• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Ubwanditsi 10 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Hamaze iminsi hari amakimbirane hagati y’ingabo za Congo zizwi nka FARDC n’imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Congo izwi nka Wazalendo aho abagize iyi mitwe binubira ubuyobozi bwa gisirikare kubera kubizeza ibitangaza bakabashora ku rugamba bonyine FARDC igakizwa na kibuno mpamaguru, no kutabaha ibyo babemereye.

Ubuyobozi bwa Tshisekedi bukomeje guceceka kuri iki kibazo, ariko kuva mu mpera za 2023 batangiye guha intwaro n’amasasu menshi imitwe ya Wazalendo irwanya M23 nkuko tubikesha ikinyamakuru Africa Intelligence, yerekana ko izi ntwaro zatanzwe hagati y’Ukuboza umwaka ushize na Mata uyu mwaka, kandi ibyo bikaba byemezwa n’icyegeranyo giheruka cy’impuguke za Loni cyashyizwe ahagaragara muri Kamena.

Iyo nyandiko Africa Intelligence yabonye ivuga ko amatsinda agera kuri 30 akorera mu izina rya Wazalendo – bisobanura “abanyamurava” mu rurimi rw’igiswahili – cyangwa Volontaires pour la Défense de la Patrie (VDP) bahawe amasasu agera hafi kuri miliyoni ebyiri y’amoko atandukanye, hamwe n’amabombe 868. Harimo n’imbunda zirenga 300 zo mu bwoko bwa Kalashnikovs.

Uku gutanga intwaro nyinshi ku barwanyi babanje kurwanya ingabo za Congo ni ikibazo gikomeye mu minsi iri imbere. Bikazaba ikibazo gukura izi ntwaro mu baturage.

Mu rwego rwo guhosha aya makimbirane, abayobozi b’imitwe ya Wazalendo bagiye I Kinshasa bakirwa na Perezida Félix Tshisekedi muri Mata. Mu byo bashinja abasirikare ba FARDC n’abayobozi b’intara ni ukuba baranyereje inkunga bari basezeranyijwe. Ibi byiyongeraho kuba imitwe yose idafatwa kimwe harimo ubusumbane. Bamwe bahabwa ibiryo mugihe hari abandi bahabwa amafaranga menshi y’amadorali.

Mu kindi Wazalendo ishinja FARDC ni uko akenshi basigara bonyine ku rugamba kuko ingabo za FARDC zikunda kuguma ku mbunda ziremereye zirasa kure ntizegere urugamba bakizezwa kandi ko bazashimirwa nyuma y’urugamba batazi igihe ruzarangirira. Ministiri Muhindo Nzangui, Minisitiri w’iterambere ry’icyaro, nawe ufite umutwe witwaje intwaro, yari yaratangaje ko Wazalendo bazinjijwa mu gisirikari bagahabwa ibyo umusirikari wese wa FARDC abona ariko amaso yaheze mu kirere. Kuba rero Wazalendo yarahawe intwaro nyinshi ni ugushyira mu kaga umutekano wiki gihugu mugihe kiri imbere dore ko nta gikozwe bazafata FARDC nk’umwanzi.

Mu gihe Wazalendo na FARDC bakomeje gutsindwa ku rugamba bakomeje ibikorwa bibangamira abaturage.Peter Cirimwami, guverineri w’intara ya gisirikare ya Kivu y’Amajyaruguru, muri Mata yahagaritse abarwanyi kwinjira muri Goma bitwaje intwaro nyuma y’ubwiyongere bw’urugomo rwakozwe n’amabandi muri uwo mujyi no mu nkambi z’impunzi ziri hafi aho.

Ikibazo cya Wazalendo ni ikibazo kizateza umutekano muke mu karere k’uburasirazuba bwa Congo igihe kirekire kuko igikorwa cyo kuzabambura intwaro kizagora umutegetsi wese uzasimbura Tshisekedi.

2024-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 21 Jul 2025
U Burayi bwashimangiye ko bushyigikiye Perezida Kagame mu mavugurura ya AU

U Burayi bwashimangiye ko bushyigikiye Perezida Kagame mu mavugurura ya AU

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo  y’umupira w’amaguru (Police FC)

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo y’umupira w’amaguru (Police FC)

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Imikorere mibi  no kunyereza umutungo wa EAC mu ihurizo ryo guhemba abakozi bayo 

Imikorere mibi  no kunyereza umutungo wa EAC mu ihurizo ryo guhemba abakozi bayo 

Ubwanditsi 08 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Mnangagwa yashinje inkoramutima za Grace Mugabe gutera igisasu aho yiyamamarizaga
POLITIKI

Perezida Mnangagwa yashinje inkoramutima za Grace Mugabe gutera igisasu aho yiyamamarizaga

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.
Amakuru

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwanditsi 04 May 2021
Ikamyo yafatiwemo ibiro 400 by’urumogi muri Rubavu
Mu Mahanga

Ikamyo yafatiwemo ibiro 400 by’urumogi muri Rubavu

Ubwanditsi 09 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru