• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Ubwanditsi 13 Mar 2017 Mu Rwanda

Ku italiki ya 11 Werurwe uyu mwaka, Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yashyikirije bene zo moto ebyiri zabwe mu bihe bitandukanye, zikaba zarafashwe ku bufatanye n’abaturage, ubwo zabaga zigiye kwambutswa mu gihugu cy’u Burundi; akaba ari nako ifunze abagabo babiri bari inyuma y’ubujura bw’imwe muri ziriya moto.

Moto zatanzwe ni Suzuki TF GPM 055C yari yaribwe mu Kuboza 2016, yibwa ku kigo nderabuzima cya Rwesero mu karere ka Gicumbi, ikaba yarafashwe n’abapolisi ba sitasiyo ya Polisi ya Rweru, ubwo abantu bataramenyekana bari bagiye kuyambutsa mu ijoro bakwikanga abashinzwe umutekano bakayita bakiruka, ikaba yari imaze igihe kinini kuri iriya sitasiyo, nyuma iperereza rikerekana ko ari iyo ku kigo nderabuzima cya Rwesero.

Indi ni TVS RD 346 M bivugwa ko yibwe mu Birembo, umurenge wa Kinyinya, mu karere ka Gasabo, yafashwe mu ma saa tanu y’ijoro ku mupaka wa Nemba, mu murenge wa Rweru ubwo yari igiye kwambutswa nayo, ifatanwa abitwa Habimana Alexis w’imyaka 30 y’amavuko na Ntahonkiriye Bernard w’imyaka 29, bafashwe bategereje ugomba kuza kuyitwara no kubaha amafaranga; bakaba bari bayambitse izindi nimero RD 629 T, ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rweru mu gihe moto yo nyirayo yayitwaye.

Kuri ibi bikorwa byombi, umuyobozi wa Polisi mu karere ka Bugesera Superintendent of Police (Supt.) Ildephonse Rutagambwa , akaba ashimira abaturage ku ruhare bagize mu ifatwa rya ziriya moto zombi kuko aribo batanze amakuru kuri Polisi.

SP Rutagambwa yagize ati:” Nk’aba bagabo bafashwe nyuma y’aho baje bakajya mu kabari na moto bibye, bagakomeza guhamagarana n’abagomba kuza kuyitwara bavuga n’uburyo bari bubigenze, abaturage nibo bagize amakenga baraduhamagara kugeza ubwo tubafashe.”

Yagize kandi ati:”Ibi byerekana ko abaturage basobanukiwe ko bakwiye kugira uruhare mu kurwanya no gukumira ibyaha. Gutanga amakuru ku gihe bituma ibyaha bikumirwa kandi hagafatwa vuba ababikoze cyangwa abategura kubikora.”

SP Rutagambwa yagiriye inama abagifite akaboko karekare kubireka ahubwo bagakora, aha akaba yaragize ati:”Abantu bakwiye kunyurwa n’ibyo bafite kandi bagakora aho gutega amakiriro ku kwiba cyangwa ikindi gikorwa icyo aricyo cyose kinyuranyije n’amategeko.”

Amaze gushyikirizwa moto y’ikigo nderabuzima, umubikira witwa Uwamurera Thacienne yagize ati:” Sinabona amagambo yo gushimira Polisi y’u Rwanda ku kuba yafashe moto yanjye yari yibwe ikaba ndetse yanayinshyikirije.”

-6088.jpg

Aba kekwaho icyaha, baramutse bahamwe n’icyaha, bombi bahanwa n’ingingo ya 300 y’igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda, iyi ngingo ikaba ivuga ko umuntu wese ukora ubujura budakoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’icyibwe cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Polisi ikorera mu karere ka Bugesera ikaba ikomeje gushimira abantu bose bakomeje kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha cyane cyane batanga amakuru atuma abanyabyaha hirya no hino bafatwa.

2017-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikino y’icyiciro cya kabiri irakomeza hakinwa umunsi wa kabiri mu guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 21 Sep 2021
FPR Inkotanyi mu mujyi wa Kigali yatoye Paul Kagame nk’uzayihagararira mu matora ya Perezida

FPR Inkotanyi mu mujyi wa Kigali yatoye Paul Kagame nk’uzayihagararira mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Impinduka mu bakinnyi 31 b’Amavubi bahamagawe bitegura gukina na Mali na Kenya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2022

Impinduka mu bakinnyi 31 b’Amavubi bahamagawe bitegura gukina na Mali na Kenya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 04 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda
Mu Rwanda

Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2017
APR FC yatsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, ikomeza mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League
Amakuru

APR FC yatsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, ikomeza mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

Ubwanditsi 19 Sep 2021
Gasogi United yatangaje umugande Kiwanuka Paul nk’umutoza wayo w’agateganyo, imikino y’ibirarane yarangiye amakipe yose anganyije
Amakuru

Gasogi United yatangaje umugande Kiwanuka Paul nk’umutoza wayo w’agateganyo, imikino y’ibirarane yarangiye amakipe yose anganyije

Ubwanditsi 04 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru