• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

RUSHYASHYA 18 May 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga, POLITIKI

Paul Rusesabagina wari umaze Kabiri atagaragara mu itangazamakuru yagarukanye ibinyoma biruta ibya Semuhanuka. Yavuzeko Perezida Kagame yamutumyeho intumwa zimusaba kuba Visi Perezida cyangwa Minisitiri w’Intebe

Gusa Rusesabagina agaragaza guhuzahgurika mu magambo ye, iyo ashaka gutera agahinda avugako yakorewe iyicarubozo rikabije ariko yashaka kwerekana ko ari umuntu ukomeye akavuga ko I Kigali bamwingigiraga ubuyobozi.

Gusa icyiza ni uko Rusesabagina agendera kure ijambo FLN/MRCD

Ikindi cyagaragaye nk’ikinyoma gikomeye ni uburyo yavuze ko yafungirwaga wenyine kandi hari abandi bantu bari mu byumba bimukikije. Mu bihe byashize, yaba mu rukiko cyangwa mu biganiro yahaye itangazamakuru mpuzamahanga, yakundaga kugaragaza ko yari afunzwe mu bwigunge bukabije.

Ubu noneho yagarukanye indi mvugo nshya ivuguruza ibyo yavugaga mbere.

Hari kandi ibyo yavuze byo kuzengurutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gufatwa, yerekwa ibikorwa by’iterambere ndetse abazwa impamvu arwanya igihugu kiri kwiyubaka.

Rusesabagina kandi yavuze ko ubwo yerekwaga abanyamakuru bwa mbere kuri RIB yari ameze nabi cyane kubera uburyo yari yafashwe nabi. Nyamara abantu benshi bamuzi muri icyo gihe ndetse n’abigeze kumusura bavuga ko yari afite uburenganzira n’imibereho idasanzwe ugereranyije n’abandi bafungwa.

Biravugwa ko aho yari afungiye kuri Station ya Police ya Remera yahabwaga amafunguro yihitiragamo kuri “menu” ya hoteli, ndetse igihe yashakaga icyo kunywa cyangwa imbuto akabihabwa.

Hari uwigeze kumusura ati: “Twisangiriye imbuto, aranzimanira. Nta kimenyetso cy’umuntu umeze nabi nabonye.”

No muri gereza ya Kigali i Mageragere, amakuru y’abafunganywe na we ndetse n’abamusuye yavugaga ko yari abayeho neza, afite icyumba gifite ibikoresho birimo igitanda, ibitabo, intebe ndetse n’idirishya ritanga urumuri.

Ibi binyuranya n’imvugo ye ivuga ko yari afungiwe mu “kumba gato katagira idirishya”.

Abanyamakuru bamwe bamusuye icyo gihe banafashe amashusho agaragaza aho yari atuye harimo amadirishya afunguye ndetse n’urumuri ruhagije.

Ikindi cyatumye benshi bamushinja gukomeza kubeshya ni amagambo yavuze ko umunsi yafungurwaga ngo Radio Rwanda yatangaje ko Sena n’Inteko Ishinga Amategeko byemeje ifungurwa rye.

Mu by’ukuri, ifungurwa rye ryatewe n’imbabazi za Perezida wa Repubulika, ibintu bidafitanye isano n’Inteko Ishinga Amategeko kuko nta ruhare igira mu gufungura abagororwa.

Abakurikiranye uru rubanza kuva rutangira bavuga ko Rusesabagina akomeje guhinduranya inkuru bitewe n’abo ari kuvugisha, ibintu bituma hari abamushinja gukoresha amakabyankuru agamije kongera kwiyubaka mu maso y’abamushyigikiye mu mahanga.

Igitangaje kandi ni uko aya magambo mashya aza nyuma y’ibaruwa yandikiye Umukuru w’Igihugu ku wa 14 Ukwakira 2022, asaba imbabazi ndetse yiyemeza kuva muri politiki y’u Rwanda.

Muri iyo baruwa yari yagize ati: “Ndabizeza ko nta zindi nyungu ntegereje zaba iza politiki cyangwa bwite. Ibibazo bya politiki y’u Rwanda nzabisiga inyuma.”

Nyamara ubu yongeye kugaruka mu mvugo za politiki, amagambo yiganjemo kwivuguruza no gutanga inkuru nshya zitigeze zigaragara mu myaka yose ishize.

 

2026-05-18
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

Ubwanditsi 03 Sep 2024
Umurundi akaba n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC akomeje kuvugwaho kunyereza umutungo

Umurundi akaba n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC akomeje kuvugwaho kunyereza umutungo

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Leta ya Uganda ikomeje kotswa igitutu ibazwa irengero ry’abantu

Leta ya Uganda ikomeje kotswa igitutu ibazwa irengero ry’abantu

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Ubwanditsi 22 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho
Mu Mahanga

Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Ubwanditsi 07 Sep 2018
Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu
Mu Rwanda

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Aline Gahongayire yatangije irushanwa ry’umugore uhiga abandi mu babyibushye
Mu Mahanga

Aline Gahongayire yatangije irushanwa ry’umugore uhiga abandi mu babyibushye

Ubwanditsi 23 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru