• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Burundi: Babiri bari bajyanywe mu kato bakekwaho COVID-19 bishwe batagejejweyo

Burundi: Babiri bari bajyanywe mu kato bakekwaho COVID-19 bishwe batagejejweyo

Ubwanditsi 05 Apr 2020 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Umugabo witwa Damien Bonane n’umuhungu we Ezéchiel Dusabe bishwe batemaguwe mu gace Minyago, muri Komini ya Bwambarangwe, mu Ntara ya Kirundo, ubwo bari mu rugendo bajyanywe mu kato kubera ko bari baketsweho ko banduye icyorezo cya Coronavirus.

Amakuru yatanzwe n’abaturage bari baje gushyingura ba nyakwigendera avuga ko uyu mugabo wari usanzwe akorera muri Tanzania yari kumwe n’umuhungu we witeguraga kujya muri kaminuza, bangiwe gutaha ku icumbi rya bo mu gace ka Buhoro, basabwa n’urubyiruko rw’Imbonerakure kubanza kujya kwisuzumisha ku Kigo Nderabuzima cya Buhoro.

Gusa ngo nyuma yo kuva kwisuzumisha, Imbonerakure zabasabye ko bagomba kujya mu kigo gihurizwamo abashyizwe mu kato kiri ahitwa Mukenke kuko ngo uwo mugabo yaherukaga kujya mu gihugu cyagaragayemo iki cyorezo, bityo ko atagomba kujya mu bandi mu gace yari atuyemo n’ubwo ibizamini yari yakorewe bitagaragaje ko yanduye.

Ikinyamakuru Iwacu-Burundi cyanditse ko mu masaha ya saa yine z’ijoro (22:00), izo Mbonerakure zatwaye uwo mugabo n’umuhungu we, ziberekeza mu Kigo cya Mukenke giherereye mu bilometero bisaga 10, uvuye ku Kigo Nderabuzima cya Buhoro.

Amakuru yemejwe n’umuyobozi w’agace ka Minyago avuga ko mu nzira rwagati, Damien Bonane n’umuhungu we Ezéchiel Dusabe bari barinzwe neza n’Imbonerakure, batewe n’agaco k’abantu bari bafite imihoro barabica, gusa uyu muyobozi yirinze kugira ikindi yongeraho.

Imirambo y’abo bombi yatoraguwe mu gitondo cyo ku wa 3 Mata 2020, umwe uri mu bihuru undi uri hafi y’urusengero.

Abantu batanu barimo n’umuyobozi wo mu nzego z’ibanze bahise batabwa muri yombi ngo bakorweho iperereza, ariko bikekwa ko urupfu rw’abo bantu ntaho ruhuriye n’impamvu za politiki.

2020-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi

Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi

Ubwanditsi 15 May 2016
Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki  (Handball)

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Ubwanditsi 21 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori : Muri RNC ishaje  havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo
ITOHOZA

Bombori bombori : Muri RNC ishaje havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Abasirikare babiri ba Uganda bafatiwe muri Kenya bafite imbunda n’amasasu 185
ITOHOZA

Abasirikare babiri ba Uganda bafatiwe muri Kenya bafite imbunda n’amasasu 185

Ubwanditsi 24 Sep 2018
Bagitifu bakomeje gutabwa muri yombi kubera Amanyanga ya Ruswa no gukoresha  Impapuro mpimbano batanga Amasoko
ITOHOZA

Bagitifu bakomeje gutabwa muri yombi kubera Amanyanga ya Ruswa no gukoresha Impapuro mpimbano batanga Amasoko

Ubwanditsi 08 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru