• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 09 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Apôtre Dr Paul Gitwaza uyobora itorero rya Zion Temple yasabye abanyafurika guhaguruka bakagendera mu nzira z’Imana ikabaha guhishurirwa umuti wa SIDA na Maraliya kuko ibi byorezo bimaze kuzahaza uyu mugabane.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa 08 Nyakanga, ubwo yafunguraga igiterane ngarukamwaka kizwi nka “Afurika haguruka” cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego za Leta n’amadini n’amatorero ndetse n’abashumba batandukanye baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, no ku yindi migabane igize isi.

Iki giterane kirimo kubera i Kigali kikaba kibaye ku nshuro ya 19. Kuri iyi nshuro, kizamara icyumweru cyibanda ku nsanganyamatsiko igira iti: “Afurika haguruka urinde amarembo yawe.”

Gitwaza ati: “Ibirenge by’abanyafurika birarwaye ni yo mpamvu batarinda amarembo y’uyu mugabane”

Ibirenge by’Abanyafurika birarwaye….

Apôtre Dr Gitwaza yavuze ko ibirenge ari kimwe mu bice by’ingenzi umurinzi akoresha arinda amarembo kuko ari byo bimufasha guhagarara no gutambuka yihuta, gusa ngo we iyo arebye asanga ibirenge by’abanyafurika birwaye bikaba ayo mpamvu bitabasha kurinda amarembo y’uyu mugabane.

Yagize ati: “Umurinzi ntiyabaho adafite ibirenge, ibirenge ni ngombwa kuko birahagarara, ikirenge kirwaye ntiwakora uburinzi, rero ibirenge by’abakobwa n’abahungu b’abanyafurika birarwaye, hari imyuka yabiteye, ndashaka kubabwira imyuka 6 yateye ibirenge by’abanyafurika bigatuma badahagarara mu marembo yabo.”

Agaruka kuri iyo myuka yatumye ibirenge by’anyafurika birwara, yavuze ko umwuka wa mbere ari umwuka wo ‘guheezwa’. Aha yabisobanuye avuga ko uburyo idatumirwa mu nama zikomeye zifata ibyemezo bireba isi ahubwo igahezwa ntimenye imyanzuro ikomeye ifatwa umunsi ku wundi.

Ati: “Izo nama zibamo Abanyamerika, Abanyaburaya, Abashinwa n’Abarusiya ariko Abanyafurika ntitugerayo, kandi abo nibo batekerereza imyaka izaza ariko Afurika irahezwa, ibirenge byacu babyigizayo kugirango tutajya mu nama zabo ngo tutamenya imyanzuro ikomeye bafata.”

‘Gushakira ibisubizo aho bitari’ na wo ngo ni umwuka mubi wateye abanyafurika. Ati: “Dushakisha ubufasha hanze aho gushakishaka Imana ngo iduhe ibisubizo, uku gushakira ibisubizo ahatari ho mu rurimi rw’umwuka ni byo bisobanura kurwara kw’ibirenge.”

‘Guta inshingano’ na byo ngo ni kimwe mubirwaje ibirenge by’abanyafurika bigatuma batarinda amarembo y’umugabane wabo. Aha yagarutse ku rubyiruko rushiriye muri Mediterane rujya i Buraya gushakayo ubuzima, abakobwa b’Abanyafurika bagurishwa bagakoreshwa imirimo mibi mu bihugu by’Abarabu,….

Umwuka wo gutegwa imitego na wo ngo uzengereje Umugabane wa Afurika kuko usanga kuva mu gihe cy’abakoloni, Abayobozi baragiye basinya amasezerano akomeye, aho usanga ubukungu bw’ibihugu bya Afurika bwarazahajwe n’amasezerano  ibihugu byasinye kuva cyera.

Umwuka wo ‘kurangazwa no kugushwa neza’ na wo ngo wangije ibirenge by’abarinzi b’amarembo ya Afurika. Uyu ngo ni umwuka wo kurya ruswa. ”Abafata ibyemezo benshi bagushwa neza hanyuma bagasinya amasezerano azashyira mu kaga abuzukuru n’abuzukuruza babo.”

Umwuka wo ‘kuba ntibindeba’ ni wo Gitwaza yarangirijeho aho yavuze ko Abanyafurika babona ibintu bikorwa nabi ntibagire icyo babikoraho batinya ingaruka zabageraho baramutse berekanye abica ibintu.

Iki giterane mpuzamahanga cyitabiriwe n’imbaga y’abantu baturutse ku migabane itandukanye

Iyi myuka abanyafurika bazayitsinda bate?

Kwicara iburyo bw’Imana abanyafurika bakagirana ubusabane n’Imana, bakagendera mu mbaraga, ubutegetsi n’ubwiza by’Imana ngo ni byo bizatuma Afurika itsinda iyi myuka mibi ituma idatera imbere.

Ati: “Kwicarana n’Imana ni byo bizabuza Abanyamerika n’Abarusiya badakomeza kudutegeka. Imana irabarusha imbaraga izabadutsindira. Nitwicara iburyo bw’Imana abanzi bacu bazicara munsi y’ibirenge byacu.”

Indi nzira yo gutsinda imyuka mibi yazahaje Afurika ngo ni ukubyuka kw’itorero rigatanga icyerekezo. “Itorero nirigira icyerekezo rizakandagira mu bibazo bya Afurika bikemuke.”

Icyiyongera kuri ibi ngo ni ‘ukugendera mu ndangagaciro z’Imana’. Ibi ngo Bibiliya ibyita kugendera mu nzira z’Imana. “Nitugendera mu nzira z’Imana tuzamenagura izo ngoyi zituboshye, tuzamenagura agasuzuguro ka Satani n’abamukorera kicaye kuri Afurika, tuzamenagura imyuka y’ubucakara n’ubukoroni yicaye kuri Afurika.”

Afurika igomba kuvumbura umuti wa SIDA…

Apôtre Dr Paul Gitwaza yavuze ko SIDA yugarije Afurika kurusha indi migabane, bityo ngo Abanyafurika ni bo bakwiye kwegera Imana ikabahishurira umuti w’icyo cyorezo gikomeje kwisasira ubuzima bwabo.

Ati: “Imana yacu ihishura ibihishwe n’ibiri mu mwijima ikabizana, tugomba kwinjira mu buvumbuzi, Abanyafurika tukavumbura, tugacukumbura, Imana yacu ikabiduha, izo ni inzira z’Imana…..

…Afurika igomba kubona umuti wa SIDA kuko irayirembeje, ntitugomba gutegereza ibihugu bitarwaye SIDA ngo ari byo bidushakira umuti wa SIDA, Imana yacu itanga guhishurirwa, izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA.”

Apôtre Dr Paul Gitwaza yanavuze ko umuti wa Maraliya na wo ugomba kuvumburwa n’abanyafurika.

Ati: “…Afurika igomba kuvumbura umuti wa Maraliya,….abana b’abanyafurika bagomba kuvumbura umuti wa Maraliya kandi Imana yiteguye gukorana na bo ikabaha guhishurirwa.”

Ibi ngo bizashoboka gusa ari uko abanyafurika bagendeye mu mahame y’Imana bakaguma mu nzira zayo.

 

Afurika haguruka imaze kumenyerwa n’abanyafurika benshi

Abashyitsi batandukanye baturutse imihanda yose baza kwitabira iki giterane
Abantu bafashijwe bikomeye n’ubutumwa baherewe muri iki giterane
Bacengewe n’ijambo ry’Imana
Abacuranzi b’ibicurangisho bitandukanye bari bahari
Aba na bo bahanitse amajwi y’ibi bicurangisho biryoheye amatwi
Iki giterane cyahuje abantu baturutse mu mahanga atandukanye
Ababyinnyi b’ibyino gakondo batambiye Imana
Imbyino gakondo zashimishije abitabiriye iki giterane

    

 

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Ubwanditsi 29 Mar 2020
Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho

Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Ubwanditsi 01 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira
Mu Mahanga

Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Ubwanditsi 05 Nov 2018
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo
Mu Rwanda

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Inama y’Abaminisitiri yemeje Gen Patrick Nyamvumba nk’Uhagarariye u Rwanda muri Tanzania naho Teta Gisa Rwigema aba Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika
Amakuru

Inama y’Abaminisitiri yemeje Gen Patrick Nyamvumba nk’Uhagarariye u Rwanda muri Tanzania naho Teta Gisa Rwigema aba Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika

Ubwanditsi 28 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru