• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe
AppleMark

Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe

Ubwanditsi 04 Dec 2017 POLITIKI

Grace Mugabe ni umugore w’umusaza Robert Gabriel Mugabe wategetse Zimbamwe kuva mu 1980, akaza gukurwa na bagenzi be, kuri uwo mwanya mu mpera z’ukwezi gushize.

Umugabo yarushaga uwo mugore we wa kabiri imyaka 41, kuko bashakana Perezida Mugabe yari afite imyaka 72 y’amavuko naho Grace afite 31.

Mugabe yashatse Grace nyuma y’urupfu rw’umugore we wa mbere, Sally Hayfron. Mbere y’uko bashakanaku mugaragaro Grace yari umukozi wa Mugabe mu biro (secretary) bafitanye umubano mu ibanga, kuko baje gushakana bafitanye abana babiri, barimo Robert jurnior. Mbere yuko bashakana, Grace yari umugore w’undi mugabo witwa Stanley Goreraza banafitanye umwana umwe w’umuhungu.

Amakuru yashyizwe ahagaragara na Wikileaks muri 2010 agaragaza yuko Grace akimara gushakana na Perezida Mugabe yahise atangira gusahura umutungo w’igihugu n’uw’ishyaka riri ku butegetsi ZANU-PF.

Ayo makuru avuga yuko Grace Mugabe yari umwe mu basahuye cyane diamant (diamond) kuva mu burasirazuba bwa Zimbabwe, aza no kubaka ingoro ebyiri (palaces) muri Zimbabwe. Ngo mu kubaka izo ngoro ebyiri hanakoreshejwe amadolari ya Amerika angana na miliyoni 26, menshi avuye mu isanduku y’ishyaka riri ku butegetsi muri icyo guhugu, ZANU-PF. Imwe muri izo ngoro yari yarayigurishije Muamar Ghadaf wahoze ategeka Libya.

Ayo makuru ya Wikileaks, yatumye Grace atwara ikinyamakuru Standard mu nkiko agisaba indishyi z’akababaro z’ingana n’amadolari ya Amerika miliyoni 15 ngo kuko aricyo cyayatanze, anavuga yuko uwo mugore, ubu ushaka gutana n’umusaza Mugabe, ngo afite n’andi mazu ahenze cyane China, Malaysia na Hongkong. Ibyo Grace arabihakana ariko akiyemerera  yuko famiye ye ifite inzuri z’inka ebyiri nini cyane muri Afurika y’Epfo.

Grace Mugabe y’ubatse ishuli rigezweho rya segonderi (high school) ahitwa Mazowe muri Zimbabwe, ryitwa Grace’s Amai High School, akavuga yuko yaryubatse ngo rifashe abana b’abakene. Nyamara kugira ngo umwana yigire muri iryo shuli agomba kwishyura amadolari ya Amerika 3,500 ku gihembwe (amezi atatu), bikaba bivuze yuko ari rimwe mu mashuli ahenze cyane mu karere ko mu majy’epfo ya Afurika !

Muri 2003 Grace Mugabe yagiye i Paris mu Bufaransa ahamara iminsi itagera kuri itatu ariko ahatsinda amadolari ya Amerika ibihumbi 120, ibyo bikaba byaratumye umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Bulayi (EU) umukomanyiriza kutazongera gukandagira kuri uwo mugabane. Abayobozi ba EU basanze nta kuntu ibihugu byabo byakwakira umuntu usesagura ako kageni kandi abaturage b’igihugu cye bakennye cyane !

Grace Mugabe kandi kuba umugore w’umukuru w’igihugu byaranzwe no kuba umunyamahane. Muri 2009 Muri Hong Kong, afashijwe n’umulinzi we, yakubise umunyamakuru w’ikinyamakuru The Post, n’impeta za diamant yari yambaye ziramukomeretsa. Ntabwo ariko ubutegetsi bwa China bwigeze bugira icyo bumukoraho kuko  yari afite ubudahangarwa. No muri uyu mwaka hari abakobwa Grace aherutse kugabaho igitero muri Afurika y’Epfo ngo bamwigishiriza abahungu be ubwomanzi !

Ubu noneho Grace arashaka gutana na Mugabe ngo kuko yemeye kwegura ku mwanya w’umukuru w’igihugu. Icyo Grace yirengagiza ariko n’uko aramutse atandukanye na Mugabe haba hatakiriho icyamubuza gukurikiranwa n’ubutabera kubyo yakoze akiri umugore wa Perezida. Mugabe we mu kwemera kwegura yasezeranyijwe yuko azagumana ubudahangarwa.

Casmiry Kayumba

2017-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

Ubwanditsi 19 Jun 2025
Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Ubuzima n’amateka by’Intwari u Rwanda ruzirikana

Ubuzima n’amateka by’Intwari u Rwanda ruzirikana

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Ubwanditsi 29 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yaho Amavubi U23 asezerewe na Mali U23 yageze mu Rwanda, AS Kigali na Kiyovu SC mu makipe yitwaye neza ubwo hakinwaga umunsi wa 7
Amakuru

Nyuma yaho Amavubi U23 asezerewe na Mali U23 yageze mu Rwanda, AS Kigali na Kiyovu SC mu makipe yitwaye neza ubwo hakinwaga umunsi wa 7

Ubwanditsi 31 Oct 2022
Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?
INKURU NYAMUKURU

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Akagambane karagwira: Bihemu Patrick Benerugaba yatumiye abantu mu isabukuru, bisanga muri mitingi y’ibigarasha
Amakuru

Akagambane karagwira: Bihemu Patrick Benerugaba yatumiye abantu mu isabukuru, bisanga muri mitingi y’ibigarasha

Ubwanditsi 29 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru