• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato bikomeje gukorerwa Abanyarwanda

Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato bikomeje gukorerwa Abanyarwanda

Ubwanditsi 14 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 12 Nzeri, yasabye guverinoma ibisobanuro ku itabwa muri yombi rinyuranyije n’amategeko no gusubizwa iwabo bikomeje gukorerwa Abanyarwanda.

Icyemezo cya perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda kije nyuma y’aho bamwe mu badepite bagaragarije ko iri tabwa muri yombi no gusubiza iwabo Abanyarwanda byakomeje nyamara Perezida kagame na Museveni barabonanye muri Werurwe bakiyemeza gukemura iki kibazo.

“Kujujubywa byarakomeje kuva Kigali yaregera Kampala  ko RNC iri gukoresha Uganda mu bikorwa byo gushaka abarwanyi no gukora ubukangurambaga mu Banyarwanda baba muri Uganda hagamijwe guhungabanya u Rwanda,” uyu ni Depite Anna Adeke, uhagarariye urubyiruko mu nteko.

Hon Adeke yavuze amazina ya bamwe mu Banyarwanda batawe muri yombi barimo; Emmanuel Cyemayire, wari umucuruzi muri Mbarara bivugwa ko yanakorewe iyicarubozo, nyuma akajugunywa ku mupaka wa Gatuna kuwa 04 Mutarama, ndetse na Jessica Muyongerwa na Vanessa Gasaro, batawe muri yombi nyuma bakajugunywa ku mupaka.

Umunyarwanda Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo n’igisirikare cya Uganda (CMI)

Adeke akavuga ko iri tabwa muri yombi bifite ingaruka ku ihungabana ry’umutekano mu gihugu, ku rundi ruhande bikaba ari ikibazo ku mibanire ya dipolomasi hagati ya Uganda n’u Rwanda.

Yakomeje avuga ko Abanyarwanda benshi babayeho mu bwoba bikanga ko ari bo bashobora gukurikiraho mu gutabwa muri yombi.

Mu kwezi gushize nk’uko iyi nkuru dukesha pmldaily.com ikomeza ivuga, imibanire ya Uganda n’u Rwanda yarushijeho kuzahara kubera iryo tabwa muri yombi rikomeje n’ibyo birego byo gushinjanya gushyigikira ibikorwa by’inyeshyamba.

Uyu mwuka mubi hagati y’ibihugu byombi wagaragaye nk’ugiye guhosha ubwo abakuru b’ibihugu byombi babonanaga kuwa 25 Werurwe I Kampala.

Nyamara, amakuru yizewe avuga ko nyuma y’uko kubonana, imibanire ya dipolomasi ahubwo yarushijeho kuba mibi kuko ibihugu byombi bitubahirije ibyo byemeranyije ahubwo itabwa muri yombi ry’Abanyarwanda no kubasubiza mu gihugu cyabo birushaho kwiyongera.

Uhereye muri uko kwezi kwa Werurwe, abayobozi ba Uganda, by’umwihariko mu turere twegereye umupaka nka Kabale, Kisoro na Kadadi, bataye muri yombi Abanyarwanda benshi babasubiza mu Rwanda. Ibiherutse bikaba byarabaye kuwa 24 Nyakanga, aho polisi mu Karere ka Rubanda yataye muri yombi Abanyarwanda 22 n’Abanyekongo ngo binjiye mu gihugu binyuranyije n’amategeko.

U Rwanda kandi rushinja abakozi b’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka gufatira indangamuntu z’Abanyarwanda bajya muri Uganda.

U Rwanda rushinja Uganda kandi gushyigikira abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ku rundi ruhande Uganda nayo igahiga bukware Abanyarwanda yita intasi z’u Rwanda.

Mu kwezi gushize, itangazamakuru mu Rwanda rikaba ryarasohoye inkuru y’uko perezida Museveni yavuganye na Dr David Himbara, umwe mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aho byavugwaga ko perezida Museveni yiyemeje kumushyigikira.

David Himbara

Muri Nyakanga Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Maj. Gen.(Rtd) Frank Mugambage, nawe akaba yarashinje Guverinoma ya Uganda kunanirwa gukora iperereza ku mitwe y’iterabwoba ikorera muri Uganda ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

2018-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi buhangayikishijwe n’ihagarikwa ry’abasirikare b’Abarundi bari Somalia mu butumwa bwa AMISOM binjirizaga Nkurunziza, Museveni na Salim Saleh amamiliyoni

U Burundi buhangayikishijwe n’ihagarikwa ry’abasirikare b’Abarundi bari Somalia mu butumwa bwa AMISOM binjirizaga Nkurunziza, Museveni na Salim Saleh amamiliyoni

Ubwanditsi 27 Feb 2019
Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ubwanditsi 11 Nov 2020
U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

RUSHYASHYA 30 Oct 2025
Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Ubwanditsi 28 Jan 2025

Igitekerezo kimwe

  1. Sema Halelua
    September 14, 201812:01 pm -

    Mubyukuri Nanjye Maze Iminsi Mike Mvuye Uganda Muri District Ya Mubende Mugice Kitwa Lubaali Aho Niho Nabaga Buretseko Ubu Nsigaye Nibera Hong Cong Mbere Yuko Mva Lubaali Nafashe Urujyendo Njya Kampala Ndangura Ibicuruzwa Bukeye Mvayo Ndagaruka Naciye Kiboga Ngeze Kiboga Nsanga Haraho Abasirikare Ba Uganda Bategeye Barikwaka Ibyangombwa (Ebitaambulisho) Basanga Urumunyarwanda Bakagupakira Imodoka Ya Gisilikale Njye Narabimenye Nshaka Indi Nzira Yokuruhande(panya) Ndataha Njyera Lubaali Aho Nabaga. Gusa Sinamenye Amakuru Yababandi Aho Babajyanye, Numvagako Bashaka Kubasubiza Murwanda. Gusa Abanyarwanda Bari Y’uganda Bariho Nabipe Njye Byatumye Nibaza Eseko Kwinjira Muri Uganda + Tanzania+ Kenya+ Urwanda-East African Comminite: Arugukoresha Irangamuntu Mbeseko Bare Gusubiza Abantu Murwanda Kandi Bafite Ibyangombwa? Njye Nabonye Ntabwisanzure Buriyo Niyizira Muri Hong Cong Diho Neza Nubucuruzi Bwanjye Ndabona Ariho Bwiyongereye, Nahubundi Ugandayo Museveni Agomba Gushaka Uko Yakubahiriza Amasezerano.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwanze imibereho ya Dawidi na Goliyati – Donald Kaberuka
UBUKUNGU

U Rwanda rwanze imibereho ya Dawidi na Goliyati – Donald Kaberuka

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Umuyobozi wa Polisi muNtara y’Iburengerazuba yakanguriye abaturage gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi muNtara y’Iburengerazuba yakanguriye abaturage gukumira ibyaha

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’
IKORANABUHANGA

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Ubwanditsi 03 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru