa ni we utunganya neza ubu busitani, na we ku manywa yari ahari nka saa sita namuzaniye ibiryo, nyuma bahise badusohora ngo abashyitsi baje […] Nari ndimo ndunguruka bashaka kunkubita, bansubije inyuma bashatse kunkubita inshyi, banzizaga ko narungurutse kandi nashakaga muzehe wanjye kuko ni we ukoramo isuku.”

Abahanzi IGIHE dukesha iyi nkuru yabonye batashye ubukwe bwa Knowless barimo Christopher, Dream Boyz, Tom Close [ari na we watanze umugeni], Oda Paccy, Ssgt Robert, Bruce Melody. Mu batunganya indirimbo bwatashywe na Producer Nicolas urambye muri uyu mwuga.

2016-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Ubwanditsi 02 May 2021
Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021

Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021

Ubwanditsi 19 Oct 2021
Basketball :  Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri  Zone V,  bihimuye ku ba Tanzania

Basketball : Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri Zone V, bihimuye ku ba Tanzania

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Umucungamutungo wa Miroplast FC yacikanye imishahara y’abakinnyi

Umucungamutungo wa Miroplast FC yacikanye imishahara y’abakinnyi

Ubwanditsi 17 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Umwarimu ukekwaho gusambanya umunyeshuri yigishaga ari gushakishwa uruhindu
ITOHOZA

Kigali: Umwarimu ukekwaho gusambanya umunyeshuri yigishaga ari gushakishwa uruhindu

Ubwanditsi 09 Jul 2017
Kisoro:  Bamwe mu Banyarwanda bafashwe bafungiwe ahatazwi
INKURU NYAMUKURU

Kisoro: Bamwe mu Banyarwanda bafashwe bafungiwe ahatazwi

Ubwanditsi 09 Feb 2019
Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)
HIRYA NO HINO

Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)

Ubwanditsi 06 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru