• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage

Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage

RUSHYASHYA 09 Aug 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda, POLITIKI

Mu cyumweru kimwe, Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA), cyafunze inganda 148 zakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge ndetse ibyo zakoraga bikurwa ku isoko.

Ikibazo inganda zose zafunzwe zihuje ni icyo gukoresha ikinyabutabire cya ethanol kitujuje ubuziranenge; ibyatumaga inzoga zakoraga zihinduka uburozi, zikica abazinyoye cyangwa se zikabashegesha bikomeye, ibyatumye Abanyarwanda baziha amazina arimo ‘ibyuma’.

Isuzuma ryakozwe ryagaragaje ko abantu 50 bishwe n’inzoga zitujuje ubuziranenge kuva muri Mutarama 2026, 100 barahuma. Kugeza muri Nyakanga, mu gihugu hose habaruwe abantu ibihumbi 11 bagizwe imbata n’izi nzoga ku buryo kuzireka byabatwara igihe kinini.

Mu mukwabu ukomeye wo gufunga inganda zikora izi nzoga nka Ingufu Gin, NBG Group na African Buffalo, mu gihugu hose hamaze gutabwa muri yombi abantu 80 barimo ba nyirazo ndetse n’abakozi bazo barimo abari bashinzwe gusuzuma ubuziranenge.

Ku wa 8 Kanama, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira Thierry, yagaragaje ko izi nganda zabagamo akavuyo kenshi mu mikorere yazo, kuko zitagiraga abize ibijyanye no gutunganya umusaruro.

Ati “Inganda zasuwe zasanzwe harimo abantu badafite ibyangombwa. Akagenda akazana abakozi bo mu muryango, we ugasanga aravuga ngo yitaye ku bo mu muryango we, atitaye kuri ba bantu babyigiye.”

Dr. Murangira yavuze ko ubusanzwe amacupa y’inzoga zizwi nka ‘gin’ akoreshwa inshuro imwe, ariko inganda zagendaga ziyatoragura ahantu hatandukanye, zikayakoresha inshuro zirenze imwe kandi na bwo ntizite ku isuku yayo.

Ati “Ntushobora kuba wumva uruganda nka ruriya rwitwa ngo Nguvu kuba bacyogesha agati n’amazi n’icyangwe bagacugusa, badafite imashini yabugenewe yoza ariya macupa. Uribaza rero uruganda nka ruriya rwasaga nk’aho ari icyitegererezo, ushobora kubaza izindi zifitemo ubushobozi buke uko zimeze.”

Umuvugizi wa RIB yasobanuye ko ethanol igira amabwiriza yihariye kubera ingaruka ishobora kugira ku buzima bw’abantu zirimo n’urupfu, ariko ko inganda zayibikaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ati “Ubundi ni ikinyabutabire kigira amabwiriza akigenga kubera ingaruka gishobora kugira ku buzima bw’abantu harimo n’urupfu. Ikintu cyagaragaye rero ni uko iyi ethanol yagiye igaragara ibitswe ahantu hatabugenewe.”

Dr. Murangira yasobanuye iyo ethanol ibitswe nabi, ishobora guhindura umwimerere nk’igihe iri ahantu hari ubushyuhe, igahinduka uburozi bwica cyangwa bwangiza ubuzima bw’abantu mu bundi buryo.

Ati “Ikinyabutabire cya ethanol iyo ukibitse ahantu hashyushye, gishobora gutera ibyago by’ubushye, gutera inkongi cyangwa se iyo bagishyize ku bushyuhe bwinshi, umwimerere wacyo urahinduka, iyo uhindutse, gihinduka uburozi.”

Yavuze ko byagaragaye ko ethanol yari ibitse mu bikoresho bigerekeranye, ahantu hadashobora kuyiha ubushyuhe budahinduka, ku buryo n’abagenzuzi batashoboraga kugenzura imwe ku yindi, kandi byari ngombwa.

Dr. Murangira yasobanuye ko mu gukora inzoga, habaho kuvanga ethanol n’amazi mu rwego rwo kuyigabanyiriza ubukana kugira ngo igere ku kigero cyifuzwa, ariko ko ibyo atari ibyo byakorwaga mu ruganda Ingufu Gin.

Ati “Ubundi nka kiriya kigega bavangiramo kigomba kuba gifite ibipimo byo kuvuga ngo hano ni litiro 20, 25, 30, 35, ibyo bintu nta biriho. Ni ukuvuga ngo basukamo, uje akajya hejuru akarungurukamo, akagereranya ngo niba iri aha, biba birimo litiro iyi, ubwo ngubwo agashyiramo amazi gutyo.”

Umuvugizi wa RIB yavuze ko iki kintu kitoroshye kuko ari ho hazira gushyiramo ethanol ifite ubukana burenze ubushobozi bw’umubiri w’umuntu, ikaba yakwangiza ubuzima bwe.

Ati “Tekereza gufata urwego mu kigega cya litiro nka 500, umuntu agafata urwego akarungurukamo, akavuga ngo iyo bigeze aha, buriya haba harimo litiro izi n’izi. Ubikora ku kinyabutabire cya ethanol, uzi ingaruka iyo kirengeje alukolo kigira mu mubiri w’umuntu. Ibi ni ibintu twasanze no muri uru ruganda rwa Nguvu bamwe bafata nk’intangarugero.”

Dr. Murangira yavuze ko umuntu utumiza ethanol mu mahanga agomba kuba afite icyemezo kigaragaza ikigero cy’ubukana bwayo n’ibiyigize ariko ibyo bitigeze bikorwa, ibyatumye izi nganda ziyikoresha kandi zitayisobanukiwe.

Ati “Ubundi wowe utumiza ugomba kugira icyemezo cy’ubusesenguzi cya alukolo yinjiye. Uwabyohereje ntabwo yamwandikiye ati ‘iyi ethanol ikozwe gutya na gutya, iriho ubukomere n’ubukarihe bwayo kuri iki kigero’. Yarabimubwiye gutyo gusa, undi na we arakira, arakoresha. Ntizerekana ibikoresho fatizo zakozwemo. Ishobora kuba yarakozwe mu kintu tutazi icyo ari cyo.”

Kuri Ingufu na none, Dr. Murangira yagaragaje ko uru ruganda rwitiranyaga inzoga zitunganyijwe mu bisheke (rum) na gin, byombi rukabitunganya rukoresheje ethanol itaziwe inkomoko.

Ati “Ni ukuvuga ngo harimo no kubeshya abantu. Gin yo ishobora kuva mu binyampeke, ibigori cyangwa se ibirayi birimo isukari, kubifata bakabisabika, hanyuma bakaza kubikuramo, bakayungurura, bagakora umutobe, bakawucanira, ikivamo, ubwo niba ari ibigori, ubwo tukaba dukoze gin. Wumve ko we iriya ethanol azana, abeshya abantu ngo iyi ni rum kandi ibiyigize na we ntayo abyo azi kandi noneho ni n’imwe.”

Ikindi cyagaragaye nk’uko Dr. Murangira yabisobanuye, ni uko imipfundikizo y’amacupa yashyizwemo izi nzoga na yo yagombaga gutabwa nyuma yo gukoreshwa, ariko ko izi nganda zakomeje kuyikoresha, bituma ibinyobwa bitakaza umwimerere, bikora uburozi.

Ati “Utabyumva ngo umufuniko wataye igihe, uvuge ngo ni akantu gato. Ni akantu gakomeye kuko bituma umwimerere w’ikirimo gipfundikiye utakara. Iyo umwimerere utakaye, cya kinyabutabire cyiremamo ibindi bintu bishobora kurema uburozi.”

Dr. Murangira yasobanuye ko mu igenzura ryakozwe mu bigega by’izi nganda bivangirwamo ethanol n’amazi, byagaragaye ko bimwe na bimwe birimo ingese izwiho gutera kanseri; ibishimangira ko zititaga ku isuku.

Uruganda rudafite ibyangombwa byo gukora

Umuvugizi wa RIB yagaragaje ko ikigo cyitwa Kerry Taste and Nutrition Rwanda ari cyo cyahaga inganda zose ibitera impumuro (flavor) kugira ngo zibikoreshe mu nzoga nyamara nta cyangombwa cyari gifite cyo gukorera mu gihugu.

Ati “Ibi bitera impumuro ubikwirakwiza ni uyu witwa ngo ni Kerry Taste and Nutrition, ni we ujyanira Nguvu Gin. Uyu Kerry and Taste we nta cyangombwa na kimwe kimwemerera gukora.”

“Ni ukuvuga ngo ibyo akora ntabwo tuzi ubuziranenge bwabyo. N’ibigize igize izi flavor ntibizwi kuko n’ibyo amuha na we ntabyo aba yanditseho.”

Dr. Murangira yasobanuye ko ubwo inzego zishinzwe ubugenzuzi zasuraga ahantu Kerry Taste and Nutrition, kugira ngo zirebe niba hujuje ibisabwa, zasanze nta kibazo hafite ariko nyuma y’ubugenzuzi, ikajya gukorera ahandi hafite ikibazo.

Ati “Ni wa mugambi mubisha wo gushaka kugabanya ubuziranenge bw’ibyo ucuruza kugira ngo wunguke menshi.”

Umuyobozi Mukuru wa Ingufu Gin akaba na nyirayo, Ntihanabayo Samuel uzwi nka Kazungu, Twahirwa Fulgence ushinzwe ubugenzuzi muri uru ruganda na Katushabe Donias uyobora ishami rishinzwe umusaruro, kugeza ubu ni bo batawe muri yombi.

Muri Kerry Taste and Nutritions, hafunzwe Oluwatosin Ajayi ushinzwe ibikorwa, Kayihura Mudahogora Belinda ushinzwe imicungire n’umusaruro na Hamdun Alpha Peter ushinzwe kugeza ibicuruzwa ku bakiliya.

Muri rusange, bakurikiranyweho icyaha cyo guha umuntu ikintu gishobora kwica cyangwa gushegesha ubuzima, guhimba cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, kunyereza umutungo no kwigomeka ku buyobozi.

Bafungiwe kuri sitasiyo za RIB zirimo iya Ndera, Remera, Kicukiro na Nyamirambo mu gihe dosiye zabo ziri gutunganywa kugira ngo zishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Uruganda rwa Ingufu Gin rwafunzwe ku ikubitiro, hakurikiraho izindi zirenga 140

Ibinyobwa byitwa ‘ibyuma’ byahagaritswe ku isoko ryo mu Rwanda

Mu Mujyi wa Kigali hafungiwe abantu 16 biganjemo abakoraga inzoga z’ibyuma

Umuyobozi wa Ingufu Gin, Ntihanabayo Samuel uzwi nka Kazungu, ari mu bafungiwe i Kigali

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yagaragaje ko inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage

2026-08-09
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Ubwanditsi 30 Dec 2023
APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

Ubwanditsi 24 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi
Mu Mahanga

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!
INKURU NYAMUKURU

Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!

Ubwanditsi 26 Aug 2020
Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza
Amakuru

Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza

Ubwanditsi 06 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru