Ikipe ya RSSB Tigers BBC ikomeje kwandika amateka mashya muri Basketball y’u Rwanda nyuma yo kubona itike y’umukino wa nyuma wa BAL 2026, itsinze Al Ahly amanota 106-97 mu mukino wa 1/2 wabereye muri BK Arena.
Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2026, witabiriwe n’abafana benshi barenga 6,500 ndetse wari wanitabiriwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Wari umukino ukomeye cyane kuva utangiye kugeza urangiye, amakipe yombi agaragaza ubushake bwo kugera ku mukino wa nyuma.
Agace ka mbere karangiye amakipe anganya amanota 24-24, buri ruhande rugaragaza imbaraga mu bwugarizi no gutsinda amanota yihuse. Mu gace ka kabiri, RSSB Tigers yatangiye gushyiramo ikinyuranyo ibifashijwemo na Oumar Ballo na Craig Randall batsindaga amanota menshi, gusa Al Ahly na yo ntiyacitse intege kuko Kelvin Murphy na Nuni Omot bakomeje kuyigarura mu mukino.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye amakipe yombi anganya amanota 50-50, ibintu byatumaga umukino urushaho gukomera no gushimisha abakunzi ba Basketball bari muri BK Arena.
Mu gace ka gatatu, RSSB Tigers yongeye gusubirana imbaraga, Teafale Lenard Jr na Mangok Mathiang bayifasha gushyiramo ikinyuranyo, ariko Al Ahly ikomeza kuguma hafi ibikesheje Zachary Lofton. Aka gace karangiye ikipe yo mu Rwanda iyoboye umukino n’amanota 80 kuri 76.
Mu gace ka nyuma, abafana ba RSSB Tigers bakomeje gushyigikira ikipe yabo cyane, ibintu byafashije abakinnyi nka Antino Jackson, Mangok Mathiang na Teafale Lenard Jr gukomeza kongera ikinyuranyo cyageze mu manota 10 kugeza iwutsinze amanota 106-97.
Iyi ntsinzi yahise yinjiza RSSB Tigers mu mateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda igeze ku mukino wa nyuma wa BAL kuva iri rushanwa ryatangira gukinwa.
Ku mukino wa nyuma uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2026, RSSB Tigers izacakirana n’iza kuva hagati ya Petro de Luanda na Al Ahly Benghazi bazahura kuri uyu wa Kane guhera saa moya z’ijoro.


















