• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Ubwanditsi 25 Dec 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 24 Ukuboza 2016, kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo habereye umuhango wo gusoza icyiciro cya 6 cy’ubukangurambaga n’ubufatanye ku mutekano n’isuku, hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali bwari bumaze amezi 6, hanahembwa abababaye indashyikirwa mu bikorwa byo guharanira isuku ndetse no kubungabunga umutekano.

Minisitiri w’umutungo kamere Vincent Biruta wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yashimye ubufatanye buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali, aho yavuze ati:”ubufatanye buriho mu mutekano n’isuku, burerekana ko ubufatanye bw’inzego zitandukanye tubukomeje ntacyo tutageraho”.

Yasabye ko ibyakozwe muri ubu bukangurambaga byaba umuco, abantu bakirinda kujugunya no gushyira imyanda aho babonye, akaba yavuze ati: ”Umujyi wacu uzwiho isuku n’umutekano mu mahanga, ibi biraharanirwa kandi biva kuri Politiki n’imihigo igihugu kiba cyarihaye ndetse n’inzego zibishinzwe zibikora neza”.

Yanasabye imirenge yagize amanota macye kwigira ku mirenge byegeranye yagize amanota meza, anasaba ko abayobora imirenge yose mu mujyi wa Kigali bazahura, abagize amanota meza bagasangiza abandi uko bakora ngo bagire amanota meza.

Minisitiri Biruta yasabye ko abantu bakomeza kwamagana no gucika ku mico mibi ikigaragara kuri bamwe, abajugunya amacupa aho babonye, abinjiza amashashi mu gihugu, kuko bibangamira ibidukikije. Aha yavuze ati:”Ikoreshwa ry’amashashi ku isi rikomeje uko rimeze ubu, twazagera mu mwaka wa 2050, amashashi ari mu biyaga no mu Nyanja aruta amafi yazaba arimo.”

Yanaboneyeho umwanya wo kongera gusaba abantu kwirinda kumena imyanda mu bishanga no gufatanya kubirinda ndetse no kutubaka mu nkengero kuko “bitugiraho ingaruka twese.”

Yasoje asaba ko ubu bufatanye bwakongerwamo imbaraga, abantu bakarushaho gutera amashyamba n’ibyatsi aho biri ngombwa, anakangurira abanyarwanda muri rusange n’abanyakigali by’umwihariko kudatema amashyamba adakuze bashaka inkwi n’amakara, ahubwo bagakoresha gazi, dore ko inahendutse kurusha inkwi n’amakara nk’uko yabivuze.

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Monique Mukaruliza, yashimiye Polisi y’u Rwanda kubera imikoranire muri gahunda yo kunoza isuku n’umutekano bafitanye.
Yavuze ati:”Ndashimira Polisi y’u Rwanda na buri wese ugira uruhare ngo umutekano n’isuku bitsimbatare, kuko bihesha isura nziza umujyi wa Kigali, n’igihugu cyacu muri rusange.”

Yakomeje avuga ati:”Ibyagezweho tugomba kubyubakiraho ngo turusheho gukataza mu isuku n’umutekano kuko byombi ari inkingi ikomeye mu iterambere ry’igihugu.”

Yasabye ababonye amanota ari hasi kongera imbaraga, ku buryo umwaka utaha bazaza ku isonga, anavuga ko ibikorwa by’ubukangurambaga bidasojwe, ahubwo hatangiye indi ntambwe y’imihigo mishya.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana, mu ijambo rye yavuze ko ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali buzahoraho, kandi ibihembo bikajya bitangwa buri mwaka.

Yavuze ati:”Twiyemeje kugira umujyi utekanye kandi usukuye, duharanira ubuzima bwiza bw’abaturage, kandi tuzakomeza gushyira mu bikorwa ibiteganywa n’amategeko no kwigisha abatarumva ubu bukangurambaga.”

IGP Gasana yavuze ko mu rwego rwo kwita ku bidukikije Polisi y’u Rwanda yateye ubusitani n’amashyamba kuri hegitari zigera kuri 600 mu Rwanda hose, mu minsi ishize hakaba haranakozwe umukwabu wo kureba niba hari amashashi agikoreshwa, hafatwa arenga ibihumbi 500 yinjiye mu buryo bwa magendu, anaburira abayinjiza n’abayakoresha ko bazakomeza gushakishwa bagahanwa.

Yanasabye abanyarwanda gukomeza guhanahana amakuru mu gukumira no kurwanya ibyaha,kugirango igihugu gikomeze umuvuduko gifite mu iterambere, barushaho kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, ndengamipaka, icuruzwa ry’abantu,ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ubujura, ibiyobyabwenge cyane cyane mu rubyiruko, ruswa igaragara mu nzego zitandukanye n’ibindi.

IGP Gasana yasoje yifuriza abanyarwanda iminsi mikuru myiza, ababwira ko bazizihiza iminsi mikuru yabo neza kuko mu Rwanda umutekano uhari ariko ntawe ubangamiye undi.

Yavuze ati:”Muri iyi minsi mikuru ntawe ubujijwe kwishima, abateguye ibitaramo bakabikora ariko hakirindwa urusaku rukabije rubuza umutekano w’abandi, kandi bikubahiriza amasaha yagenwe.”

Umurenge wa Remera wo mu karere ka Gasabo niwo wabaye indashyikirwa mu bukangurambaga ku mutekano n’isuku, ukaba wahembwe igikombe n’imodoka, uwahize abandi mu ndirimbo ni Twizeyimana Froduard wo mu murenge wa Nyarugenge akarere ka Nyarugenge wahembwe ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda, naho uwabaye uwa mbere mu mivugo aba Umugwaneza Yvette wo mu murenge wa Jari akarere ka Gasabo, nawe wahembwe ibihumbi 500 y’u Rwanda.

-5160.jpg

2016-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Ntabwo tuzakomeza kwihanganira umuco wo gutanga Serivisi mbi’ – Minisitiri Murekezi

‘Ntabwo tuzakomeza kwihanganira umuco wo gutanga Serivisi mbi’ – Minisitiri Murekezi

Ubwanditsi 01 Feb 2017
Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 27 Jul 2021
Abayobozi b’inzego z’ibanze n’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Karongi basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Abayobozi b’inzego z’ibanze n’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Karongi basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 10 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuganga mu Karere ka Ngoma yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana
Mu Mahanga

Umuganga mu Karere ka Ngoma yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe
Mu Rwanda

Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4
Amakuru

Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4

Ubwanditsi 31 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru