• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi

Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi

Ubwanditsi 17 Jun 2018 Mu Rwanda

Kubera gutotweza n’inzego za Leta, abakora uburaya ku mu paka wa Rusumo ho mu Karere ka Kirehe, bavuga ko, bakubitwa bakanafungwa, abeshi bahungira mu bihugu by’abaturanyi nka Tanzaniya, Uganda, abandi bakajya mu mugi wa Kigali.

Niyomubyeyi Annah, avuga ko bishyize hamwe bashinga ishyirahamwe Twiyubake, bose ari 60,  kugirago biteze imbere, bityo bigatuma bashobora kwiyishyurira ubwisungane mu kwivuza, ndetse no kugirango bajye bashake nuko babona inkunga kugirago babone ibyo bakora, bakanashobora  kuva mu buraya, kuko ari umwuga usuzuguritse.

Ati, ‘‘Nkubu bagenzi bacu bafite ubwandu bwa sida bisigaye biborohera kubona imiti, kuko tujya ku Kigo Nderabuzima bakaduha imiti byihuse, bitewe nuko bazi ishyirahamwe ryacu. Naho abadafite ubwandu buri kwezi tukajya kwipimisha, kugirago turebe uko duhagaze,kandi buri wese abikora ku bushake ntagahato ,kuko bamaze kumenya ibyiza bya byo, uretse kudupima ubwandu, banaduha amakarito ane yudukigirizo ku buryo ntawe ushobora gusambana atagafite kuko mu rwego rwo kwirinda, twiyemeje kutazogera gukorera aho, cyane birinda kwandura ubwandu bwa agakoko gatera sida ndetse ninda zitateganyijwe.

Abafite ubwandu mwishyirahamwe ryaco ni 11, ababyaye ni 9, abafite inda bateganya kubyara ni  4.

Uwiduhaye Francine, umwe mu bakora uburaya mu Karere ka Kirehe, akaba anakavukamo, avuga ko bahangayikishijwe n’inzego za Leta, zibakorera itotezwa, harimo kubakubita, gufugwa, ndetse no kubirukana aho batuye mu Midugudu, bababwira ko nta ndaya bashaka aho ngo ziteza umuteka muke, dore nkubu Nyamugari kuri polisi, baherutse gukora umukwabu umukobwa wese wibana bakeka ko ari indaya baramufashe bajya kumufunga.

Ati “Usanga abashinzwe umutekano mu Midugudu tuba dutuyemo, bafatanyije na polisi badufata bakadufunga batubwira go duteza umuteka muke, kandi twubahiriza gahunda zose za leta nka bandi  Banyarwanda bose, kuko twishyura umutekano hamwe n’ubwisungane mu kwivuza mituweri.

Uwiduhaye Francine akomeza avuga ko amaze imyaka ine mu buraya ariko abukora atabukunze arukugirago abone ibimutunga, kuko  atishoboye ntan’ababyeyi agira, ariko abonye ibyo akora yava mu buraya, kuko ari umwunga usuzuguritse kandi harimo ibyago byinshi byo kwandura indwara ya Sida, no kuba wanakwica kuko usanga hari gihe haza umugabo umeze nk’igikoko aho agusambanya yarangiza akanagukubita kuko yabuze ubwishyu cyane nk’abantu batwara amakamyo usanga baba banyoye ibiyobya bwenge.

Ati “abakiriya tubona benshi ni abantu baba baturetse hanze ya Akarere ka Kirehe nk’abatwara amakamyo, ndetse n’abaza gukora mu nkambi ya Mahama, icumbikiye Impunzi z’ABarundi.

Mugabo Frank ushizwe ubuzima mu Akarere ka Kirehe, yatangaje ko abakora uburaya ku mupaka wa Rusumo no mu Karere kose muri rusange, bateje impugenge kuko usanga hari abana bafite imyaka mike nko hagati ya 15-16 bityo ugasanga bihangayikishije kuko umwana ungana atyo, aba akiri muto cyane aba akwiye kuba ari mu ishuri, akaba ari muri urwo rwego Akarere karimo gushakisha abatera nkunga kugirago babashyire mu mashuri y’imyunga, abandi bakuru badashaka kujya muri iyo myuga, bagashakirwa ibyo bakora, nko gucuruza mu masoko, ndetse n’ibindi ibyo ari byo byose Akarere kakaba karabishyize mu Ngengo y’imari y’umwaka utaha wa 2019.

Akarere ka Kirehe ni kamwe mu tugize Intara y’Iburasirazuba, kakaba gakora ku mipaka y’ibihugu by’abaturanyi nka Tanzaniya ndetse n’u Burundi.

Safi Emmanuel

2018-06-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iya 10 Gicurasi 1994: Perezida Mitterand yavugiye amagambo kuri televiziyo ashyigikora abakoraga jenoside

Iya 10 Gicurasi 1994: Perezida Mitterand yavugiye amagambo kuri televiziyo ashyigikora abakoraga jenoside

Ubwanditsi 10 May 2018
Mu mikino ya gishuti, ikipe ya Police FC yatsinze Gasogi United, AS Muhanga itsindwa na AS Kigali naho Bugesera FC na Sunrise bagwa miswi.

Mu mikino ya gishuti, ikipe ya Police FC yatsinze Gasogi United, AS Muhanga itsindwa na AS Kigali naho Bugesera FC na Sunrise bagwa miswi.

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Ubwanditsi 30 Nov 2021
Icyumweru cyahariwe umutekano mu muhanda: Twubahirize amategeko y’umuhanda turengere ubuzima – Polisi

Icyumweru cyahariwe umutekano mu muhanda: Twubahirize amategeko y’umuhanda turengere ubuzima – Polisi

Ubwanditsi 23 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA
IKORANABUHANGA

Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda
UBUKUNGU

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2018
UMUGABA MUKURU W’INYESHYAMBA ZA FDLR YAFASHWE AVUYE MU BIGANIRO NA KAYUMBA NYAMWASA
Mu Rwanda

UMUGABA MUKURU W’INYESHYAMBA ZA FDLR YAFASHWE AVUYE MU BIGANIRO NA KAYUMBA NYAMWASA

Ubwanditsi 10 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru