• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

Ubwanditsi 10 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Tariki 07 Ukwakira 2024, ubwo hatangiraga urubanza aregwamo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, Charles Onana yabuze aho apfunda imitwe ubwo umucamanza yari amubajije aho ahera avuga ko mu Rwanda habaye “ubwicanyi hagati y’amoko budakwiye kwitwa ” jenoside”, maze mu mvugo yatunguye benshi, Onana ati:”Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko hari ibimenyetso bidashidikanywaho byerekana ko yababye”.

Interahamwe zisanzwe zimusunika mu bikorwa bye byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi zakubiswe n’inkuba, kuko uko kwivuguruza kubaye intsinzi ya mbere y’abarega Charles Onana.

Iyi ni gasopo kandi ku basanzwe bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ukaba n’umutego ushyizwe mu mu manza zose zizaburanishwa mu gihe kiri imbere, ku byaha byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyi mvugo ya Charles Onana ihabanye n’ibyo yanditse mu bitabo bye binyuranye, cyane cyane icyo yasohoye mu mwaka wa 2019, ari nacyo gikubiyemo byinshi mu bimenyrtso by’ ibirego akurikaranyweho.

Muri icyo gitabo” La vérité sur l’Opération Turquoise: Quand les archives parlent”, Charles Onana avuga ko” ari ikinyoma kugereranya ubwicanyi bwabaye mu Rwanda na Jenoside nk’iyakorewe Abayahudi”, ko ndetse ” byaba ari ubushukanyi kuvuga ko Abahutu bateguye umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi “.

Kuvuguruza ibyo yiyandikiye no gukoza isoni interahamwe zamupakiyemo ibinyoma akwiza, byaje gushimangirwa n’umutangabuhamya Onana ubwe yishyiriye ku rutonde rw’abamushinjura, wahaye urukiko ibimenyetso byerekana ko Jenoside yakozwe Abatutsi yateguwe ndetse ikanashyirwa mu bikorwa.

Uwo mutangabuhamya “ushinjura”, ni uwiyise “Simugomwa”, ariko biza gutahurwa ko amazina ye nyakuri ari” Sixbert Musangamfura”, ukomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro.

Impamvu yo kugoreka umwirondoro we ntiyahishuwe, gusa Musangamfura ntiyari kubasha kujijisha abakurikiranye ubuhamya bwe, kuko asanzwe azwi mu ngirwashyaka” Ishakwe” ry’ibigarasha byahagurukiye kugoreka amateka y’uRwanda no gutagatifuza abajenosoderi.

Musangamfura Sixbert kandi byari kumugora guhakana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko mu nyandiko zitabarika yasohoye mu kinyamakuru cye” Isibo” yagaragaje kenshi imyiteguro ya Leta ya Habyarimana mu gitsemba inyoko Tutsi.

Imboni yacu ikurikiranira hafi urwo rubanza, iravuga ko kwinyuramo kwa Charles Onana n’umutangabuhamya we Musangamfura, byaciye intege cyane imbaga y’interahamwe, ibigarasha n’inkundarubyino z’Abakongomani, ku buryo umubare w’abazindukaga bashagaye Onana mu rukiko, ugenda ugabanuka uko iminsi y’urubanza yicuma.

Kubera ibibazo abatangabuhamya bahatwa, ntibizatungurana ko hari n’abandi bazisanga bashinja Charles Onana kandi bibwiraga ko baje kumushinjura.

Muri abo harimo abajenosideri bahamwe n’ibyaha. Abo bantu rero batashoboye kwiburanira ubwabo ngo bagirwe abere, hategerejwe kureba uko ubuhamya bwabo buzahabwa agaciro, maze umufatanyabikorwa wabo, Charles Onana akaba umutagatifu.

Imiburanishirize y’uru rubanza izapfundikirwa kuri uyu wa gatanu, tariki 11 Ukwakira 2024.

2024-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024
’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

Ubwanditsi 14 Dec 2018
Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Ubwanditsi 12 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 25 Jul 2023
Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)
SHOWBIZ

Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Kigali: Abagabo babiri batawe muri yombi bacyekwaho gutemagura inka 3 z’abagenzi babo
Mu Rwanda

Kigali: Abagabo babiri batawe muri yombi bacyekwaho gutemagura inka 3 z’abagenzi babo

Ubwanditsi 05 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru