• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Ubwanditsi 06 Jun 2017 POLITIKI

Tariki ya 7 Kamena 2017, Abanyarwanda baturutse hirya no hino ku isi barahurira mu Bubiligi mu Mujyi wa Brussels, aho bazakirira Perezida Paul Kagame.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi yabwiye ikinyamakuru Izuba Rirashe dukesha iyi nkuru ko kugeza ubu Abanyarwanda benshi bategereje Perezida Kagame ngo bamugaragarize ibyishimo by’iterambere rikomeye amaze kugeza k’u Rwanda.

Mu kiganiro Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yahaye iki kinyamakuru, avuga ko Abanyarwanda batari bake bazaba bamutegereje ngo bamwereke ko imiyoborere iri mu Rwanda yishimirwa na buri wese. SOMA……

-6768.jpg

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, uhagarariye u Rwanda mu Bubiligi (ububiko)

IR: Mwakwibutsa intego nyamukuru y’uru ruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi?

Amb. Nduhungirehe: Uru ruzinduko rwa Perezida Kagame ruri muri gahunda yo kwitabira inama ishinzwe iterambere izwi nka (Annual European Development Days Forum), ni ku butumire bwa Perezida wa Komisiyo Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi Jean-Claude Juncker, aho azavuga ku ngingo zijyanye n’abikorera, uburinganire ndetse n’urubyiruko, izi ngingo 3 we ari kumwe n’abandi bakuru b’ibihugu batumiwemo nizo bazaganiraho, Perezida Kagame rero azagaragaza cyane cyane ibyo u Rwanda rumaze kugeraho.

Abakuru b’ibihugu bazitabira iyi nama bazaba bari kumwe na Perezida Kagame barimo uwa Guinea, Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Perezida wa Bolivia, uwa Senegal, uwa Ghana, uwa Guyana, Perezida wa Malawi, Togo, Minisitiri w’Intebe wa Norvege, umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’imari n’abandi.

IR: Ese yaba afite gahunda yo guhura n’Abanyarwanda batuye muri icyo gihugu?

Amb. Nduhungirehe: Ubwo Perezida Kagame azaba ageze mu Bubiligi Abanyarwanda bazaza kumwakira, icyo nakubwira ni uko iyi gahunda izaba atari Rwanda Day, icyo twahamagariye Abanyarwanda ni ukuza kumwakira kuri uwo munsi, nyuma kandi aba banyarwanda bateganya kuzajya aho inama izabera mu Mujyi wa Brussels bamugaragarize uburyo bamwishimiye, nyuma rero tuzahure twese mu busabane.

IR: Hasigaye iminsi itanu ngo Perezida Kagame agere aho, imyiteguro ihagaze ite?

Amb. Nduhungirehe: Abanyarwanda turimo turabyitegura turi benshi, ubu abantu barimo kwiyandikisha ku buryo twumva tuzaba turi benshi, aho tuzaba twishimira kongera kumwakira kuko aheruka hano mu myaka itatu ishize, ni ukuvuga mu mwaka wa 2014. Turagirango tumugaragarize ko yatugaruriye agaciro nk’u Rwanda.

IR: Uretse Abanyarwanda, hari abandi bayobozi Perezida Kagame ateganya guhura nabo?

Amb. Nduhungirehe: Yego, uretse Abanyarwanda, Perezida Kagame azabonana na Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi Charles Michel, azabonana kandi na Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi Jean-Claude Juncker wamutumiye muri iyi nama.

IR: Ubu twavuga ko umubano w’Ibihugu byombi uhagaze ute kuko mbere wagiye uzamo agatotsi?

Amb. Nduhungirehe:
Umubano w’u Rwanda n’u Bubiligi ubu uhagaze neza, nibyo mu minsi yashize wajemo agatotsi ariko ubu uhagaze neza cyane cyane kuva mu kwa Mbere 2015, ubwo Visi Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi yazaga mu Rwanda ari kumwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu Didier Reynders, icyo gihe aba bayobozi babonanye n’ab’u Rwanda ndetse twumvikana gushyiraho ibiganiro bya Politike bihoraho, aho ibihugu byombi byajya biganira ku bibazo byaba bihari tukanabishakira umuti, twanumvikanye no kureba uko twafatanya byaba mu gukemura ibibazo by’Akarere n’ahandi.

Ikindi ni uko mu mwaka wa 2015 na 2016, Perezida Kagame yahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Bubuligi i New York mu Nama y’Umuryango w’Abibumbye, kuba n’ubu bagiye guhura bigaragaza ko umubano w’u Rwanda n’u Bubiligi uhagaze neza.

IR: U Bubiligi ni kimwe mu bihugu bigaragaramo abakekewaho kugira uruhare muri Jenoside, ese ni iki kimaze gukorwa mu gushishikariza Ububiligi kubohereza mu Rwanda?

Amb. Nduhungirehe: Aha niho tugifite ikibazo gikomeye, nibyo hano hari Abanyarwanda benshi basize bakoze Jenoside bahahungiye, yego hari ababuranishijwe baranakatirwa ariko hari n’abandi bikidegembya, amaperereza amaze imyaka 23 akorwa ariko nta kintu atanga, no mu gihe cyo kwibuka23 njye nabwiye abayobozi b’u Bubiligi ko bareba uko bakwihutisha amaperereza ariko bakareba n’uko bakohereza abakekwaho Jenoside mu Rwanda nk’uko ibindi bihugu birimo u Buholandi, Canada, Amerika n’ahandi babikoze.

Twanabasabye ko bashyiraho itegeko rihana abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayipfobya. Nk’ubu kuva mu mwaka wa 1995 muri iki gihugu bafite itegeko rihana Jenoside yakorewe Abayahudi, natwe rero twababwiye ko muri iryo tegeko bashyiramo itegeko rihana abahakana iyakorewe Abatutsi mu Rwanda, ubu turacyakomeje ibiganiro n’abagize inteko y’ u Bubiligi.

IR: Ese Diyasipora y’u Rwanda mu Bubiligi ihagaze ite? Irakora?

Amb. Nduhungirehe: Yego irakora ndetse ni nayo irimo Abanyarwanda benshi i Burayi, ubu bararenga ibihumbi 35 ariko aba nibo twabaruye, ikindi bafite ibikorwa birimo gushishikariza abanyarwanda kwitabira gahunda za leta no guhangana n’abashaka gusebya isura y’ u Rwanda, ubu noneho aho tugeze ni kugirango iyi Diyasipora tuyihe ingufu, hashyirwemo amavugurura ajyanye n’ubucuruzi kugira ngo umunyarwanda wa hano ashore imari mu Rwanda.

Hari kandi ibindi bikorwa biteganyijwe gukorwa bijyanye n’uburezi n’umuco, kuko hano hari abana bahavukiye barahakurira ariko batazi ikinyarwanda n’umuco, turashaka uko twakwiga imishinga yatuma abana biga ururimi gakondo rwabo n’umuco hano mu Bubiligi.

IR: Mubona Abanyarwanda bitabira gushora imari mu Bubiligi?

Amb. Nduhungirehe: Barabikora ariko usanga babikora ku giti cyabo, twe icyo twifuza ni uko abanyarwanda bakwishyira hamwe bagakora ibikorwa by’ubucuruzi hano mu Bibiligi, hano hari ibikorwa byinshi birimo ibijyanye n’amazu, gusa icyo nakubwira ni uko hari byinshi tugomba gushyiramo imbaraga.

-6767.jpg

2017-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Chairman: Mu ntare, intare y’ingore ni yo ihiga, agaragaza ko mu rugamba rw’iterambere, abagore bakwiye kuza imbere mu kubaka igihugu.

Chairman: Mu ntare, intare y’ingore ni yo ihiga, agaragaza ko mu rugamba rw’iterambere, abagore bakwiye kuza imbere mu kubaka igihugu.

Ubwanditsi 25 Jun 2024
Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Ubwanditsi 02 Jun 2018
U Rwanda n’isi hakomeje ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe hagaragara abayipfobya n’abayishyigikiye ku mugaragaro

U Rwanda n’isi hakomeje ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe hagaragara abayipfobya n’abayishyigikiye ku mugaragaro

RUSHYASHYA 07 Apr 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza wungirije wa APR FC Pablo Morchón Yamaze Kuhasesekara
IMIKINO

Umutoza wungirije wa APR FC Pablo Morchón Yamaze Kuhasesekara

Ubwanditsi 16 Aug 2020
Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye
Mu Rwanda

Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa
IKORANABUHANGA

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru