• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abo mu muryango wa Kayumba Rugema Alias Gafirifiri, bati:”Twarapfushije ntitwahamba”

Abo mu muryango wa Kayumba Rugema Alias Gafirifiri, bati:”Twarapfushije ntitwahamba”

Ubwanditsi 01 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Aya magambo yuzuyemo akababaro ko kugira umuntu nka Kayumba Rugema warumbiye umuryango n’ igihugu, yavuzwe n’umugore we Peace NASASIRA , ndetse na Sebukwe Kamanzi bombi batuye muri Uganda.

Baganira n’umunyamakuru wa Rushyashya, yaba Peace yaba na se, Muzehe Kamanzi, bombi bavuga ko iyo bumvise amateshwa Kayumba Rugema yirirwamo, asebya Igihugu cye, ngo bibatera kwibaza niba atararozwe cyangwa akaba yaragize uburwayi bwo mu mutwe, ngo kuko atandukanye cyane n’uwo bari bazi. Uyu musaza Kamanzi ngo ababazwa no kumva ko Rugema yabaye mayibobo muri Norvège, kandi ngo atarabuze ikimutungira umukwe, dore ko Muzehe Kamanzi ari umuntu wishoboye, ufite ubutaka n’inka nyinshi ahitwa Kibenja hafi ya Lyantonde muri Uganda. Ngo kuva Kayumba Rugema yajya muri RNC yabaye icyihebe, kuko adashobora no kumva inama abo mu muryango we bamugiriye kenshi.Asoza asaba umukwe we kwitandukanya n’amashitani bakorana, agasaba imbabazi umuryango n’Igihugu.

Peace Nasasira, wahoze ari umugore wa Kayumba Rugema nawe yabwiye Rushyashya ko aterwa ipfunwe no kwitwa umugore w’umuntu usa n’utakigira umutima, ngo bigatuma atanifuza kubonana n’abandi Banyarwanda batuye muri Uganda, barimo n’ababyeyi be, ngo batamubaza uko yayobye agashakana n’ inzererezi. Uyu mudamu yemeza ko hashize imyaka myinshi atavugana n’uwahoze ari umugabo we, ngo kuko n’iyo agerageje kumuvugisha atamusubiza, atinya ko yamusaba kuva mu biryabarezi yiroshyemo.Muri make, Peace na Muzehe Kamanzi basanga Kayumba Rugema yarapfuye ahagaze, bati:”N’ iyo apfa burundu tukabimenya, nibura tukanamushyingura”.

Kayumba Rugema yahoze mu ngabo z’uRwanda, aza gutorokera muri Uganda, kubera uburiganya yari akurikiranyweho. Yaje gufatanya na mwenewabo Kayumnba Nyamwasa bashinga umutwe w’iterabwoba, RNC, uretse ko batatinze gushwana bapfa ibisabano birirwa basaruza mu mpunzi, bazibeshya ko bari hafi gufata ubutegetsi mu Rwanda. Abanyarwanda baba cyangwa bagenze muri Uganda ntibazibagirwa ubugome Kayumba Rugema yabakoreye, we na CMI, bababeshyera ngo ni intasi z’uRwanda. Ubu aba mu gihugu cya Norvège. Iyo avuye mu kazi ko gusukura abasaza n’abakecuru ndetse n’abarwayi bo mu mutwe, yirukira ku rubuga rwe rwa Youtube” Inda y’ingoma”, maze si ugutukana akiva inyuma.

Birababaje kubona umuntu wagize uruhare mu kubohora u Rwanda yifatanya n’abari bararushyize ku ngoyi, barimo abajenosideri, abajura n’abandi batagira indangagaciro na mba. Imana yari ikwiye kumutabara, akava ibuzimu akajya ibumuntu, nk’uko abo mu muryango we babimwifuriza.

2020-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Ubwanditsi 20 Apr 2024
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’intwari 2023, ku bufatanye na CHENO hateguwe amarushanwa mu magare ndetse no mu mukino wa Volleyball

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’intwari 2023, ku bufatanye na CHENO hateguwe amarushanwa mu magare ndetse no mu mukino wa Volleyball

Ubwanditsi 26 Jan 2023
APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022
Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Ubwanditsi 21 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byinshi utari uzi k’Umukuru w’Igihugu cya Benin, Patrice Talon,  uri mu ruzinduko mu Rwanda
ITOHOZA

Byinshi utari uzi k’Umukuru w’Igihugu cya Benin, Patrice Talon, uri mu ruzinduko mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu
Mu Rwanda

Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC
Amakuru

Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru