• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Ubwanditsi 16 Jan 2016 Mu Rwanda

Nyuma yo gusura Igihugu cya Australia, ahitwa Sydney na Perth, umunyapolitiki Tomas Nahimana, aravugwa mu karere k’Uburasirazuba bw’Afrika, aho yaje gushaka amaboko azamufasha guhangana n’ubutegetsi bwa Kigali. Aya makuru avuga ko yahageze mbere gato y’uko umwaka wa 2015, urangira.

Amakuru aturuka mu bayoboke be, aravugako Tomas Nahimana yinjiriye Nairobi muri Kenya ajya Tanzania, aha muri Tanzania ngo yasuye umuryango wa nyakwigendera Mtikila Christopher waguye mu mpanuka yabereye mu gace kitwa Msolwa mu gitondo cyo ku cyumweru taliki ya 04 Ukwakira 2015 ,nkuko byatangajwe n’uhagarariye police mu ntara ya Pwani.

Mtikila yapfuye ava Morogoro ajya Dar es salaam mu modoka ari kumwe n’abandi bantu babiri ariko bo babashije kurokoka iyo mpanuka. Mtikila Christopher yari Perezida w’ Ishyaka Democratic Party (DP) rya opposition muri Tanzania akaba yari azwiho ubufatanye bukomeye na Padiri Nahimana Tomas ndetse na FDLR nkuko byemejwe n’Umuryango w’ Abibumbye ubwo watangazaga ko inzu ye yabaye indiri ikorerwamo inama z’ abayobozi n’ abakomando bakuru b’umutwe wa FDLR.

Tomas Nahimana agomba gusubira mu Burayi aho asanzwe atuye, akazaba ari munama ya Congre y’ishyaka rye Ishema Party izabera i Bruxelle mu Bubiligi tariki ya 15-17/1/2016, iyi Congre ikazaba itegura urugendo Nahimana Tomas azagirira mu Rwanda mu matariki 28 Mutarama 2016, aho azaba aje kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu matora ya 2017.

Umunyapolitiki Tomas Nahimana akaba ahawe ikaze mu gihugu ke cyane ko u Rwanda ari Igihugu kirimo Demokarasi n’umutekano uhagije .

Abanyapolitiki batandukanye barimo Twagiramungu Faustin wa RDI-Rwanda Rwiza, Tomas Nahimana w’Ishema Party na Frank Habineza wa Green Party bakomeje imyiteguro yo kuziyamamariza kuyobora u Rwanda mu matora ya 2017, aho bazaba bahanganye n’umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame umaze gutangaza ko yemeye ubusabe bw’abaturage bifuje gukomezanya nawe nyuma ya 2017.

-1750.jpg

Padiri Tomas Nahimana

Iki nicyo kigaragaza ko Demokarasi mu Rwanda imaze kuba ubukombe mugihe amahanga akomeje gusebya u Rwanda ko nta Demokarasi ko ntaburenganzira bwa kiremwa muntu , ko nta Tangazamakuru nyamara mu Rwanda buri wese arishyira akizana, akavuga iki muri ku mutima.

Biragaragara ko aya matora ya 2017, azaba ashyushye kuko umukandida kuri uyu mwanya azaba arenze umwe, mugihe mubihe byashize umukandida kumwanya w’umukuru w’Igihugu yabaga ari umwe rukumbi, hagatorwa amabara icyatsi kibisi, umuhondo n’ikijuju.

Cyiza Davidson

2016-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ubwanditsi 30 Apr 2021
“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Mar 2024
Akon yemeje ko azitabira Youth Konnekt Africa Summit 2017 izabera mu Rwanda

Akon yemeje ko azitabira Youth Konnekt Africa Summit 2017 izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Jul 2017
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubwanditsi 26 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imbwa yategereje shebuja amezi 7 yose ku muhanda
IMIKINO

Imbwa yategereje shebuja amezi 7 yose ku muhanda

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Casa Mbungo André wahawe gutoza AS Kigali aratangirira akazi ku ikipe ya Gasogi United mu mukino wa 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro – Uko imikino yose ikinwa
Amakuru

Casa Mbungo André wahawe gutoza AS Kigali aratangirira akazi ku ikipe ya Gasogi United mu mukino wa 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro – Uko imikino yose ikinwa

Ubwanditsi 26 Apr 2022
Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1
Amakuru

Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Ubwanditsi 19 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru