• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi

Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi

Ubwanditsi 21 Mar 2017 Mu Rwanda

Mu myaka ya nyuma y’ubwigenge ibihugu bya Uganda n’u Burundi nibyo byakozwemo kudeta nyinshi kurusha ibindi bigize umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EAC) kandi izo kudeta zikaba zenda kunganya umubare .

Nta kudeta yindi yigeze ikorwa mu bindi bihugu bigize EAC, usibye mu Rwanda hanakozwe jenoside ariko itari ifite aho ihuriye na kudeta !

Kuva u Rwanda n’u Burundi byakwinjira muri EAC nta yindi kudeta iraba mu gihugu icyo aricyo cyose kigize uwo muryango, usibye iyapfubye mu Burundi muri 2015 n’izikomeza gututumba muri Sudani y’Epfo. Muri ibi bihugu kandi by’u Burundi na Sudan y’Epfo niho ubona za kudeta zishoboka muri ibi bihe tugezemo !

Nubwo umubare wa za kudeta zabaye muri Uganda wenda kungana nuw’izabaye mu Burundi ariko muri Uganda ho ntabwo izo kudeta zagiye zimena amaraso nk’aya komeje kumeneka mu gihugu cy’u Burundi.

Nta wavuga ibya za kudeta zabaye mu Burundi atabanjirije ku ya pfubye mu Kwakira 1965, icyo gihe umukuru w’igihugu yari umwami Mwambutsa IV Bangiricenge. Abashatse gukora iyo kudeta kari agatsiko k’abasirikare b’Abahutu, bashakaga gushyiraho ubutegetsi bugendera ku buhutu nk’uko byari bimeze mu Rwanda rwategekagwa na Perezida Gregoire Kayibanda.

Michel Micombero, wari umwofisiye mu ingabo, yagize uruhare rukomeye cyane mu iburizwamo ry’iyo kudeta ya gihutu bituma yubaka izina cyane, binamuhesha umwanya wa minisitiri w’intebe muri Nyakanga 1966. M’Ugushyingo uwo mwaka Micombero yahiritse ubutegetsi bw’Umwami yirara muri ba bandi bashatse gukora kudeta ya gihutu arica, adasize n’abakekagwaho kuba bari bayishyigikiye.

Micombero niwe wabaye Perezida wa Repubulika wa mbere mu Burundi aza gukurwa ku butegetsi mu 1976, muri kudeta yakorewe na Jean Baptiste Bagaza. Mu 1987 Bagaza nawe yaje guhirikwa na Pierre Buyoya waje gutsindwa mu matora na Melchior Ndadaye muri Nyakanga 1993. Nta maraso yigeze ameneka muri izo kudeta zakozwe na Buyoya na Bagaza.

-6148.jpg

Ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza

Ndadaye yabaye Perezida wa Repubulika hafi amezi atatu gusa kuko yishwe mu Kwakira muri uwo mwaka w’i 1993 ! Nyuma y’urupfu rwa Ndadaye u Burundi bwamaze amezi hafi atandatu bumeze nk’ubudafite umukuru w’igihugu !

Ndadaye ikicwa igihugu cyabanje gufatwa na Francois Ngeze wari Perezida w’ishyaka UPRONA. Ngeze yategetse gusa muri uko kwezi ku Kwakira, nyuma hafata Sylilivie Kinigi wari Minisitiri w’intebe ku butegetsi bwa Ndadaye. Muri Gashyantare 1994 ishyaka FRODEBU, Ndadaye yakomokagamo, ryashyizeho Cyprien Ntaryamira, aba Perezida wa Repubulika.
Ntaryamira nawe ariko ntabwo yarayeho kabiri kuko muri Mata uwo mwaka w’i 994 yicanywe na Perezida Juvenal Habyarimana barasiwe mu ndege yari igeze mu kirere cya Kigali, ibakuye mu nama i Dar es Salaam !

Ntaryamira yasimbuwe ku butegetsi na Sylivestre Ntibantunganya nawe wo muri FRODEBU, ariko aza kubuhirikwaho muri Nyakanga 1996. Buyoya yasimbuye Ntibantunganya ku butegetsi, aba ategetse u Burundi mu bihe bibiri bidakurikirana nk’uko na Obote yabikoze muri Uganda !

Buyoya wa UPRONA yakuwe ku butegetsi n’amasezerano ya Arusha muri 2003, asimburwa na Domittien Ndayizeye wa FRODEBU wategetse kugeza mu matora ya 2005. Ishyaka CNDD-FDD niryo ryatsinze ayo matora rishyiraho Petero Nkurunziza kuba Perezida wa Repubulika. Ubu Nkurunziza ari muri manda ya gatatu, binyuranije n’itegeko nshinga kimwe n’amasezerano ya Arusha, bituma amaraso akomeza kumeneka !

Kimwe nko mu Burundi, nyuma y’ubwigenge bwa Uganda mu 1962 Umwami (Kabaka) Sir Edward Muteesa niwe wabaye Perezida w’igihugu, Apolo Milton Obote ari Minisitiri w’intebe. Muri Gashyantare 1966 Obote akorera kudeta Muteesa aba Perezida wa Repubulika.

Kimwe nko mu Burundi Umukuru w’igihugu wa mbere wa Uganda yigenga yari Umwami (Kabaka), Sir Edward Mutesa wabaye Perezida muri Werurwe 1963, nyuma y’imyaka itatu gusa abuhirikwaho na Milton Obote, nawe waje gukorerwa kudeta na General Idi Amin mu 1971.

Idi Amin, ugomba kuba ari ku isonga mu baperezida bategekesheje ubugome n’ubwenge buke muri ibi bihugu bigize EAC, yaje guhirikwa ku butegetsi n’igisirikare cya Tanzania muri Mata 1979, nyuma y’intambara yamaze hafi arindwi hagati ya Tanzania na Uganda.

-6147.jpg

Ubutegetsi bwa Perezida Museveni

Nyuma y’imeneshwa rya Idi Amin, Tanzania yagiye ishyiriraho Uganda ubutegetsi budasobanutse nk’uko butamaragaho na kabiri ! Icyo ubutegetsi bwa Nyerere muri Tanzania bwari bugamije kwari ugusubizaho Obote ariko bikagenda bigorana !
Nyuma ya Amin hashyizweho Prof. Yusuf Lule muri Mata 1979 abukurwaho muri Kamena uwo mwaka. Perezida Lule yahise asimburwa na Godfrey Lukongwa Binaisa nawe waje gusimbuzwa Paul Mwanga muri Gicurasi 1980. Mwanga yaje kwegura muri iyo Gicurasi uwo mwaka w’i 1980, abererekeye Obote ngo asubire ku butegetsi yari yarahiritsweho na Amin agahungira muri Tanzania.

Tanzania yashubije Obote ku butegetsi benshi muri Uganda batabishaka, Yoweri Kaguta Museveini we yahise ajya mu ishyamba kurwanya ubutegetsi bwe.

Nubwo Tanzania yakomeje kurwana kuri Obote ariko nyuma Nyerere yaje usanga atakiri wa Obote yari azi mu gihe cy’ubu Perezida bwe bwa mbere, aza guhumiriza ngo Museveni na NRA bamurwanye uko babyumva.

NRA imaze kunaniza igisirikare cya Obote, ubutegetsi bwe bwahiritswe n’igisirikare cye, General Bazilio Okello aba Perezida wa Repubulika. Bazilio yashoboye kwesa umuhigo wa Paul Mwanga kuko nawe yavuye ku butegetsi atabumazeho ukwezi. Yasimbuye Obote muri Nyakanga 1985, yegura muri uko kwezi, ubutegetsi bufatwa na General Tito Okello.

Uyu mugabo ariko nawe ntabwo yabumazeho kabiri kuko muri Mutarama 1986 inyeshyamba za NRA zigaruriye igihugu Museveni ahita aba Perezida, na n’ubu akaba agitegeka icyo gihugu.

Nyuma y’ubwigenge rero Uganda imaze gutegekwa n’abakuru b’igihugu umunani, udashyizemo Obote ku nshuro ya kabiri. Uburundi bwo bumaze gutegekwa n’abakuru b’igihugu icyenda, udashyizemo Buyoya ku nshuro ya kabiri na ba Ngeze na Kinigi bategetse badategeka !

Ukuyemo Sudan y’Epfo itarasobanuka neza muri EAC, Kenya niyo kugeza ubu imaze gutegekwa n’umubare muke w’abaperezida. Kenya imaze gutegekwa na bane, Tanzania batanu. Igihugu cy’u Rwanda cyo kimaze gutegekwa na batandatu, ushyizemo na Theodore Sindikubwabo wategetse amezi atagera kuri atatu kandi ubwo butegetsi bwe bwirukanka imishwaro !

Casmiry Kayumba

2017-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Ubwanditsi 01 May 2021
Urutonde Rw’ibigo 57 By’amashuri Yisumbuye Byabujijwe Gutangira Igihembwe Cya Gatatu

Urutonde Rw’ibigo 57 By’amashuri Yisumbuye Byabujijwe Gutangira Igihembwe Cya Gatatu

Ubwanditsi 17 Aug 2018
UMUYOBOZI WA POLISI Y’U RWANDA YASUYE ITSINDA RY’ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MU BUTUMWA BW’AMAHORO MURI HAITI

UMUYOBOZI WA POLISI Y’U RWANDA YASUYE ITSINDA RY’ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MU BUTUMWA BW’AMAHORO MURI HAITI

Ubwanditsi 08 Jun 2016
Inama y’intekorusange isanzwe y’abafite ubumuga mu Rwanda NPC, yemeje ko Murema Jean Babptiste yongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka ine iri imbere

Inama y’intekorusange isanzwe y’abafite ubumuga mu Rwanda NPC, yemeje ko Murema Jean Babptiste yongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka ine iri imbere

Ubwanditsi 05 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”
Amakuru

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Ubwanditsi 03 Sep 2020
Umunya-Eritrea Amanuel Ghebreigzabhier yegukanye Shampiona y’Afurika yaberaga mu Rwanda
IMIKINO

Umunya-Eritrea Amanuel Ghebreigzabhier yegukanye Shampiona y’Afurika yaberaga mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Feb 2018
Col Aaron Nyamushebwa yahakanye amakuru avuga ko yatorotse igisirikare cya FARDC
POLITIKI

Col Aaron Nyamushebwa yahakanye amakuru avuga ko yatorotse igisirikare cya FARDC

Ubwanditsi 22 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru