• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Ubwanditsi 25 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 24, 2020 Ikinyamakuru gikorera CMI kizwi nka Command Post cyasohoye inkuru ivuga ko “Intwaro zafatiwe muri Kenya zigiye muri Uganda hari aho zihuriye n’u Rwanda”. Iyo nkuru ivugako abasirikari bakuru mu ngabo z’u Rwanda (ntabwo amazina yabo yatangajwe) bahawe amafaranga yo gufasha abarwanya ubutegetsi muri icyo gihugu muri iki gihe cy’amatora bityo habe akavuyo muri Kampala.

Uwo muzindaro wa CMI wongeyeho ko u Rwanda rushyigikiye abarwanya Uganda bakoresheje intwaro baba mu burasirazuba bwa Kongo n’ibindi n’ibindi.

Nubwo Uganda ishyira hanze ibyo birego bitagira ishingiro, ntaho u Rwanda ruhuriye n’intwaro zafashwe n’inzego z’ubuyobozi za Kenya. Ni ibisanzwe ko ibicuruzwa byinjiye mu gihugu bigaragaza aho byaturutse, uwabiguze naho byerekeje. Muri ibyo byose ntaho u Rwanda rugaragara.

Ibinyamakuru byo muri Kenya nibyo byabanje gutangaza amakuru ajyanye n’ifatwa ryizi ntwaro zari zigiye muri Uganda. Inkuru ya Command Post yaje isa naho ije kuzimya umuriro nyuma yahoo amakuru y’ibanga ya Uganda yari agiye hanze aho Uganda yari yaguze intwaro ikazinyuza mu kindi gihugu itabisabiye uburenganzira.

Ubu amakuru agezweho ni uko Uganda iri gutakambira Kenya ngo irekure izo ntwaro. Byumvikane neza ko izo ntwaro iyo zitaba ari iza Uganda, icyo gihugu cyari gusaba Kenya ko izo ntwaro zasubizwa iyo zivuye.

Tariki ya 20 Ukwakira 2020, Benson Tussime yanditse inkuru yagaragazaga ko Polisi ya Uganda igiye kwinjiza abapolisi bashyashya bagera ku bihumbi 50 kubera amatora ya ateganyijwe muri Mutarama 2021.

Umuvugizi wa Polisi Fred Enanga yatangaje muri iyo nkuru ko bagiye kwinjiza abapolisi ariko bakazahita basezererwa nyuma y’amatora. Ikibazo umuntu yakwibaza hano ni uburyo Uganda igiye gushora akayabo itoza ibihumbi by’abapolisi bazasererwa nyuma y’amatora. Amakuru yizewe ni uburyo inzego z’umutekano CMI na ISO bumvikanye na RNC ko bazafatanya gushyigikira Perezida Museveni. Ibihembo bikazaba guha RNC intwaro ngo bagakuraho ubuyobozi buyobowe na Perezida Kagame.

CMI_ISO zumvikanye na RNC mu bikorwa byo gushyigikira Perezida Museveni no kurwanya abahanganye na Museveni.

Abarebye Televiziyo ku byaberaga Uganda mu minsi yashize ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, babonye uburyo abantu bameze nk’amabandi barasaga abadashyigikiye Perezida Museveni cyane cyane mu bice bya Kampala no mu bindi bice by’igihugu. Iyo mitwe yari yitwaje intwaro bari bambaye kambambili bameze nk’abashumba baragiye inka ariko bafite intwaro, nibo Polisi ya Uganda yemeje ko ari abapolisi basanzwe.

Hari ibimenyetso byinshi bigaragaza ko Uganda ifasha imitwe irwanya Leta ya Uganda nka FDLR, RNC nindi ndetse abayobozi b’u Rwanda bakaba barabigaragaje inshuro nyinshi. Muri ubwo bufasha harimo kubaha imyitozo, kubaha impapuro z’inzira ndetse no kugenzura ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda.

Imbaraga CMI na ISO bakoresha mu gusebya u Rwanda bakoresha Command Post kuko ukuri kuzatsinda ibinyoma biciriritse bitangazwa nuyu muzindaro wabo.

2020-11-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Ubwanditsi 08 Aug 2021
Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Ubwanditsi 26 Dec 2024
Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Umunyamakurukazi wo mu Bufaransa, Natacha Polony, yashyikirijwe inkiko ngo aryozwe gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umunyamakurukazi wo mu Bufaransa, Natacha Polony, yashyikirijwe inkiko ngo aryozwe gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 17 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo  [ VIDEO ]
UBUKUNGU

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo [ VIDEO ]

Ubwanditsi 17 May 2017
Afhamia Lotfi wahoze atoza Rayon Sports na Mukura yasinye muri Gicumbi FC, ahabwa inshingano zo kugeza iyi kipe mu myana 6 ya mbere
Amakuru

Afhamia Lotfi wahoze atoza Rayon Sports na Mukura yasinye muri Gicumbi FC, ahabwa inshingano zo kugeza iyi kipe mu myana 6 ya mbere

RUSHYASHYA 25 Jun 2026
Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade
Mu Mahanga

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Ubwanditsi 20 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru