• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa
Paul Rusesabagina na Willis Shalita

Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa

Ubwanditsi 23 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu minsi ishize mu Mujyi wa San Antonio, upfobya akanahakana Jenoside wibera muri Texas ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika Paul Rusesabagina niwe wari ufite ijambo nyamukuru ,mu muhango wiswe DREAM WEEK 2020 OPENING CEREMONY BREAK FAST.

Nkuko  bisanzwe, ubutumwa bwe ntibwigeze buhinduka, nk’umutekamutwe, atoranya ahari Abanyamerika baba batazi ibyabaye.

Za Kaminuza n’amashuli makuru, kuko baje kumutahura, kubera ibinyoma bye, ariko agenda yivuga ibigwi byo kuba yararokoye amagana y’abantu mu gihe cya Jenoside yakorerwaga Abatutsi muri 1994 ubu ntashobora gukozayo ikirenge, bitewe nuko batita ku byo avuga.

Mu ntangiriro Rusesabagina yahawe umudari na Perezida George W Bush mu rwego rwo kugerageza guhisha kuba Amerika yarananiwe kugira icyo ikora mu rwego rwo guhagarika Jenosidde yarimo gukorerwa Abatutsi. Bityo akaba adakwiye kumenywa kubirebana nibyo yita uruhare rwe mu bikorwa by’ubigiraneza yiyitirira.

Inkuru ye ni icyinyoma cyambaye ubusa, ubutekamutwe, kandi akaba yibanda ku bantu baba bataratahura ibye, cyangwa se badafite icyo bazi ku byerecyeranye n’umugabane wa Afurika, n’URwanda by’umwihariko.

Birababaje, Abanyamerika bapfa kwemera buri cyintu cyose giturutse muri Hollywood, bityo filime HOTEL RWANDA ikaba yaratumye uyu mutekamutwe ahabwa ikarita y’umweru imuha amahirwe yo kubona akayabo k’amafaranga, mu maraso n’umubabaro by’Abanyarwanda.

Kuba Rusesabagina akomeje kwiyitirira ubutwari bwo kuba yararokoye ibikorwa by’ubugiraneza, ni igitutsi ku nzirakarengane zatakaje ubuzima bwazo, ndetse bikaba ni igitutsi kuri buri Munyarwanda.  Nyamara kandi niba yibagiza ko igiciro cy’ibinyoma bye ku Rwanda ko ari kinini. Ushobora kwiruka ariko ntushobora kwihisha ubuziraherezo.

Hakaba hari gihamya simusiga igaragaza ko MRCD Ishyaka yashinze afatanije n’abandi ritera inkunga mu rwego rw’amafaranga imitwe yiterabwoba ikorera muri Kongo Kinshasa n’UBurundi.

Byari bigoye kumva ibyo Rusesabagina yarimo avuga, noneho kandi ikibabaje kurutaho nuko byari byateguwe n’ Umunyafurika ukomoka muri Afurika y’Iburengerazuba mu gihugu cya Nigeria, ubwo namubazaga, yavuze ko byose byakozwe mu izina ryo kwishyira ukizana mu kugaragaza ibitekerezo.

Baloney. Nkaba nashyiraho intego ko atari kubona intege zo kwakira umunazi uhakana akanapfobya Jenoside yakorewe Abayahudi.

Bikaba byatera kwibaza impamvu ituma Abanyafurika bamwe na bamwe biyanga, bityo ntibite ku mubabaro w’Abanyafurika bagenzi babo?

Kuba Rusesabagina akomeje guhabwa urubuga muri Amerika ntibitangaje, cyane cyane muri icyi  gihe cy’ingoma ya Trump, aho bagendera ku moko babitewemo  ingabo mu bitugu n’ibiro by’umukuru wicyo gihugu, bityo igitekerezo cy’uko Tump yakongerwa manda gituma ndara ntagohetse.

Birababaje, kumva uyu mugabo ugenda ahembera urwango n’ubutekamutwe avuga ubwo yarabonye Abanyarwanda batahukaga ngo ni abashyitsi, akaba yarabyongoreraga abo bari  bicaranye nabo babajenosideri birumvikana n’izindi ntagondwa z’abahezanguni. Ubutumwa burumvikana neza, kandi no kuba imyumvire ya Rusesabagina yarangiritse yitwaje ko ngo yashakanye n’umututsikazi bityo akaba yibeshya ko byamuhanaguraho ibyaha bye. Ese ubundi ninde yita igicucu?

Ibinyoma by’umusubirizo buri gihe ntibishobora guhindura ukuri n’amateka yacu, bityo amateka yacu akaba adashobora kwandikwa no gusobanurwa n’igikuri mu bwenge nka Rusesabagina

Ni inshingano yacu kuvuga ibyatubayeho, niba imyaka 25 ari ikimenyetso, bityo amateka akazatugirira impuhwe, kuko tuzayandika.

Willis Shalita

2020-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mwenda yagaragaje umubano w’u Rwanda na Uganda “nk’ikibaya kinyerera.”

Mwenda yagaragaje umubano w’u Rwanda na Uganda “nk’ikibaya kinyerera.”

Ubwanditsi 08 Jun 2019
i Gako : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro  na ba Ofisiye barenga 1000 [ Andi mafoto ]

i Gako : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na ba Ofisiye barenga 1000 [ Andi mafoto ]

Ubwanditsi 06 Feb 2019
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Lt. Fred Kamali yambitse impeta umunyamakuru Rigoga Ruth

Lt. Fred Kamali yambitse impeta umunyamakuru Rigoga Ruth

Ubwanditsi 10 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi
Amakuru

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ubwanditsi 04 Oct 2023
Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .
Amakuru

Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Ubwanditsi 02 May 2021
FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba
Mu Mahanga

FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba

Ubwanditsi 13 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru