• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Knowless na Clement Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Knowless na Clement Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Ubwanditsi 07 Aug 2016 IMIKINO

Ubukwe bwavugishije benshi amangambure burashyize buratashye! Butera Knowless n’umugabo we Ishimwe Clement, basezeraniye mu Mujyi wa Nyamata mu busitani bwari burindiwe umutekano bidasanzwe.

Knowless na Clement, basezeraniye mu busitani buri ku muhanda Nyamata-Kigali ahegeranye na Golden Tulip Hotel iyavuzwe kenshi ko ariyo izakira ubu bukwe gusa siko byagenze.

Umutekano w’ahakikije ubusitani bwabereyemo ubukwe wari wakajijwe ku rwego rukomeye, umubare w’abarinda umugeni n’umukwe wari wongerewe ndetse abasekirite barindaga ku muzenguruko w’ubu busitani bari bambaye impuzankano, bari batandukanyijwe n’intera ngufi mu koroshya akazi ko gukumira umuntu washoboraga gushaka kwinjira ataratumiwe.

Abaturage babarirwa muri 30 biganjemo urubyiruko rw’abanyonzi bo mu Mujyi wa Nyamata, ni bo bari hanze y’aho ubukwe bwabereye bashungera gusa imvugo yari imwe bijujuta ‘kuko ngo babifashe nk’ubwirasi’.

Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Aba bageni, basezeranye ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 7 Kanama 2016, umuhango wo gusezerana wayobowe na Pasiteri wigenga witwa Rusine. Bambikaniye impeta mu busitani ahari hateraniye inshuti zabo zibarirwa mu ijana.

Umuhango wo gusezerana wabaye mu buryo butamenyerewe ku bakirisitu basengera mu Itorero ry’Abadiventisiti. Basezeraniye mu busitani mu gihe itorero risaba ko abashyingiranwa babikorera mu rusengero. Ni umuhango wayobowe na Pasiteri wigenga, wari utandukanye n’isanzwe iba kuko wamaze igihe kitarenze isaha, abatumirwa bari babaze, nta wari wemerewe kwiyongeramo atarahawe ubutumire.

Mu itangazamakuru, byavuzwe kenshi ko Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa 7 ryanze gusezeranya Knowless na Clement kuko bashatse ko uyu muhango ubera ahatari mu rusengero ibintu bihabanye n’amategeko agenda iri dini.

Pasiteri Ezra Mpyisi wagombaga gusezeranya aba bombi, aherutse kubwira IGIHE ko yitandukanyije n’ubukwe bwabo ku mpamvu zitandukanye atavuze byeruye.

Yagize ati ““Njyewe nabivuyemo, ntabwo nzamushyingira, ujye kubaza ababyeyi b’uwo mukobwa […] sebukwe yavuze ko azaza kumbwira impamvu ntiyaza ndetse kugeza uyu munsi nanjye ndabibaririza.”

Indi mpamvu yavuzwe nk’intandaro yo kutemererwa gusezerana, ngo ni uko umugeni yari agiye gushyingirwa atwite kandi amategeko itorero rigenderaho atabyemera.

Ubukwe bwa Knowless bwavuzwe mu buryo budasanzwe kubera umwihariko ba nyirabwo babuzanyemo by’umwihariko kubera ikumira rikomeye no guheza itangazamakuru mu mihango bakoze.

Knowless na Clement basezeranye imbere y’amategeko kuwa 31 Nyakanga 2016 mu muhango wabereye mu Murenge wa Remera. Uyu muhango wakurikiwe n’ibirori byo gusaba umugeni no gutanga inkwano, ibi byose byakozwe umutekano urinzwe mu buryo bukomeye, kwinjira mu bukwe byari intambara ikomeye kuko buri wese yabanza kwireba ku ilisiti yakwibura agasubizwa inyuma.

Ubukwe bwabaye mu muhezo kuri bamwe….

Ku munsi w’ubukwe bwa Knowless na Clement, umutekano wari wakajijwe ku rwego rwo hejuru. Ubusitani bwabereyemo imihango yo gusezerana bwari burinzwe n’abasekirite babitojwe babarirwaga muri 40 urebye uburebure bw’umuzenguruko w’aho bari barinze.

Itangazamakuru, abafotozi ku giti cyabo, abafana n’abaturage bake bashakaga kureba uko byifashe mu bukwe ntiborohewe n’abashinzwe umutekano ndetse bake mu bagerageje kurebera ibirori mu biti bamanuwemo babuzwa kureba uko byari byifashe.

Ubusitani bwabereyemo ubu bukwe buri ku muhanda wegeranye na Golden Tulip Hotel, abahisi n’abagenzi bahacaga bahagararaga gato bashaka kumenya icyatumye umutekano ukazwa bagahita bashushubikanwa n’abasekirite bavuganiraga ku byombi mu kurinda ko hagira igihungabanya umutekano w’ibyo abageni babategetsi.

Umuturage witwa Mupenzi Jean Claude ufite se ukora isuku muri ubu busitani ubukwe bwabereyemo, yagundaguranye n’abashinzwe umutekano bamufashe ahengereza mu ruzitiro ubwo yashakaga kuvugana n’umubyeyi we. Yanenze cyane abakoze ubukwe kuko ngo bakajije umutekano cyane mu gihe hari abandi bantu bakomeye bahakorera ubukwe ntibahutaze abaturage.

-3522.jpg

Yagize ati “Na muzehe bamusohoye nabi, muzehe nyine papa ni we utunganya neza ubu busitani, na we ku manywa yari ahari nka saa sita namuzaniye ibiryo, nyuma bahise badusohora ngo abashyitsi baje […] Nari ndimo ndunguruka bashaka kunkubita, bansubije inyuma bashatse kunkubita inshyi, banzizaga ko narungurutse kandi nashakaga muzehe wanjye kuko ni we ukoramo isuku.”

Abahanzi IGIHE dukesha iyi nkuru yabonye batashye ubukwe bwa Knowless barimo Christopher, Dream Boyz, Tom Close [ari na we watanze umugeni], Oda Paccy, Ssgt Robert, Bruce Melody. Mu batunganya indirimbo bwatashywe na Producer Nicolas urambye muri uyu mwuga.

2016-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mikino ifungura amatsinda y’irushanwa ny’Afurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation Cup, nta kipe n’imwe yari yasohotse yigeze ibona intsinzi.

Mu mikino ifungura amatsinda y’irushanwa ny’Afurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation Cup, nta kipe n’imwe yari yasohotse yigeze ibona intsinzi.

Ubwanditsi 11 Mar 2021
Yakubiwe umushahara inshuro 10, Nyuma yo gutsindira Manchester ibitego 4 mu mikino ibiri

Yakubiwe umushahara inshuro 10, Nyuma yo gutsindira Manchester ibitego 4 mu mikino ibiri

Ubwanditsi 02 Mar 2016
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu bagore yatsinzwe na Ethiopie ibitego 4-0 mu mukino wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi

Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu bagore yatsinzwe na Ethiopie ibitego 4-0 mu mukino wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 25 Sep 2021
FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

Ubwanditsi 30 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hagaragajwe  Inzira ndende y’uburyo inzego z’Iperereza ry’u Rwanda zatahuye umuzingo  w’Ibiganiro  bya Adeline Rwigara [ Diane Rwigara  yaburiye umuzigo  mu ndege , ajya kwa Kayumba Nyamwasa wa RNC ]
ITOHOZA

Hagaragajwe Inzira ndende y’uburyo inzego z’Iperereza ry’u Rwanda zatahuye umuzingo w’Ibiganiro bya Adeline Rwigara [ Diane Rwigara yaburiye umuzigo mu ndege , ajya kwa Kayumba Nyamwasa wa RNC ]

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara  yaguye muri gereza ya Mpimba
Mu Rwanda

Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara yaguye muri gereza ya Mpimba

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Impamvu  Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma
Mu Mahanga

Impamvu Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma

Ubwanditsi 24 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru