• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma

Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma

RUSHYASHYA 26 May 2026 Amakuru, IMIKINO

Ikipe ya APR VC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura Alphonse ku nshuro ya 22, nyuma yo gutsinda REG VC amaseti 3-2 ku mukino wa nyuma wabaye ku Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026.

Ni igikombe APR VC yari imaze imyaka irindwi idatwara, mu irushanwa ryabereye mu turere twa Gisagara na Huye kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 24 Gicurasi 2026, ryitabirwa n’amakipe arenga 60 arimo ay’abakuru n’amato, mu bagore no mu bagabo.

Umukino wa nyuma wahuje amakipe abiri akomeye muri Volleyball y’u Rwanda, aho REG VC yashakaga kwisubiza iri rushanwa yaherukaga kwegukana mu 2019. APR VC yitwaye neza ndetse yegukana intsinzi y’amaseti 3-2 (22-25, 25-18, 25-14, 22-25, 15-9).

Iri rushanwa ritegurwa mu rwego rwo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umwarimu muri Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare (PSVF), akaba yaranabaye umukunzi ndetse n’umutoza wa Volleyball mbere yo kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu rwego rwo gukomeza umurage wa Rutsindura, iri rushanwa ryitabirwa kandi n’abakanyujijeho mu mukino wa Volleyball binyuze mu Ikipe ya Imena yashinzwe n’abigeze gutozwa na we. Muri bo harimo Nsabimana Jean Bosco, Amb. Karabaranga Jean Pierre, Kayiranga Albert na Ngarambe Raphael.

Nsabimana Jean Bosco yavuze ko intego yo gushinga iyi kipe ari ugukomeza umurongo wa Rutsindura wo guteza imbere urubyiruko binyuze muri Volleyball.

Ati: “Rutsindura yari umuntu wakundaga urubyiruko n’impano zarwo, adukundisha uyu mukino. Natwe twumvise ko tutabyihererana duhitamo gushinga ikipe ngo bibe uruhererekane. Ni na bwo buryo bwiza bwo kumwibuka.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rukwiriye gukomeza guteza imbere Volleyball kugira ngo rurusheho guhatana ku rwego mpuzamahanga.

Umuyobozi wa PSVF itegura iri rushanwa, Padiri Habanabashaka Jean de Dieu, yashimye ubwitabire bw’amakipe ndetse anasaba abakomeje gushyigikira iri rushanwa gukomeza uwo murongo.

Ati: “Twagize amakipe arenga 60 harimo n’aya Volleyball yo ku mucanga, ni ikintu cyiza. Gukomeza gutegura iri rushanwa bidushyira mu murongo mwiza wa Rutsindura aho inshingano ye zari ugutoza abana. Natwe ni cyo duharanira.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Kamana André, yavuze ko iri rushanwa rifite uruhare rukomeye mu gukomeza kwigisha urubyiruko amateka ndetse no kurushishikariza ibikorwa byiza.

Yasabye urubyiruko kuzirikana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, rwirinda urwango n’amacakubiri ahubwo rugaharanira ubumwe n’iterambere.

Mu yandi makipe yitwaye neza muri iri rushanwa, mu cyiciro cya kabiri cy’ibigo na kaminuza mu bagabo, Keystone yabaye iya mbere, naho mu bagore E. Ste Bernadette Kamonyi yegukana igikombe.

Mu bahungu bo mu cyiciro cya Junior, Nyanza TSS yatwaye igikombe, naho mu Tronc Commun igikombe gitwarwa na PSVF. Mu mashuri abanza, GS Kigeme yatwaye igikombe mu bahungu naho GS Gatovu iba iya mbere mu bakobwa.

Mu cyiciro cy’abakanyujijeho, Umucyo VC yegukanye igikombe, naho muri Volleyball yo ku mucanga intsinzi yegukanwa na Serge na Olivier.

Amakipe akina mu cyiciro cya mbere mu bagore arimo Police WVC, Kepler WVC, APR WVC na RRA ntiyitabiriye iri rushanwa, ibintu byatumye RP Huye na yo itaryitabira.

PSVF yatangaje kandi ko iri gutegura umushinga wo kubaka Gymnase izajya yakira imikino y’intoki by’umwihariko Volleyball, hamwe n’ibindi bibuga by’imikino, ku buryo byitezwe ko izaba yatangiye gukoreshwa mu nshuro ya 24 y’iri rushanwa.

2026-05-26
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Ubwanditsi 27 Mar 2018
AMAFOTO: Haruna Niyonzima yasinyiye Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 17 ishize

AMAFOTO: Haruna Niyonzima yasinyiye Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 17 ishize

Ubwanditsi 17 Jul 2024
Urban Boyz ntibazitabira ibirori bya Hipipo Awards muri Uganda

Urban Boyz ntibazitabira ibirori bya Hipipo Awards muri Uganda

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

RUSHYASHYA 16 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje
Amakuru

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022
Mushikiwabo yahuye na Michaëlle Jean bahatanira kuyobora OIF (Amafoto)
ITOHOZA

Mushikiwabo yahuye na Michaëlle Jean bahatanira kuyobora OIF (Amafoto)

Ubwanditsi 09 Oct 2018
Uganda: Gen (Rtd) Otafiire arasaba Gen Tumukunde na Gen. Kayihura gukemura ibibazo bafitanye  amazi atarerenga inkombe
ITOHOZA

Uganda: Gen (Rtd) Otafiire arasaba Gen Tumukunde na Gen. Kayihura gukemura ibibazo bafitanye amazi atarerenga inkombe

Ubwanditsi 22 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru