• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Madamu Jeannette Kagame yasangije amateka ya Jenoside abatabiriye Inteko rusange ya Loni

Madamu Jeannette Kagame yasangije amateka ya Jenoside abatabiriye Inteko rusange ya Loni

Ubwanditsi 19 Sep 2017 POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame yasangije bimwe mu byaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda abitabiriye Inteko rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye(UN) iri kubera i New York.

Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Madamu Jeannette Kagame binyuze kuri Twitter, yatanze ikiganiro ku kibazo cy’ihungabana n’ubuhezanguni mu birori bishamikiye ku nteko rusange ya UN byateguwe na ‘Global Hope Coalition’; Umuryango wiyemeje gutera ingabo mu bitugu abantu barwanya iterambona n’ihoterwa hirya no hino ku Isi.

-7988.jpg

Madamu Jeannette Kagame ageza ijambo ku bari bateraniye mu nama ya Global Hope Coalition muri Amerika ahari kubera Inama y’Umuryango w’Abibumbye ku nshuro yayo ya 72 (Ifoto/ Imbuto)

-7989.jpg

Bamwe mu bari bateraniye muri iyo nama, bakurikirana ijambo rya Jeannette Kagame

Muri icyo kiganiro, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko Isi itarabonera umuti urambye ikibazo cy’ubuhezanguni, yagize ati ” Isi yacu iri mu rungabangabo rwo kwita uko bikwiye ku buhezanguni, nk’uko byagaragajwe n’ihohoterwa mu baturanyi bacu n’ahandi.”

Madamu Jeannette Kagame yakomeje abwira abari bamukurikiye mu kiganiro cy’amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu myaka 23 ishize; ibintu yahuje n’ubuhezanguni bwari bugamije kurandura uruhande rumwe rw’Abanyarwanda.

Ati “Hapfuye abarenga miliyoni, ibihumbi by’abagore bafatwa ku ngufu, banduzwa virus itera SIDA” byakurikiwe, “n’ibihumbi by’abapfakazi, imfumbyi, abagera muri miliyoni ebyiri bisanga mu buhunzi.”

Madamu Jeannette Kagame yasoje ikiganiro cye avuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Abanyarwanda bataheranwe n’agahinda ahubwo ko baharaniye kwihesha agaciro no kwiyubaka.

Ati “Nyuma ya Jenoside twagombaga gushyiraho uburyo budufasha twese kongera gusubirana agaciro n’imbaraga, hanyuma imvugo ‘ Never again (Ntibizongera ukundi)’ tukayigira impamo.”

Mu nteko rusange ya UN igikomeje kuba, biteganyijwe ko Madamu Jeannette Kagame azitabira inama y’Umuryango w’abagore b’abakuru b’ibihugu bya Afurika urwanya Sida (OAFLA) watangijwe mu mwaka wa 2002 ugamije kuvuganira no gushakira inkunga ababana n’ubwandu bwa virus itera SIDA muri Afurika.

Inteko rusange ya UN ya 72 yatangiye tariki ya 12 Nzeli 2017 ikaba izasozwa nyuma y’iminsi 13, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa murandasi rwa UN ibihugu 193 byose bigize uyu muryango biri kwigira hamwe ingingo zikomeye zihangayikishije abatuye Isi zirimo iterambere, amahoro, umutekano, amategeko mpuzamahanga n’ibindi.

-7990.jpg

Umuyobozi mukuru wa UNESCO Irina Bokova wari witabiriye iyo nama nawe avuga ijambo

2017-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada

Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Ni byiza kuba Sudan yarinjizwe muri EAC

Ni byiza kuba Sudan yarinjizwe muri EAC

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Adeline Rwigara yavuze uko ibiganiro bye na Kayumba Nyamwasa byahamije ko musaza we Rutabana afitwe na RNC

Adeline Rwigara yavuze uko ibiganiro bye na Kayumba Nyamwasa byahamije ko musaza we Rutabana afitwe na RNC

Ubwanditsi 18 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gutandukana na Waasland Beveren, Bizimana Djihad yerekeje muri KMSK Deinze yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi.
Amakuru

Nyuma yo gutandukana na Waasland Beveren, Bizimana Djihad yerekeje muri KMSK Deinze yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi.

Ubwanditsi 28 May 2021
Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika
Amakuru

Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika

RUSHYASHYA 19 Mar 2026
Prof. Shyaka asanga itangazamakuru mu Rwanda ryigenga kandi rigerageza gukora kinyamwuga
Mu Mahanga

Prof. Shyaka asanga itangazamakuru mu Rwanda ryigenga kandi rigerageza gukora kinyamwuga

Ubwanditsi 07 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru