• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Ubwanditsi 17 Sep 2018 POLITIKI

Pererezida wa Uganda yakomoje ku gikorwa yise ‘guhandura ivunja’, agihuza no gushaka umuti ku bibazo by’umutekano muke muri Uganda bivugwa ko hari igihugu cy’abaturanyi kibigiramo uruhare.

Muri iki gihe Uganda yugarijwe n’ubwicanyi bwa hato na hato, aho kuva mu myaka ishize abantu bakomeye bagiye baraswa kandi ababigizemo uruhare ntibamenyekane.

Ni ibibazo bisobanurwa ukwinshi kuko hari abavuga ko uyu mutekano muke ari iturufu yo kugumisha Museveni ku butegetsi, kuko ari icyuho anyuramo mu kwivugana abagerageje kuzamura ijwi banenga imikorere ye cyangwa batemeye ibikorwa bye mu buryo bweruye.

Ni kimwe no kuvuga ko ibyo bibazo bifitwemo uruhare n’igihugu cy’abaturanyi, byose bigamije kurangaza abaturage kandi ikibazo nyirizina kiri imbere mu gihugu.

Bigahuzwa n’uko ubwo ASP Kirumira wahoze ari ofisiye muri polisi ya Uganda yaraswaga agapfa ku wa 8 Nzeri 2018, Perezida Museveni yihutiye kugera aho byabereye, ariko abaturage bamugaragariza ko bamurambiwe.

Nk’uko Daily Monitor yabitangaje, umwe yagize ati “Mzee, urabibona? Ibi turabirambiwe. Turakurambiwe hamwe n’inzego z’umutekano zawe. Turagira ngo ugire icyo ukora. Ko abantu bari gushira uzayobora iki, igihugu cyambaye ubusa?”

Undi nawe yagize ati “Mzee, Kirumira yakubwiye ko bashaka kumwica ariko ntiwigeze umwumva. Se [umubyara] nawe yarakwegereye kuri iyo ngingo ariko uraceceka. Watubwira Perezida wacu uwo ari we niba udashobora guhagarika ubwicanyi mu gihugu uyoboye?”

Muri iyi myaka mike ishize, inzego z’umutekano za Uganda zakajije umurego mu gutoteza abanyarwanda baba abatuyeyo cyangwa abahagenda, abenshi bagakorerwa iyicarubozo bashinjwa ibyaha byo guhungabanya umutekano, nubwo nta bimenyetso byigeze bitangwa.

Mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa Gatandatu mu ngoro y’umukuru w’igihugu, Entebbe, Museveni yabajijwe ku bivugwa ko ibihe Uganda iri gucamo “bifitanye isano n’igihugu cy’abaturanyi ku buryo abaturage hari abashyitsi batinya kwakira kuko batazi aho bahagaze.”

Nubwo atigeze avuga izina ry’icyo gihugu, byumvikanye ko ari igifatanye ibibazo by’umubano utifashe neza muri iki gihe, ari cyo u Rwanda.

Museveni ntiyigeze abaza uwo munyamakuru izina ryacyo, ibyabaye nk’ibisobanura neza ko icyo bamubazaga yacyumvaga.

Yagize ati “Ku bijyanye no kumenya niba abo bicanyi baturuka mu gihugu cy’abaturanyi, icyo tuzakimenya. Tugenza gacye, ntidukuka umutima, ntabwo guhandura ivunja bivuze gukata ino ryose. Oya, iyo ryinjiye mu ino ukuguru kose kurababara, ukarihandura utangije umubiri.”

Yavuze ko bazakemura ikibazo badahagaritse moto zikunze gukoreshwa mu kurasa abantu cyane cyane muri Kampala.

Ati “Tuzagera kuri ayo mavunja. Ivunja ryinjiye urihandura mu buryo bubiri. Uvanamo iryinjiye kandi gahoro gahoro utangije urugingo, ugashyiraho n’umuti ku buryo n’andi mavunja apfa… Tuzayahandura ryaba ari iriri mu ino n’andi ari hafi aho, muzaba mureba.”

Yavuze ko hari amavunja yinjiye mu batwara moto, kikaba ari cyo bagomba guhangana nacyo.

Muri icyo gikorwa niho hazamo itabwa muri yombi rya Gen Kale Kayihura wahoze ayobora Polisi ya Uganda, kuko Ubushinjacyaha bumurega ko Kayihura yananiwe kurinda ibikoresho by’intambara, agaha imbunda abantu batabyemerewe n’amategeko barimo abatwara moto bari bibumbiye mu cyitwa ‘Boda Boda 2010’.

Museveni ati “Ntaho abantu badapfa”

Abantu bakomeye bishwe muri Uganda mu myaka ishize barimo Umushinjacyaha Joan Kagezi; Major Mohammed Kiggundu; AIGP Felix Kaweesi; umucuruzi Susan Magara, Col Abiriga na Mohamad Kirumira uheruka, bose bishwe barashwe.

Ku bwa Museveni ngo ubwicanyi ntaho butaba kuko na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’igihugu cy’igihanganye, mu myaka ine ishize hishwe abantu 56 214.

Ati “Ubwicanyi bubaho no mu bihugu byateye imbere, itandukaniro ni uko nko muri Amerika no mu bindi bihugu byateye imbere, kubera za kamera, ikoranabuhanga ryumviriza telefoni z’abanyabyaha, abakora ibyo byaha bahita bamenyekana.”

Yavuze ko hari gushyirwaho ikoranabuhanga mu gushakisha abanyabyaha, asaba Abanya-Uganda ko igihe babonye umuntu batazi bahita bamenyesha inzego z’umutekano.

Nubwo Perezida Museveni ndetse n’inzego z’umutekano zitandukanye zo mu gihugu cye basa n’abihaye gahunda yo gushakisha uburyo bwose bashotoramo u Rwanda, kugeza magingo aya abayobozi bo mu Rwanda nta n’umwe muri bo uragira icyo avuga byeruye kuri ubwo bushotoranyi.

Yewe ibimenyetso byose bituruka ku ruhande rw’u Rwanda usanga byerekana ko rwo rwifuza kugirana na Uganda imibanire myiza.

Mu bigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu gutsura umubano na Uganda harimo uruzinduko Perezida Paul Kagame aheruka kugirira muri Uganda mu kwezi kwa Werurwe uyu mwaka rwari rugamije kuzura no gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi.

Ikindi nubwo Abanyarwanda bakorerwa iyicarubozo muri Uganda, abaturage ba Uganda bo usanga bagenda mu Rwanda ndetse bakarukoreramo nta nkomyi.

“Intare ntabwo ikunda kwanduranya”

Mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka ubwo yari yitabiriye ibikorwa byo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Gisagara, Perezida Kagame yakomoje ku mibanire y’u Rwanda n’ibihugu bituranyi, iki gihugu akigereranya n’Intare, avuga ko nubwo ari kenshi igaragara nk’isinziriye, ari urugero rwiza rwo kurinda kandi nta we wanduranyijeho.

Yagize ati: “Irisinzirira ndetse ubukoko bumwe bukajya buza bukayijomba, bwibwira ngo irasinziriye, ndetse Intare nayo ikabwirengagiza, rimwe na rimwe igakomeza kwirigata iminwa izi ngo aho iri bubishakire irabwiyunyuguza. Ubundi Intare ntabwo ikunda kwanduranya, ntabwo ari ngombwa.”

“Ntabwo rero twanduranya ariko si ngombwa ko abantu batwanduranyaho, twe imbaraga zacu zose tuzishyire mu kwiyubaka no kurinda ibyo twubaka.”

2018-09-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant

Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant

Ubwanditsi 22 May 2018
’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

Ubwanditsi 25 Feb 2020
Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Kim Jong Un yagiriye uruzinduko mu Bushinwa mu ibanga rikomeye

Kim Jong Un yagiriye uruzinduko mu Bushinwa mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 27 Mar 2018

Igitekerezo kimwe

  1. katsibwenene
    September 18, 201812:51 pm -

    Haaaaaaaaaaa!!!!!!!!! amaso kuri ecran

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amb. Amri Sued  yitabye Imana
Mu Rwanda

Amb. Amri Sued yitabye Imana

Ubwanditsi 06 Oct 2017
Ngororero: Urubyiruko rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rwasabwe kugira uruhare mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Ngororero: Urubyiruko rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rwasabwe kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi
INKURU NYAMUKURU

Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Ubwanditsi 17 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru