• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano

Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano

RUSHYASHYA 17 Jun 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Myugariro Ishimwe Christian watandukanye na Police FC nyuma yo gusoza amasezerano y’imyaka ibiri yari afite, yasubiye muri APR FC yahozemo nyuma y’imyaka ibiri. Uyu mukinnyi yabisikanye na Niyomugabo Claude utarongereye amasezerano.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 17 Kamena 2026, ni bwo Chairman w’Agateganyo wa APR FC, Col (Rtd) Vincent Mugisha, yakiriye ku biro byayo uyu mukinnyi uri mu Banyarwanda bitwaye neza mu mwaka ushize w’imikino.

Ishimwe Christian yashyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri, aho yasubiye muri APR FC yaherukagamo mu 2024.

Ku nshuro ya mbere uyu mukinnyi yageze muri APR FC ni mu 2022, aho yari avuye muri AS Kigali, na yo yagezemo aturutse muri Marines FC.

Uyu mukinnyi wifujwe na Rayon Sports, azafatanya na APR FC mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup rizabera mu Rwanda, ndetse na CAF Champions League izerekezamo nyuma yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ya 2025/26.

Kugura Ishimwe Christian bivuze ko APR itazakomezanya na Niyomugabo Claude wari Kapiteni wayo. Bugingo Hakim umaze umwaka umwe muri iyi kipe nyuma yo kuva muri Rayon Sports, ni andi mahitamo iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu ifite ku ruhande rw’ibumoso.

Bivugwa ko uyu mukinnyi yanze kongera amasezerano adahawe miliyoni 100 Frw n’umushahara wa miliyoni 6 Frw ndetse ni ko bimeze ku bandi barimo Ruboneka Bosco, Nshimiyimana Yunussu na Byiringiro Jean Gilbert.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko APR FC iri kubaha miliyoni 50 Frw n’umushahara wa miliyoni 3 Frw ku kwezi, ndetse abatayakira ikaba iteganya kubasimbuza.

Hari amakuru avuga ko Niyomugabo Claude, Nshimiyimana Yunussu, Byiringiro Jean Gilbert na Ruboneka Bosco, bose bafite amakipe abifuza hanze y’u Rwanda.

Mu buryo budasubirwaho, APR FC yatandukanye n’abakinnyi barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah, mu gihe bivugwa ko ishobora kudakomezanya n’abandi barimo Ishimwe Jean Pierre, Mugisha Gilbert, Dennis Omedi na Niyibizi Ramadhan.

Mu bakinnyi bashya iyi kipe yitezwemo harimo Mamadou Traoré wari muri Stade Malien, Madou Zon wo muri TP Mazembe, Umunya-Côte d’Ivoire Amani Kouadio Kan Michel Breygeneve n’umunyezamu Ernan Siluane wo muri Mozambique.

2026-06-17
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Clément Kayishema yaguye muri Gereza muri Mali

Clément Kayishema yaguye muri Gereza muri Mali

Ubwanditsi 31 Oct 2016
Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Ubwanditsi 04 Oct 2021
Imyambaro icumi y’amakipe mibi kurusha indi ku isi muri uyu mwaka

Imyambaro icumi y’amakipe mibi kurusha indi ku isi muri uyu mwaka

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Mauritius yamaze guhamagara abakinnyi 23 izifashisha ikina n’Amavubi

Mauritius yamaze guhamagara abakinnyi 23 izifashisha ikina n’Amavubi

Ubwanditsi 22 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo
INKURU NYAMUKURU

U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo  n’ ibitabo by’indirimbo
Mu Rwanda

Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo n’ ibitabo by’indirimbo

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?
INKURU NYAMUKURU

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Ubwanditsi 07 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru