• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32

Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32

RUSHYASHYA 26 Jun 2026 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Umuhanzi w’inararibonye mu muziki nyarwanda, Muyango Jean Marie, yatangaje urutonde rw’ibitaramo azazengurukamo hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi wo Kwibohora.

Ibi bitaramo yabyise “Karame Nanone Liberation 32 Tour Concerts”, izina yakuye ku ndirimbo ye yamenyekanye cyane ya Karame Nanone, ifite amateka akomeye mu rugendo rwe rw’umuziki rwamaze imyaka irenga 40.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Muyango yavuze ko yahisemo kwitirira ibi bitaramo indirimbo Karame Nanone kubera ubutumwa buyikubiyemo ndetse n’agaciro ifite mu mateka ye nk’umuhanzi.

Yagize ati: “Umuntu ashobora kwibwira ko ari iyi ndirimbo nahisemo gusa, kandi nashoboraga no guhitamo ‘Gisa’ cyangwa ‘Karame Uwangabiye’. Ariko ‘Karame Nanone’ ni ijambo ryiza ry’ikinyarwanda rikoreshwa mu kwitaba umuntu mukuru, wubashye kandi ukunda […]”

Ibi bitaramo byateguwe ku bufatanye bwa Muyango, Uturere azanyuramo ndetse n’Umujyi wa Kigali, bikazabera mu bice bitandukanye by’u Rwanda hagati ya tariki 2 na 17 Nyakanga 2026.

Urugendo ruzatangirira mu Karere ka Musanze tariki ya 2 Nyakanga kuri Stade Ubworoherane, rukomereze i Nyagatare tariki ya 3 Nyakanga ahazwi nka Gikoba ku Ndake ya Afande PC, mbere yo gukomereza ku Murindi w’Intwari mu Karere ka Gicumbi tariki ya 4 Nyakanga, ari na wo munsi nyir’izina wo Kwibohora.

Tariki ya 10 Nyakanga, Muyango n’abo bazafatanya bazataramira abaturage ba Rubavu muri Stade Umuganda, mbere y’uko uru rugendo rusozwa tariki ya 17 Nyakanga 2026 mu Mujyi wa Kigali, mu Imbuga City Walk (Car Free Zone).

Muri ibi bitaramo, Muyango azahurira ku rubyiniro n’abahanzi n’abanyempano batandukanye barimo Sophie Nzayisenga, Alouette Munyanyika, Itorero Indashyikirwa ndetse n’andi matorero yo mu turere azanyuramo.

Uyu muhanzi yavuze ko ari ku nshuro ya mbere ateguye uru rugendo rw’ibitaramo, ariko afite gahunda yo kurugira umuco ku buryo ruzajya ruba buri mwaka mu gihe cyo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora.

Ibi bitaramo byatewe inkunga n’Uturere tunyuranyemo, sosiyete ya Forzza Bet ndetse n’izindi nzego zitandukanye, mu gihe gutunganya ibikorwa byose by’uru rugendo byahawe Planet Events Group.

Muyango ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu muziki nyarwanda. Avuga ko yatangiye umuziki akiri muto cyane, mu gihe indirimbo ye ya mbere yagiye muri studio yasohotse mu 1985.

Mu bihangano byamugize ikimenyabose harimo Sabizeze, Karame Nanone, Gisa, Karame Uwangabiye, Nzavuga, Manyinya, Mwiriwe Neza n’izindi zakunzwe n’abatari bake mu bihe bitandukanye.

Binyuze muri uru rugendo rwiswe “Karame Nanone Liberation 32 Tour Concerts”, Muyango ateganya kwegera abakunzi b’umuziki gakondo n’uw’umwimerere hirya no hino mu gihugu, mu bitaramo bizahurirana n’ibirori byo kwizihiza imyaka 32 ishize u Rwanda rwibohoye.

2026-06-26
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Ifoto igaragaza Platini yateye ivi yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga “REBA HANO”

Ifoto igaragaza Platini yateye ivi yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga “REBA HANO”

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Akurikiranweho kwica umupasitoro akamurya, akanamugaburira abandi

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Ubwanditsi 16 Jan 2016
M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

Ubwanditsi 22 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mozambique: Umunyarwanda yarasiwe mu iduka yitaba Imana
ITOHOZA

Mozambique: Umunyarwanda yarasiwe mu iduka yitaba Imana

Ubwanditsi 23 Sep 2017
Amavu n’amavuko  by’ikipe y’igihugu “Amavubi”
IMIKINO

Amavu n’amavuko by’ikipe y’igihugu “Amavubi”

Ubwanditsi 13 Jan 2016
“Niyo napfa nazuka nk’uko Yesu yazutse “- Perezida Museveni
HIRYA NO HINO

“Niyo napfa nazuka nk’uko Yesu yazutse “- Perezida Museveni

Ubwanditsi 20 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru