• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32

Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32

RUSHYASHYA 26 Jun 2026 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Umuhanzi w’inararibonye mu muziki nyarwanda, Muyango Jean Marie, yatangaje urutonde rw’ibitaramo azazengurukamo hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi wo Kwibohora.

Ibi bitaramo yabyise “Karame Nanone Liberation 32 Tour Concerts”, izina yakuye ku ndirimbo ye yamenyekanye cyane ya Karame Nanone, ifite amateka akomeye mu rugendo rwe rw’umuziki rwamaze imyaka irenga 40.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Muyango yavuze ko yahisemo kwitirira ibi bitaramo indirimbo Karame Nanone kubera ubutumwa buyikubiyemo ndetse n’agaciro ifite mu mateka ye nk’umuhanzi.

Yagize ati: “Umuntu ashobora kwibwira ko ari iyi ndirimbo nahisemo gusa, kandi nashoboraga no guhitamo ‘Gisa’ cyangwa ‘Karame Uwangabiye’. Ariko ‘Karame Nanone’ ni ijambo ryiza ry’ikinyarwanda rikoreshwa mu kwitaba umuntu mukuru, wubashye kandi ukunda […]”

Ibi bitaramo byateguwe ku bufatanye bwa Muyango, Uturere azanyuramo ndetse n’Umujyi wa Kigali, bikazabera mu bice bitandukanye by’u Rwanda hagati ya tariki 2 na 17 Nyakanga 2026.

Urugendo ruzatangirira mu Karere ka Musanze tariki ya 2 Nyakanga kuri Stade Ubworoherane, rukomereze i Nyagatare tariki ya 3 Nyakanga ahazwi nka Gikoba ku Ndake ya Afande PC, mbere yo gukomereza ku Murindi w’Intwari mu Karere ka Gicumbi tariki ya 4 Nyakanga, ari na wo munsi nyir’izina wo Kwibohora.

Tariki ya 10 Nyakanga, Muyango n’abo bazafatanya bazataramira abaturage ba Rubavu muri Stade Umuganda, mbere y’uko uru rugendo rusozwa tariki ya 17 Nyakanga 2026 mu Mujyi wa Kigali, mu Imbuga City Walk (Car Free Zone).

Muri ibi bitaramo, Muyango azahurira ku rubyiniro n’abahanzi n’abanyempano batandukanye barimo Sophie Nzayisenga, Alouette Munyanyika, Itorero Indashyikirwa ndetse n’andi matorero yo mu turere azanyuramo.

Uyu muhanzi yavuze ko ari ku nshuro ya mbere ateguye uru rugendo rw’ibitaramo, ariko afite gahunda yo kurugira umuco ku buryo ruzajya ruba buri mwaka mu gihe cyo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora.

Ibi bitaramo byatewe inkunga n’Uturere tunyuranyemo, sosiyete ya Forzza Bet ndetse n’izindi nzego zitandukanye, mu gihe gutunganya ibikorwa byose by’uru rugendo byahawe Planet Events Group.

Muyango ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu muziki nyarwanda. Avuga ko yatangiye umuziki akiri muto cyane, mu gihe indirimbo ye ya mbere yagiye muri studio yasohotse mu 1985.

Mu bihangano byamugize ikimenyabose harimo Sabizeze, Karame Nanone, Gisa, Karame Uwangabiye, Nzavuga, Manyinya, Mwiriwe Neza n’izindi zakunzwe n’abatari bake mu bihe bitandukanye.

Binyuze muri uru rugendo rwiswe “Karame Nanone Liberation 32 Tour Concerts”, Muyango ateganya kwegera abakunzi b’umuziki gakondo n’uw’umwimerere hirya no hino mu gihugu, mu bitaramo bizahurirana n’ibirori byo kwizihiza imyaka 32 ishize u Rwanda rwibohoye.

2026-06-26
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Ubwanditsi 17 Jul 2025
Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Ubwanditsi 23 Jun 2019
APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025

APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025

Ubwanditsi 01 May 2025
Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Ubwanditsi 04 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame
POLITIKI

Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi
Amakuru

Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Ubwanditsi 04 Mar 2022
Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi
Mu Rwanda

Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi

Ubwanditsi 28 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru