• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Angella Kayihura, umugore wa Gen Kale Kayihura nawe yatawe muri yombi

Uganda: Angella Kayihura, umugore wa Gen Kale Kayihura nawe yatawe muri yombi

Ubwanditsi 15 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda aravuga ko mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu, abashinzwe umutekano mu gisirikare bataye muri yombi Angella Kayihura, umugore wa Gen Kale Kayihura, wahoze ayoboye igipolisi cya Uganda mbere yo kwirukanwa akaba yanatawe muri yombi kuri uyu wa gatatu, itariki 13 Kamena 2018.

Urubuga Spyreports rwo muri Uganda dukesha iyi nkuru, ruravuga ko rwamenye ko Angella Kayihura yakuwe mu rugo iwe ahitwa Muyenga mu nkengero z’umurwa mukuru, Kampala, akajyanwa ahantu hataramenyekana.

Ni mu gihe ngo uru rubuga rutabashije ubona umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire, ngo agire icyo arutangariza kuri aya makuru.

Uru rubuga rurakomeza ruvuga ko rutamenye niba itabwa muri yombi rya Angella rifite aho rihuriye n’ibyaha umugabo we akekwaho byatumye atabwa muri yombi.

Rurakomeza ruvuga ko Angella Kayihura ari Umunyakenyakazi ufite inkomoko mu Rwanda, ndetse ngo akaba ari umwuzukuru wa Rudahigwa, umwami wa nyuma wa mbere y’uko u Rwanda rubona ubwigenge. We na Kayihura babyaranye abana babiri.

Gen. Kale Kayihura n’umugore we Angella Kayihura, umwuzukuru  wa Rudahigwa

Bivugwa ko nyuma yo kwirukanwa ku mirimo, Gen Kayihura yahise ategeka umukobwa we, Tesi gusubira mu rugo ako kanya. Uyu akaba yarataye akazi ka Loni kamuhembaga akayabo yakoreraga mu Rwanda, agasubira I Kampala ku mabwiriza ya se.

Uyu mukobwa wa Gen Kayihura witwa Tesi w’umuganga (doctor) kuri ubu ngo aba iwabo I Muyenga.

Ku rundi ruhande, umuhungu wa Gen Kayihura witwa Kale Jr, akaba ari umunyamategeko wabigize umwuga, nawe ngo yaba aherutse gusubira mu gihugu kujya gufasha se mu mirimo yo ku ifamu yabo iri Lyantonde bivugwa ko yinjiza za miliyari.

Ngo nyuma yo gusubira iruhande rw’ababyeyi, aba bana ba Kayihura bagaragaraga nk’abadashaka gukomeza imyuga yabo kandi babanaga nabo I Muyenga ndetse bakagenda bari kumwe n’abashinzwe kubarinda mu gihe basohotse mu rugo.

2018-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?

Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?

Ubwanditsi 14 Oct 2022
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ubwanditsi 31 May 2024
Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Jan 2021
AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

Ubwanditsi 04 Dec 2018

4 Ibitekerezo

  1. Shimon
    June 15, 201812:14 pm -

    Ntabwo uyu Angelina yaba umwuzukuru wa Rudahifwa kuko nta mwana Rudahigwa yigeze abyara rwose??

    Subiza
  2. Mujyanama
    June 15, 20185:21 pm -

    Ni umwuzukuru wa Yuhi Musinga!

    Subiza
  3. Munyangaju
    June 15, 20188:01 pm -

    Iyaba umwuzukuru wa Rudahigwa ntabayaratwaye umurambo wa Kigeli mu Rwanda
    Au Rwanda mujye mutinya Imana mwirinde guhemukira abavandimwe
    Angella ntiyarayobewe uko kigeli yahoraga aria gutaha ntacyo bataganiraga kuko
    Nyina wa Angella nu muhindiro kazi wanyirimbirima wa Rwabugiri naho Angera akaba umutsobe

    Mana uzaduhirera tukiraha

    Subiza
  4. niyogihozo
    June 18, 20186:59 am -

    Uyu muryango Nyagasani awufashe ndabona utorohewe na gato. Erega nta mahoro yo ku isi bavandidimwe. Uyu munsi biba ari byiza, ejo bigahinduka….Ni gatebe gatoki koko.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe
INKURU NYAMUKURU

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Perezida Pierre Nkurunziza arakekwaho kuba inyuma y’igurishwa ry’abana b’abakobwa muri Asia
ITOHOZA

Perezida Pierre Nkurunziza arakekwaho kuba inyuma y’igurishwa ry’abana b’abakobwa muri Asia

Ubwanditsi 15 Jun 2016
Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe
Amakuru

Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe

RUSHYASHYA 24 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru