• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe
AppleMark

Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe

Ubwanditsi 04 Dec 2017 POLITIKI

Grace Mugabe ni umugore w’umusaza Robert Gabriel Mugabe wategetse Zimbamwe kuva mu 1980, akaza gukurwa na bagenzi be, kuri uwo mwanya mu mpera z’ukwezi gushize.

Umugabo yarushaga uwo mugore we wa kabiri imyaka 41, kuko bashakana Perezida Mugabe yari afite imyaka 72 y’amavuko naho Grace afite 31.

Mugabe yashatse Grace nyuma y’urupfu rw’umugore we wa mbere, Sally Hayfron. Mbere y’uko bashakanaku mugaragaro Grace yari umukozi wa Mugabe mu biro (secretary) bafitanye umubano mu ibanga, kuko baje gushakana bafitanye abana babiri, barimo Robert jurnior. Mbere yuko bashakana, Grace yari umugore w’undi mugabo witwa Stanley Goreraza banafitanye umwana umwe w’umuhungu.

Amakuru yashyizwe ahagaragara na Wikileaks muri 2010 agaragaza yuko Grace akimara gushakana na Perezida Mugabe yahise atangira gusahura umutungo w’igihugu n’uw’ishyaka riri ku butegetsi ZANU-PF.

Ayo makuru avuga yuko Grace Mugabe yari umwe mu basahuye cyane diamant (diamond) kuva mu burasirazuba bwa Zimbabwe, aza no kubaka ingoro ebyiri (palaces) muri Zimbabwe. Ngo mu kubaka izo ngoro ebyiri hanakoreshejwe amadolari ya Amerika angana na miliyoni 26, menshi avuye mu isanduku y’ishyaka riri ku butegetsi muri icyo guhugu, ZANU-PF. Imwe muri izo ngoro yari yarayigurishije Muamar Ghadaf wahoze ategeka Libya.

Ayo makuru ya Wikileaks, yatumye Grace atwara ikinyamakuru Standard mu nkiko agisaba indishyi z’akababaro z’ingana n’amadolari ya Amerika miliyoni 15 ngo kuko aricyo cyayatanze, anavuga yuko uwo mugore, ubu ushaka gutana n’umusaza Mugabe, ngo afite n’andi mazu ahenze cyane China, Malaysia na Hongkong. Ibyo Grace arabihakana ariko akiyemerera  yuko famiye ye ifite inzuri z’inka ebyiri nini cyane muri Afurika y’Epfo.

Grace Mugabe y’ubatse ishuli rigezweho rya segonderi (high school) ahitwa Mazowe muri Zimbabwe, ryitwa Grace’s Amai High School, akavuga yuko yaryubatse ngo rifashe abana b’abakene. Nyamara kugira ngo umwana yigire muri iryo shuli agomba kwishyura amadolari ya Amerika 3,500 ku gihembwe (amezi atatu), bikaba bivuze yuko ari rimwe mu mashuli ahenze cyane mu karere ko mu majy’epfo ya Afurika !

Muri 2003 Grace Mugabe yagiye i Paris mu Bufaransa ahamara iminsi itagera kuri itatu ariko ahatsinda amadolari ya Amerika ibihumbi 120, ibyo bikaba byaratumye umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Bulayi (EU) umukomanyiriza kutazongera gukandagira kuri uwo mugabane. Abayobozi ba EU basanze nta kuntu ibihugu byabo byakwakira umuntu usesagura ako kageni kandi abaturage b’igihugu cye bakennye cyane !

Grace Mugabe kandi kuba umugore w’umukuru w’igihugu byaranzwe no kuba umunyamahane. Muri 2009 Muri Hong Kong, afashijwe n’umulinzi we, yakubise umunyamakuru w’ikinyamakuru The Post, n’impeta za diamant yari yambaye ziramukomeretsa. Ntabwo ariko ubutegetsi bwa China bwigeze bugira icyo bumukoraho kuko  yari afite ubudahangarwa. No muri uyu mwaka hari abakobwa Grace aherutse kugabaho igitero muri Afurika y’Epfo ngo bamwigishiriza abahungu be ubwomanzi !

Ubu noneho Grace arashaka gutana na Mugabe ngo kuko yemeye kwegura ku mwanya w’umukuru w’igihugu. Icyo Grace yirengagiza ariko n’uko aramutse atandukanye na Mugabe haba hatakiriho icyamubuza gukurikiranwa n’ubutabera kubyo yakoze akiri umugore wa Perezida. Mugabe we mu kwemera kwegura yasezeranyijwe yuko azagumana ubudahangarwa.

Casmiry Kayumba

2017-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ubwanditsi 11 Feb 2025
Charles Onana ahamijwe icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi: Inkota ishegeshe imitima y’ibigarasha n’Interahamwe

Charles Onana ahamijwe icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi: Inkota ishegeshe imitima y’ibigarasha n’Interahamwe

Ubwanditsi 09 Dec 2024
Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

RUSHYASHYA 24 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa
Amakuru

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Ubwanditsi 22 May 2024
Umunyarwanda arabundabunda muri ‘New Zealand’ akwepa ubutabera
ITOHOZA

Umunyarwanda arabundabunda muri ‘New Zealand’ akwepa ubutabera

Ubwanditsi 04 Jan 2017
RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR
HIRYA NO HINO

RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 02 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru