• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Cyril Ramaphosa uhabwa amahirwe menshi yo kuyobora Afurika y’Epfo ni muntu ki?

Cyril Ramaphosa uhabwa amahirwe menshi yo kuyobora Afurika y’Epfo ni muntu ki?

Ubwanditsi 25 Dec 2017 POLITIKI

Ishyaka rimaze imyaka 23 ku butegetsi bwa Afurika y’Epfo, ANC, riherutse gutora Cyril Ramaphosa w’imyaka 65 ngo ariyobore, bimuhesha n’amahirwe menshi yo kuzayobora iki gihugu asimbuye Perezida Jacob Zuma, mu matora ateganyijwe mu 2019.

Ramaphosa ntabwo ari mushya muri politiki kuko asanzwe ari Visi Perezida wa Afurika y’Epfo, kuva muri Gicurasi 2014. Ni umwe mu mpirimbanyi zarwanyije politiki y’ivangura (Apartheid), akaba umushoramari w’umuherwe ukomeye. Imwe mu ntego ze zikomeye ni ukurwanya ruswa yazahaje ubukungu bwa Afurika y’Epfo.

Mu 1952 nibwo Ramaphosa yavukiye i Soweto mu Majyepfo y’Iburengerazuba bwa Johannesburg. Yize amategeko muri Kaminuza ya North i Turfloop, aho yaje kuyobora ishyirahamwe ry’abanyeshuri bigaga ibijyanye na politiki.

Mu myaka ya 1980 yabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro ry’abacukuzi b’amabuye y’agaciro (NUM), ariyobora imyaka icyenda. Mu 1991, Ramaphosa yabaye Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka ANC, aho yahagarariye iri shyaka mu biganiro byatumye Afurika y’Epfo igera kuri demokarasi ivuye mu butegetsi bw’agatsiko k’abazungu.

Ubwo yayoboraga NUM, yarwanyije akarengane kakorerwaga abirabura abasha no guhosha amakimbirane yarangwaga hagati y’ubwoko bw’Aba-Zulu n’aba-Xhosa. Ubu bunararibonye bwaramufashije cyane no mu biganiro byo guharanira demokarasi.

Ramaphosa, yagize uruhare rukomeye mu gukora Itegeko Nshinga rya Afurika y’Epfo rishingiye ku kurwanya politiki y’ivangura.

Imigendekere myiza y’ibiganiro byo kurwanya ivangura yatumye Mandela ajya ku butegetsi mu 1994, iba intsinzi ya mbere y’ishyaka ANC mu matora ya mbere anyuze mu mucyo mu 1994. Iki gihe yahise aba Umudepite.

Mu 1999 Mandela yifuje ko Ramaphosa amusimbura ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ariko ashyirwaho igitutu n’itsinda ry’abayobozi muri ANC bituma atoranya Thabo Mbeki, warwanyije ivangura ari mu buhungiro.

Uyu mugabo ni umwe mu baherwe muri Afurika y’Epfo, afite ikigo cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya Platinum, kitwa Lonmin. Ibinyamakuru Forbes Africa na Bloomberg bigaragaza ko umutungo we ubarirwa muri Miliyoni 450 z’amadolari ya Amerika.

Ramaphosa yashakanye n’umugore w’umucuruzi Nomazizi Mtshotshisa, baratandukana nyuma ashakana na, Tshepo Motsepe, mushiki w’umuherwe w’umucukuzi w’amabuye y’agaciro, Patrice Motsepe. Afite abana bane.

2017-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

RUSHYASHYA 17 Nov 2025
Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 May 2018
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Ijambo ry’Umwami Kigeli V muri ibi bihe by’icyunamo Mata 2016. Ni iki kiryihishe inyuma

Ijambo ry’Umwami Kigeli V muri ibi bihe by’icyunamo Mata 2016. Ni iki kiryihishe inyuma

Ubwanditsi 14 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati
ITOHOZA

Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Perezida Kagame yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza muri  Gisagara
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza muri Gisagara

Ubwanditsi 15 Jul 2017
Mu byegera bya Perezida Nkurunziza bihabwa amahirwe yo kumusimbura mu 2020, harimo na Gen Prime Niyongabo
ITOHOZA

Mu byegera bya Perezida Nkurunziza bihabwa amahirwe yo kumusimbura mu 2020, harimo na Gen Prime Niyongabo

Ubwanditsi 15 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru