• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga

Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga

Ubwanditsi 14 Feb 2018 Mu Rwanda

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasimbuye Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (MICT), Dr Serge Brammertz aratangaza ko yinjije mu ikipe ye abafashije guta muri yombi abakoze ibyaha mu cyahoze ari Yugoslavia ngo bamufashe no guhiga Kabuga Felicien n’abandi baburiwe irengero bakekwaho jenoside.

Ibi Dr Brammertz yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gashyantare, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru aho ari mu kazi i Kigali.

Yavuze ko atemerewe kugira icyo avuga ku ho bageze bashakisha abagabo umunani basigaye bakekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ariko akemeza ko bari gukaza ikipe ngo aba bashyikirizwe ubutabera.

Yagize ati “Twashyizeho uburyo bwose bushoboka ku buryo ubu turi gukora cyane nubwo bitoroshye kumenya abo aba bagabo baherereye. Ndemera ko twananiwe kubata muri yombi mu myaka yashize kuko niko kuri kandi hari abakora cyane ngo bafatwe, ariko biragoye kumenya aho bari rwose.”

Abajijwe impamvu nyuma y’imyaka 24 Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwashyiriweho u Rwanda rwananiwe gushyikiriza aba bagabo ubutabera, Brammertz yavuze ko yagerageje gushakisha icyabiteye n’ikitarakorwaga neza.

Yagize ati “Ubu ndi gukorana na benshi mu bo twakoranye mu guhiga abakoze ibyaha by’intambara mu cyahoze ari Yugoslavia, […] ni ibyo kwishimira cyane kuko urukiko rwashyiriwe iki gihugu rwafunze imirimo yarwo nta n’umwe ukidegembya. Byari bigoye ariko kuba Radovan Karadžić na Ratko Mladić barafashwe nyuma y’imyaka 15 na 17 ni igikorwa cy’ingenzi.”

Ngo bize byinshi ku buryo ubu bari no kwifashisha ikoranabuganga mu kumenya aho aba bagabo bakurikiranweho jenoside mu Rwanda batabwe muri yombi.

Yunzemo ati “Ntibyoroshye namba kuko aba bagabo bafite ibyangombwa bitandukanye dore ko babashije kwihisha iyi myaka yose kandi birashoboka ko hari abantu babafashije mu buryo bukomeye cyane.”

Ku bantu 90 Urukiko rwa Arusha rwari rufite inshingano zo kuburanisha, 8 bonyine ni bo basigaye. Muri bo, batatu bagomba kuzaburanishwa n’uru rwego rwasimbuye Urukiko rwa Arusha. Barimo Félicien Kabuga, Protais Mpiranya na Augustin Bizimana.

Naho dosiye z’abandi batanu ari bo Fulgence Kayishema, Charles Sikubwabo, Aloys Ndimbati, Ryandikayo na Phénéas Munyarugarama zoherejwe mu Rwanda nubwo uru rwego ari rwo ruzakomeza kubahiga.

Abakekwaho uruhare muri jenoside 18 bari barahunze bamazwe koherezwa kuburanira mu Rwanda, naho hirya no hino ku Isi cyane cyane mu Burayi, 21 bari kuburana mu nkiko.

2018-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije Umunsi w’Igitambo wa Eid Al Adha

Uko Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije Umunsi w’Igitambo wa Eid Al Adha

Ubwanditsi 21 Aug 2018
HCR yemeje ko impunzi z’Abanyekongo ziherutse gupfa zizize imyigaragambyo ari 11

HCR yemeje ko impunzi z’Abanyekongo ziherutse gupfa zizize imyigaragambyo ari 11

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Tombola y’igikombe cy’Amahoro isize Rayon Sports izahura na Musanze FC naho APR FC izahura n’ikipe y’Amagaju

Tombola y’igikombe cy’Amahoro isize Rayon Sports izahura na Musanze FC naho APR FC izahura n’ikipe y’Amagaju

Ubwanditsi 01 Apr 2022
Ukuri ku rupfu rw’umusirikare waguye mu biro by’iperereza mu Burundi

Ukuri ku rupfu rw’umusirikare waguye mu biro by’iperereza mu Burundi

Ubwanditsi 19 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]
HIRYA NO HINO

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Rujugiro Ayabatwa Tribert yahawe amahirwe yanyuma
ITOHOZA

Rujugiro Ayabatwa Tribert yahawe amahirwe yanyuma

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.
Amakuru

Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.

Ubwanditsi 23 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru