• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

RUSHYASHYA 18 May 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga, POLITIKI

Paul Rusesabagina wari umaze Kabiri atagaragara mu itangazamakuru yagarukanye ibinyoma biruta ibya Semuhanuka. Yavuzeko Perezida Kagame yamutumyeho intumwa zimusaba kuba Visi Perezida cyangwa Minisitiri w’Intebe

Gusa Rusesabagina agaragaza guhuzahgurika mu magambo ye, iyo ashaka gutera agahinda avugako yakorewe iyicarubozo rikabije ariko yashaka kwerekana ko ari umuntu ukomeye akavuga ko I Kigali bamwingigiraga ubuyobozi.

Gusa icyiza ni uko Rusesabagina agendera kure ijambo FLN/MRCD

Ikindi cyagaragaye nk’ikinyoma gikomeye ni uburyo yavuze ko yafungirwaga wenyine kandi hari abandi bantu bari mu byumba bimukikije. Mu bihe byashize, yaba mu rukiko cyangwa mu biganiro yahaye itangazamakuru mpuzamahanga, yakundaga kugaragaza ko yari afunzwe mu bwigunge bukabije.

Ubu noneho yagarukanye indi mvugo nshya ivuguruza ibyo yavugaga mbere.

Hari kandi ibyo yavuze byo kuzengurutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gufatwa, yerekwa ibikorwa by’iterambere ndetse abazwa impamvu arwanya igihugu kiri kwiyubaka.

Rusesabagina kandi yavuze ko ubwo yerekwaga abanyamakuru bwa mbere kuri RIB yari ameze nabi cyane kubera uburyo yari yafashwe nabi. Nyamara abantu benshi bamuzi muri icyo gihe ndetse n’abigeze kumusura bavuga ko yari afite uburenganzira n’imibereho idasanzwe ugereranyije n’abandi bafungwa.

Biravugwa ko aho yari afungiye kuri Station ya Police ya Remera yahabwaga amafunguro yihitiragamo kuri “menu” ya hoteli, ndetse igihe yashakaga icyo kunywa cyangwa imbuto akabihabwa.

Hari uwigeze kumusura ati: “Twisangiriye imbuto, aranzimanira. Nta kimenyetso cy’umuntu umeze nabi nabonye.”

No muri gereza ya Kigali i Mageragere, amakuru y’abafunganywe na we ndetse n’abamusuye yavugaga ko yari abayeho neza, afite icyumba gifite ibikoresho birimo igitanda, ibitabo, intebe ndetse n’idirishya ritanga urumuri.

Ibi binyuranya n’imvugo ye ivuga ko yari afungiwe mu “kumba gato katagira idirishya”.

Abanyamakuru bamwe bamusuye icyo gihe banafashe amashusho agaragaza aho yari atuye harimo amadirishya afunguye ndetse n’urumuri ruhagije.

Ikindi cyatumye benshi bamushinja gukomeza kubeshya ni amagambo yavuze ko umunsi yafungurwaga ngo Radio Rwanda yatangaje ko Sena n’Inteko Ishinga Amategeko byemeje ifungurwa rye.

Mu by’ukuri, ifungurwa rye ryatewe n’imbabazi za Perezida wa Repubulika, ibintu bidafitanye isano n’Inteko Ishinga Amategeko kuko nta ruhare igira mu gufungura abagororwa.

Abakurikiranye uru rubanza kuva rutangira bavuga ko Rusesabagina akomeje guhinduranya inkuru bitewe n’abo ari kuvugisha, ibintu bituma hari abamushinja gukoresha amakabyankuru agamije kongera kwiyubaka mu maso y’abamushyigikiye mu mahanga.

Igitangaje kandi ni uko aya magambo mashya aza nyuma y’ibaruwa yandikiye Umukuru w’Igihugu ku wa 14 Ukwakira 2022, asaba imbabazi ndetse yiyemeza kuva muri politiki y’u Rwanda.

Muri iyo baruwa yari yagize ati: “Ndabizeza ko nta zindi nyungu ntegereje zaba iza politiki cyangwa bwite. Ibibazo bya politiki y’u Rwanda nzabisiga inyuma.”

Nyamara ubu yongeye kugaruka mu mvugo za politiki, amagambo yiganjemo kwivuguruza no gutanga inkuru nshya zitigeze zigaragara mu myaka yose ishize.

 

2026-05-18
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Uganda: Abarimu bateguye imyigaragambyo kubera ikibazo cy’imishahara

Uganda: Abarimu bateguye imyigaragambyo kubera ikibazo cy’imishahara

Ubwanditsi 20 May 2019
Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Ubwanditsi 04 Mar 2022
Uko  Inama y’igihugu y’ Umushyikirano yagenze umunsi k’uwundi ( VIDEO )

Uko Inama y’igihugu y’ Umushyikirano yagenze umunsi k’uwundi ( VIDEO )

Ubwanditsi 17 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo
POLITIKI

Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Abayobozi b’inzego z’ibanze n’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Karongi basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Abayobozi b’inzego z’ibanze n’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Karongi basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 10 Apr 2016
Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu
Amakuru

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru