• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Sénégal yari icyizere cya Afurika mu Gikombe cy’Isi yasezerewe izize amakarita y’umuhondo

Sénégal yari icyizere cya Afurika mu Gikombe cy’Isi yasezerewe izize amakarita y’umuhondo

Ubwanditsi 29 Jun 2018 IMIKINO

Amakipe atanu yari yaserukiye Afurika mu gikombe cy’Isi yose yasezerewe atarenze amatsinda, iyari itahiwe kuri uyu wa Kane ni Sénégal yasabwaga kunganya na Colombia kugira ngo ibone itike ya 1/8 birayinanira, inazira amakarita menshi y’umuhondo yabonye ugerereanyije n’ay’u Buyapani.

Igikombe cy’isi cy’uyu mwaka cyanditse amateka mabi ku mugabane wa Afurika, aho nta kipe n’imwe ibashije kurenga, bikaba byaherukaga kubaho mu 1990 ubwo iri rushanwa ryari ryabereye mu Butaliyani, uyu mugabane ugihagararirwa n’ibihugu bibiri. Icyo gihe harimo Misiri na Cameroun .

Sénégal yari yitwaye neza mu mukino wa mbere itsinda Pologne ibitego 2-1, ikora ikosa inganya n’u Buyapani ku mukino wa kabiri bituma imibare yayo kugira ngo ikomeze isaba ko igomba gutsinda cyangwa kunganya na Colombia.

Iyi kipe iyobowe na Sadio Mane yatangiye ikina neza ariko amahirwe ibonye ikayapfusha ubusa, iza gutsindwa igitego ku munota wa 74 cya Yerry Mina ukinira FC Barcelona, inanirwa kucyishyura bituma irangiza ari iya gatatu mu itsinda inyuma ya Colombia n’u Buyapani.

Sénégal yarangije imikino yose ifite amanota ane inganya n’u Buyapani, zikanganya ibitego zatsinzwe, ibyo zatsinze ndetse n’umukino wazihuje zikaba zarawunganyije.

Ibi byatumye hitabazwa kureba ikipe yahawe amakarita menshi y’umuhondo kugira ngo hamenyekane ikomeza, u Buyapani bubyungukiramo kuko bwabonye make mu irushanwa.

Andi makipe yari yitabiriye igikombe cy’isi yo muri Afurika arimo Misiri, Tunisia, Maroc na Nigeria yose yari yaramaze gusezererwa.

2018-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibintu bitanu wasigarana ku mukino APR FC yatsinzemo Rayon Sports

Ibintu bitanu wasigarana ku mukino APR FC yatsinzemo Rayon Sports

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma

Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma

RUSHYASHYA 26 May 2026
Guy Bukasa watoje Rayon Sports na Gasogi United yatangajwe nk’umutoza mushya wa AS Kigali

Guy Bukasa watoje Rayon Sports na Gasogi United yatangajwe nk’umutoza mushya wa AS Kigali

Ubwanditsi 29 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara  umwe ashobora kwica undi
ITOHOZA

Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango
IKORANABUHANGA

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Ubwanditsi 03 May 2018
Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Ubwanditsi 23 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru