Paul Rusesabagina wari umaze Kabiri atagaragara mu itangazamakuru yagarukanye ibinyoma biruta ibya Semuhanuka. Yavuzeko Perezida Kagame yamutumyeho intumwa zimusaba kuba Visi Perezida cyangwa Minisitiri w’Intebe
Gusa Rusesabagina agaragaza guhuzahgurika mu magambo ye, iyo ashaka gutera agahinda avugako yakorewe iyicarubozo rikabije ariko yashaka kwerekana ko ari umuntu ukomeye akavuga ko I Kigali bamwingigiraga ubuyobozi.
Gusa icyiza ni uko Rusesabagina agendera kure ijambo FLN/MRCD
Ikindi cyagaragaye nk’ikinyoma gikomeye ni uburyo yavuze ko yafungirwaga wenyine kandi hari abandi bantu bari mu byumba bimukikije. Mu bihe byashize, yaba mu rukiko cyangwa mu biganiro yahaye itangazamakuru mpuzamahanga, yakundaga kugaragaza ko yari afunzwe mu bwigunge bukabije.
Ubu noneho yagarukanye indi mvugo nshya ivuguruza ibyo yavugaga mbere.
Hari kandi ibyo yavuze byo kuzengurutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gufatwa, yerekwa ibikorwa by’iterambere ndetse abazwa impamvu arwanya igihugu kiri kwiyubaka.
Rusesabagina kandi yavuze ko ubwo yerekwaga abanyamakuru bwa mbere kuri RIB yari ameze nabi cyane kubera uburyo yari yafashwe nabi. Nyamara abantu benshi bamuzi muri icyo gihe ndetse n’abigeze kumusura bavuga ko yari afite uburenganzira n’imibereho idasanzwe ugereranyije n’abandi bafungwa.
Biravugwa ko aho yari afungiye kuri Station ya Police ya Remera yahabwaga amafunguro yihitiragamo kuri “menu” ya hoteli, ndetse igihe yashakaga icyo kunywa cyangwa imbuto akabihabwa.
Hari uwigeze kumusura ati: “Twisangiriye imbuto, aranzimanira. Nta kimenyetso cy’umuntu umeze nabi nabonye.”
No muri gereza ya Kigali i Mageragere, amakuru y’abafunganywe na we ndetse n’abamusuye yavugaga ko yari abayeho neza, afite icyumba gifite ibikoresho birimo igitanda, ibitabo, intebe ndetse n’idirishya ritanga urumuri.
Ibi binyuranya n’imvugo ye ivuga ko yari afungiwe mu “kumba gato katagira idirishya”.
Abanyamakuru bamwe bamusuye icyo gihe banafashe amashusho agaragaza aho yari atuye harimo amadirishya afunguye ndetse n’urumuri ruhagije.
Ikindi cyatumye benshi bamushinja gukomeza kubeshya ni amagambo yavuze ko umunsi yafungurwaga ngo Radio Rwanda yatangaje ko Sena n’Inteko Ishinga Amategeko byemeje ifungurwa rye.
Mu by’ukuri, ifungurwa rye ryatewe n’imbabazi za Perezida wa Repubulika, ibintu bidafitanye isano n’Inteko Ishinga Amategeko kuko nta ruhare igira mu gufungura abagororwa.
Abakurikiranye uru rubanza kuva rutangira bavuga ko Rusesabagina akomeje guhinduranya inkuru bitewe n’abo ari kuvugisha, ibintu bituma hari abamushinja gukoresha amakabyankuru agamije kongera kwiyubaka mu maso y’abamushyigikiye mu mahanga.
Igitangaje kandi ni uko aya magambo mashya aza nyuma y’ibaruwa yandikiye Umukuru w’Igihugu ku wa 14 Ukwakira 2022, asaba imbabazi ndetse yiyemeza kuva muri politiki y’u Rwanda.
Muri iyo baruwa yari yagize ati: “Ndabizeza ko nta zindi nyungu ntegereje zaba iza politiki cyangwa bwite. Ibibazo bya politiki y’u Rwanda nzabisiga inyuma.”
Nyamara ubu yongeye kugaruka mu mvugo za politiki, amagambo yiganjemo kwivuguruza no gutanga inkuru nshya zitigeze zigaragara mu myaka yose ishize.




