• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Ubwanditsi 16 Jan 2016 Mu Rwanda

Nyuma yo gusura Igihugu cya Australia, ahitwa Sydney na Perth, umunyapolitiki Tomas Nahimana, aravugwa mu karere k’Uburasirazuba bw’Afrika, aho yaje gushaka amaboko azamufasha guhangana n’ubutegetsi bwa Kigali. Aya makuru avuga ko yahageze mbere gato y’uko umwaka wa 2015, urangira.

Amakuru aturuka mu bayoboke be, aravugako Tomas Nahimana yinjiriye Nairobi muri Kenya ajya Tanzania, aha muri Tanzania ngo yasuye umuryango wa nyakwigendera Mtikila Christopher waguye mu mpanuka yabereye mu gace kitwa Msolwa mu gitondo cyo ku cyumweru taliki ya 04 Ukwakira 2015 ,nkuko byatangajwe n’uhagarariye police mu ntara ya Pwani.

Mtikila yapfuye ava Morogoro ajya Dar es salaam mu modoka ari kumwe n’abandi bantu babiri ariko bo babashije kurokoka iyo mpanuka. Mtikila Christopher yari Perezida w’ Ishyaka Democratic Party (DP) rya opposition muri Tanzania akaba yari azwiho ubufatanye bukomeye na Padiri Nahimana Tomas ndetse na FDLR nkuko byemejwe n’Umuryango w’ Abibumbye ubwo watangazaga ko inzu ye yabaye indiri ikorerwamo inama z’ abayobozi n’ abakomando bakuru b’umutwe wa FDLR.

Tomas Nahimana agomba gusubira mu Burayi aho asanzwe atuye, akazaba ari munama ya Congre y’ishyaka rye Ishema Party izabera i Bruxelle mu Bubiligi tariki ya 15-17/1/2016, iyi Congre ikazaba itegura urugendo Nahimana Tomas azagirira mu Rwanda mu matariki 28 Mutarama 2016, aho azaba aje kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu matora ya 2017.

Umunyapolitiki Tomas Nahimana akaba ahawe ikaze mu gihugu ke cyane ko u Rwanda ari Igihugu kirimo Demokarasi n’umutekano uhagije .

Abanyapolitiki batandukanye barimo Twagiramungu Faustin wa RDI-Rwanda Rwiza, Tomas Nahimana w’Ishema Party na Frank Habineza wa Green Party bakomeje imyiteguro yo kuziyamamariza kuyobora u Rwanda mu matora ya 2017, aho bazaba bahanganye n’umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame umaze gutangaza ko yemeye ubusabe bw’abaturage bifuje gukomezanya nawe nyuma ya 2017.

-1750.jpg

Padiri Tomas Nahimana

Iki nicyo kigaragaza ko Demokarasi mu Rwanda imaze kuba ubukombe mugihe amahanga akomeje gusebya u Rwanda ko nta Demokarasi ko ntaburenganzira bwa kiremwa muntu , ko nta Tangazamakuru nyamara mu Rwanda buri wese arishyira akizana, akavuga iki muri ku mutima.

Biragaragara ko aya matora ya 2017, azaba ashyushye kuko umukandida kuri uyu mwanya azaba arenze umwe, mugihe mubihe byashize umukandida kumwanya w’umukuru w’Igihugu yabaga ari umwe rukumbi, hagatorwa amabara icyatsi kibisi, umuhondo n’ikijuju.

Cyiza Davidson

2016-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasabo: Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasuye abapolisi bo mu mujyi wa Kigali

Gasabo: Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasuye abapolisi bo mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Rusizi : Kagame  yiyamamarije mu  Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Rusizi : Kagame yiyamamarije mu Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Ubwanditsi 28 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo
Mu Rwanda

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Ubwanditsi 09 May 2018
U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM
UBUKUNGU

U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

Ubwanditsi 13 Mar 2020
Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye
HIRYA NO HINO

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Ubwanditsi 26 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru