• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Afhamia Lotfi wahoze atoza Rayon Sports na Mukura yasinye muri Gicumbi FC, ahabwa inshingano zo kugeza iyi kipe mu myana 6 ya mbere

Afhamia Lotfi wahoze atoza Rayon Sports na Mukura yasinye muri Gicumbi FC, ahabwa inshingano zo kugeza iyi kipe mu myana 6 ya mbere

RUSHYASHYA 25 Jun 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe ya Gicumbi FC yamaze kumvikana n’umutoza w’Umunya-Tunisia, Afhamia Lotfi, wahoze atoza Rayon Sports na Mukura Victory Sports kugira ngo ayobore iyi kipe mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere.

Lotfi aje muri Gicumbi FC nyuma y’ibihe bitandukanye yagize muri ruhago y’u Rwanda ndetse akaba azwiho kugira ubushobozi bwo kubaka amakipe no guteza imbere abakinnyi bakiri bato.

Gusa nubwo yitezweho byinshi, inshingano yahawe n’ubuyobozi bwa Gicumbi FC si ntoya, kuko yasabwe kugera ku ntego zifatwa nk’izitoroshye na benshi.

Mu byo yasabwe harimo kuzamura impano z’abakinnyi bato, kugira ngo Gicumbi FC ibe ikipe yubaka ejo hazaza hayo ishingiye ku bakinnyi bayo bwite. Ibi bisaba gahunda ihamye yo gukurikirana no guteza imbere impano ziri mu karere ndetse no mu gihugu hose.

Ikindi ni uko yasabwe kuzaba akinisha umupira mwiza kandi ushimisha abafana. Mu bihe bishize, amakipe menshi akunze gushyira imbere ibisubizo kurusha uburyo akina, ariko Gicumbi FC irifuza ko ikipe yayo igaragaza umukino usobanutse kandi ushimisha abakunzi bayo.

Afhamia Lotfi kandi yasabwe kuzasoza shampiyona iri mu makipe atatu ya mbere. Iyi ntego irakomeye cyane kuko ihurirana n’irushanwa rikomeye ririmo amakipe akunze guhatanira ibikombe nka APR FC, Rayon Sports na Police FC. Kugera muri batatu ba mbere bizasaba guhorana umusaruro mwiza no kwitwara neza mu mikino yose ya shampiyona.

Ntabwo ibyo bihagije gusa, kuko uyu mutoza yasabwe no kugera muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro. Ni indi ntego isaba kwitwara neza mu marushanwa y’igikombe no gutsinda amakipe akomeye ashobora guhura na Gicumbi FC muri uru rugendo.

Ahfamia Lotfi aje muri Gicumbi FC nk’umusimbura wa Bisengimana Justin we wamaze kugirwa umutoza mukuru wa AS Kigali mu gihe kingana n’imyaka ibiri.

Justin ari kumwe na Gicumbi FC, mu makipe 18 yakinnye shampiyona y’u Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2025-2026 basoje ku mwanya wa 12 n’amanota 38, ikaba yaratsinze imikino 10 inganya 8 itsindwa ikimino 18.

Image

2026-06-25
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Perezida Kagame yashimiye Kenyatta wongeye gutorerwa kuyobora Kenya

Perezida Kagame yashimiye Kenyatta wongeye gutorerwa kuyobora Kenya

Ubwanditsi 12 Aug 2017
Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Ubwanditsi 08 Jul 2021
Nta Himbara, nta shinge nta rugero

Nta Himbara, nta shinge nta rugero

Ubwanditsi 15 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Mukankomeje na Tito Rutaremara bahawe imyanya mishya, Kabandana wayoboye Kigali yongera kugaragara
POLITIKI

Dr Mukankomeje na Tito Rutaremara bahawe imyanya mishya, Kabandana wayoboye Kigali yongera kugaragara

Ubwanditsi 05 Nov 2019
Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe
POLITIKI

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?
Mu Mahanga

Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?

Ubwanditsi 10 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru