• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Ubwanditsi 25 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 24, 2020 Ikinyamakuru gikorera CMI kizwi nka Command Post cyasohoye inkuru ivuga ko “Intwaro zafatiwe muri Kenya zigiye muri Uganda hari aho zihuriye n’u Rwanda”. Iyo nkuru ivugako abasirikari bakuru mu ngabo z’u Rwanda (ntabwo amazina yabo yatangajwe) bahawe amafaranga yo gufasha abarwanya ubutegetsi muri icyo gihugu muri iki gihe cy’amatora bityo habe akavuyo muri Kampala.

Uwo muzindaro wa CMI wongeyeho ko u Rwanda rushyigikiye abarwanya Uganda bakoresheje intwaro baba mu burasirazuba bwa Kongo n’ibindi n’ibindi.

Nubwo Uganda ishyira hanze ibyo birego bitagira ishingiro, ntaho u Rwanda ruhuriye n’intwaro zafashwe n’inzego z’ubuyobozi za Kenya. Ni ibisanzwe ko ibicuruzwa byinjiye mu gihugu bigaragaza aho byaturutse, uwabiguze naho byerekeje. Muri ibyo byose ntaho u Rwanda rugaragara.

Ibinyamakuru byo muri Kenya nibyo byabanje gutangaza amakuru ajyanye n’ifatwa ryizi ntwaro zari zigiye muri Uganda. Inkuru ya Command Post yaje isa naho ije kuzimya umuriro nyuma yahoo amakuru y’ibanga ya Uganda yari agiye hanze aho Uganda yari yaguze intwaro ikazinyuza mu kindi gihugu itabisabiye uburenganzira.

Ubu amakuru agezweho ni uko Uganda iri gutakambira Kenya ngo irekure izo ntwaro. Byumvikane neza ko izo ntwaro iyo zitaba ari iza Uganda, icyo gihugu cyari gusaba Kenya ko izo ntwaro zasubizwa iyo zivuye.

Tariki ya 20 Ukwakira 2020, Benson Tussime yanditse inkuru yagaragazaga ko Polisi ya Uganda igiye kwinjiza abapolisi bashyashya bagera ku bihumbi 50 kubera amatora ya ateganyijwe muri Mutarama 2021.

Umuvugizi wa Polisi Fred Enanga yatangaje muri iyo nkuru ko bagiye kwinjiza abapolisi ariko bakazahita basezererwa nyuma y’amatora. Ikibazo umuntu yakwibaza hano ni uburyo Uganda igiye gushora akayabo itoza ibihumbi by’abapolisi bazasererwa nyuma y’amatora. Amakuru yizewe ni uburyo inzego z’umutekano CMI na ISO bumvikanye na RNC ko bazafatanya gushyigikira Perezida Museveni. Ibihembo bikazaba guha RNC intwaro ngo bagakuraho ubuyobozi buyobowe na Perezida Kagame.

CMI_ISO zumvikanye na RNC mu bikorwa byo gushyigikira Perezida Museveni no kurwanya abahanganye na Museveni.

Abarebye Televiziyo ku byaberaga Uganda mu minsi yashize ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, babonye uburyo abantu bameze nk’amabandi barasaga abadashyigikiye Perezida Museveni cyane cyane mu bice bya Kampala no mu bindi bice by’igihugu. Iyo mitwe yari yitwaje intwaro bari bambaye kambambili bameze nk’abashumba baragiye inka ariko bafite intwaro, nibo Polisi ya Uganda yemeje ko ari abapolisi basanzwe.

Hari ibimenyetso byinshi bigaragaza ko Uganda ifasha imitwe irwanya Leta ya Uganda nka FDLR, RNC nindi ndetse abayobozi b’u Rwanda bakaba barabigaragaje inshuro nyinshi. Muri ubwo bufasha harimo kubaha imyitozo, kubaha impapuro z’inzira ndetse no kugenzura ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda.

Imbaraga CMI na ISO bakoresha mu gusebya u Rwanda bakoresha Command Post kuko ukuri kuzatsinda ibinyoma biciriritse bitangazwa nuyu muzindaro wabo.

2020-11-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019
Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Ubwanditsi 20 May 2022
Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025

Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025

Ubwanditsi 31 May 2025
Perezida Nkurunziza yaba yaragiye ku butegetsi ashaka amafaranga kurusha kunga Abarundi?

Perezida Nkurunziza yaba yaragiye ku butegetsi ashaka amafaranga kurusha kunga Abarundi?

Ubwanditsi 23 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda
UBUKUNGU

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Perezida Macron azahagararirwa mu kwibuka ku nshuro ya 25 n’umudepite ukomoka i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Perezida Macron azahagararirwa mu kwibuka ku nshuro ya 25 n’umudepite ukomoka i Kigali

Ubwanditsi 22 Mar 2019
Ntakirutimana Théoneste  wari Umuyobozi wa  ADEPR – Uganda, yashimutiwe  Kampala
Mu Mahanga

Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Ubwanditsi 30 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru