• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato bikomeje gukorerwa Abanyarwanda

Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato bikomeje gukorerwa Abanyarwanda

Ubwanditsi 14 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 12 Nzeri, yasabye guverinoma ibisobanuro ku itabwa muri yombi rinyuranyije n’amategeko no gusubizwa iwabo bikomeje gukorerwa Abanyarwanda.

Icyemezo cya perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda kije nyuma y’aho bamwe mu badepite bagaragarije ko iri tabwa muri yombi no gusubiza iwabo Abanyarwanda byakomeje nyamara Perezida kagame na Museveni barabonanye muri Werurwe bakiyemeza gukemura iki kibazo.

“Kujujubywa byarakomeje kuva Kigali yaregera Kampala  ko RNC iri gukoresha Uganda mu bikorwa byo gushaka abarwanyi no gukora ubukangurambaga mu Banyarwanda baba muri Uganda hagamijwe guhungabanya u Rwanda,” uyu ni Depite Anna Adeke, uhagarariye urubyiruko mu nteko.

Hon Adeke yavuze amazina ya bamwe mu Banyarwanda batawe muri yombi barimo; Emmanuel Cyemayire, wari umucuruzi muri Mbarara bivugwa ko yanakorewe iyicarubozo, nyuma akajugunywa ku mupaka wa Gatuna kuwa 04 Mutarama, ndetse na Jessica Muyongerwa na Vanessa Gasaro, batawe muri yombi nyuma bakajugunywa ku mupaka.

Umunyarwanda Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo n’igisirikare cya Uganda (CMI)

Adeke akavuga ko iri tabwa muri yombi bifite ingaruka ku ihungabana ry’umutekano mu gihugu, ku rundi ruhande bikaba ari ikibazo ku mibanire ya dipolomasi hagati ya Uganda n’u Rwanda.

Yakomeje avuga ko Abanyarwanda benshi babayeho mu bwoba bikanga ko ari bo bashobora gukurikiraho mu gutabwa muri yombi.

Mu kwezi gushize nk’uko iyi nkuru dukesha pmldaily.com ikomeza ivuga, imibanire ya Uganda n’u Rwanda yarushijeho kuzahara kubera iryo tabwa muri yombi rikomeje n’ibyo birego byo gushinjanya gushyigikira ibikorwa by’inyeshyamba.

Uyu mwuka mubi hagati y’ibihugu byombi wagaragaye nk’ugiye guhosha ubwo abakuru b’ibihugu byombi babonanaga kuwa 25 Werurwe I Kampala.

Nyamara, amakuru yizewe avuga ko nyuma y’uko kubonana, imibanire ya dipolomasi ahubwo yarushijeho kuba mibi kuko ibihugu byombi bitubahirije ibyo byemeranyije ahubwo itabwa muri yombi ry’Abanyarwanda no kubasubiza mu gihugu cyabo birushaho kwiyongera.

Uhereye muri uko kwezi kwa Werurwe, abayobozi ba Uganda, by’umwihariko mu turere twegereye umupaka nka Kabale, Kisoro na Kadadi, bataye muri yombi Abanyarwanda benshi babasubiza mu Rwanda. Ibiherutse bikaba byarabaye kuwa 24 Nyakanga, aho polisi mu Karere ka Rubanda yataye muri yombi Abanyarwanda 22 n’Abanyekongo ngo binjiye mu gihugu binyuranyije n’amategeko.

U Rwanda kandi rushinja abakozi b’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka gufatira indangamuntu z’Abanyarwanda bajya muri Uganda.

U Rwanda rushinja Uganda kandi gushyigikira abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ku rundi ruhande Uganda nayo igahiga bukware Abanyarwanda yita intasi z’u Rwanda.

Mu kwezi gushize, itangazamakuru mu Rwanda rikaba ryarasohoye inkuru y’uko perezida Museveni yavuganye na Dr David Himbara, umwe mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aho byavugwaga ko perezida Museveni yiyemeje kumushyigikira.

David Himbara

Muri Nyakanga Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Maj. Gen.(Rtd) Frank Mugambage, nawe akaba yarashinje Guverinoma ya Uganda kunanirwa gukora iperereza ku mitwe y’iterabwoba ikorera muri Uganda ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

2018-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Feb 2021
Uganda: UPDF irakataje mu guha ubushobozi igisirikare kirwanira ku butaka murwego rwo kwitegura intambara ishobora kwaduka mu karere

Uganda: UPDF irakataje mu guha ubushobozi igisirikare kirwanira ku butaka murwego rwo kwitegura intambara ishobora kwaduka mu karere

Ubwanditsi 01 Dec 2017
SoftPower  igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda

SoftPower igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda

Ubwanditsi 12 Jan 2018
Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’inama ihuza u Burusiya na Afurika

Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’inama ihuza u Burusiya na Afurika

Ubwanditsi 23 Oct 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Sema Halelua
    September 14, 201812:01 pm -

    Mubyukuri Nanjye Maze Iminsi Mike Mvuye Uganda Muri District Ya Mubende Mugice Kitwa Lubaali Aho Niho Nabaga Buretseko Ubu Nsigaye Nibera Hong Cong Mbere Yuko Mva Lubaali Nafashe Urujyendo Njya Kampala Ndangura Ibicuruzwa Bukeye Mvayo Ndagaruka Naciye Kiboga Ngeze Kiboga Nsanga Haraho Abasirikare Ba Uganda Bategeye Barikwaka Ibyangombwa (Ebitaambulisho) Basanga Urumunyarwanda Bakagupakira Imodoka Ya Gisilikale Njye Narabimenye Nshaka Indi Nzira Yokuruhande(panya) Ndataha Njyera Lubaali Aho Nabaga. Gusa Sinamenye Amakuru Yababandi Aho Babajyanye, Numvagako Bashaka Kubasubiza Murwanda. Gusa Abanyarwanda Bari Y’uganda Bariho Nabipe Njye Byatumye Nibaza Eseko Kwinjira Muri Uganda + Tanzania+ Kenya+ Urwanda-East African Comminite: Arugukoresha Irangamuntu Mbeseko Bare Gusubiza Abantu Murwanda Kandi Bafite Ibyangombwa? Njye Nabonye Ntabwisanzure Buriyo Niyizira Muri Hong Cong Diho Neza Nubucuruzi Bwanjye Ndabona Ariho Bwiyongereye, Nahubundi Ugandayo Museveni Agomba Gushaka Uko Yakubahiriza Amasezerano.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa
POLITIKI

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Ubwanditsi 19 Sep 2017
Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League
Amakuru

Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League

RUSHYASHYA 16 Apr 2026
Kenya: Raila Odinga avuga ko atazongera kwiyamamaza muri 2022 ahubwo ko azashyigikira Kenyatta
POLITIKI

Kenya: Raila Odinga avuga ko atazongera kwiyamamaza muri 2022 ahubwo ko azashyigikira Kenyatta

Ubwanditsi 18 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru