• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma

Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma

RUSHYASHYA 26 May 2026 Amakuru, IMIKINO

Ikipe ya APR VC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura Alphonse ku nshuro ya 22, nyuma yo gutsinda REG VC amaseti 3-2 ku mukino wa nyuma wabaye ku Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026.

Ni igikombe APR VC yari imaze imyaka irindwi idatwara, mu irushanwa ryabereye mu turere twa Gisagara na Huye kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 24 Gicurasi 2026, ryitabirwa n’amakipe arenga 60 arimo ay’abakuru n’amato, mu bagore no mu bagabo.

Umukino wa nyuma wahuje amakipe abiri akomeye muri Volleyball y’u Rwanda, aho REG VC yashakaga kwisubiza iri rushanwa yaherukaga kwegukana mu 2019. APR VC yitwaye neza ndetse yegukana intsinzi y’amaseti 3-2 (22-25, 25-18, 25-14, 22-25, 15-9).

Iri rushanwa ritegurwa mu rwego rwo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umwarimu muri Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare (PSVF), akaba yaranabaye umukunzi ndetse n’umutoza wa Volleyball mbere yo kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu rwego rwo gukomeza umurage wa Rutsindura, iri rushanwa ryitabirwa kandi n’abakanyujijeho mu mukino wa Volleyball binyuze mu Ikipe ya Imena yashinzwe n’abigeze gutozwa na we. Muri bo harimo Nsabimana Jean Bosco, Amb. Karabaranga Jean Pierre, Kayiranga Albert na Ngarambe Raphael.

Nsabimana Jean Bosco yavuze ko intego yo gushinga iyi kipe ari ugukomeza umurongo wa Rutsindura wo guteza imbere urubyiruko binyuze muri Volleyball.

Ati: “Rutsindura yari umuntu wakundaga urubyiruko n’impano zarwo, adukundisha uyu mukino. Natwe twumvise ko tutabyihererana duhitamo gushinga ikipe ngo bibe uruhererekane. Ni na bwo buryo bwiza bwo kumwibuka.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rukwiriye gukomeza guteza imbere Volleyball kugira ngo rurusheho guhatana ku rwego mpuzamahanga.

Umuyobozi wa PSVF itegura iri rushanwa, Padiri Habanabashaka Jean de Dieu, yashimye ubwitabire bw’amakipe ndetse anasaba abakomeje gushyigikira iri rushanwa gukomeza uwo murongo.

Ati: “Twagize amakipe arenga 60 harimo n’aya Volleyball yo ku mucanga, ni ikintu cyiza. Gukomeza gutegura iri rushanwa bidushyira mu murongo mwiza wa Rutsindura aho inshingano ye zari ugutoza abana. Natwe ni cyo duharanira.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Kamana André, yavuze ko iri rushanwa rifite uruhare rukomeye mu gukomeza kwigisha urubyiruko amateka ndetse no kurushishikariza ibikorwa byiza.

Yasabye urubyiruko kuzirikana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, rwirinda urwango n’amacakubiri ahubwo rugaharanira ubumwe n’iterambere.

Mu yandi makipe yitwaye neza muri iri rushanwa, mu cyiciro cya kabiri cy’ibigo na kaminuza mu bagabo, Keystone yabaye iya mbere, naho mu bagore E. Ste Bernadette Kamonyi yegukana igikombe.

Mu bahungu bo mu cyiciro cya Junior, Nyanza TSS yatwaye igikombe, naho mu Tronc Commun igikombe gitwarwa na PSVF. Mu mashuri abanza, GS Kigeme yatwaye igikombe mu bahungu naho GS Gatovu iba iya mbere mu bakobwa.

Mu cyiciro cy’abakanyujijeho, Umucyo VC yegukanye igikombe, naho muri Volleyball yo ku mucanga intsinzi yegukanwa na Serge na Olivier.

Amakipe akina mu cyiciro cya mbere mu bagore arimo Police WVC, Kepler WVC, APR WVC na RRA ntiyitabiriye iri rushanwa, ibintu byatumye RP Huye na yo itaryitabira.

PSVF yatangaje kandi ko iri gutegura umushinga wo kubaka Gymnase izajya yakira imikino y’intoki by’umwihariko Volleyball, hamwe n’ibindi bibuga by’imikino, ku buryo byitezwe ko izaba yatangiye gukoreshwa mu nshuro ya 24 y’iri rushanwa.

2026-05-26
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Ubwanditsi 09 Nov 2024
Ibihugu 40 nibyo bimaze kwemeza ko bizitabira Shampiyona Nyafurika ya Taekwondo izabera mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena

Ibihugu 40 nibyo bimaze kwemeza ko bizitabira Shampiyona Nyafurika ya Taekwondo izabera mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena

Ubwanditsi 08 Jul 2022
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwahuye n’abahagarariye abafana mbere y’umukino ubanza wa CAF Champions League na Pyramids

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwahuye n’abahagarariye abafana mbere y’umukino ubanza wa CAF Champions League na Pyramids

Ubwanditsi 25 Sep 2025
Rayon Sports ifite urugamba rukomeye yerekeje muri Nigeria

Rayon Sports ifite urugamba rukomeye yerekeje muri Nigeria

Ubwanditsi 20 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza Nshimiyimana agiye gufasha Sugira ugiye kwerekeza muri Vita Club
IMIKINO

Umutoza Nshimiyimana agiye gufasha Sugira ugiye kwerekeza muri Vita Club

Ubwanditsi 04 Jul 2016
Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure
INKURU NYAMUKURU

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Ubwanditsi 23 Sep 2019
Capt.Nkuyehasi warindaga Gen Niyombare yishwe arashwe
ITOHOZA

Capt.Nkuyehasi warindaga Gen Niyombare yishwe arashwe

Ubwanditsi 29 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru