• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

Ubwanditsi 14 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo shampiyona y’u Rwanda yakinwaga ku munsi wayo wa gatanu ku matsinda abiri ya C ndetse na D, amakipe amwe n’amwe akomeje kwitwara neza ndetse anashimangira kugera mu makipe umunani agomba gukina imikino yo gushaka igikombe naho andi akomeza kugana habi.

Kuri uyu wa kane tariki ya 13 Gicurasi 2021, hakinwe imikino ine mu matsinda yombi.

Duhereye ku itsinda C, ikipe ya Police FC yari yakiriye ikipe y’abanyamujyi ya AS Kigali i Nyamata aho kubera kuri sitade Amahoro bitewe nuko iyi sitade yahagaritsweho kuberaho imikino bitewe nuko ikibuga cyangiritse.

Uyu mukino warangiye ikipe ya Police FC itsinzwe ibitego bibiri ku busa, ni ibitego byatsinzwe na Nkinzingabo Fiston ubwo hari ku munota wa 25 w’umukino, nyuma rutahizamu w’umurundi Tshabalala yongeyemo igitego cya kabiri ubwo hari ku munota wa 71 w’umukino, gutsinda iki gitego kuri Hussein Tshabalala byatumye ageza ibitego bitandatu akaba ari nawe ukomeje kuyobora abamaze gutsinda ibitego byinshi nyuma y’umunsi wa gatanu.

Mu wundi mukino wo mu itsinda C, ikipe ya Musanze FC yatsinze Etincelles FC ibitego bitatu kuri kimwe.

Ibitego bya Musanze byatsinzwe ba Rachid Mutebi ku munota wa 15, Twizerimana Onesme atsinda icya kabiri naho Akayezu Jean De Dieu wa Etincelles yitsinze ikindi gitego, mu gihe ku ruhande rwa Etincelles yatsindiwe na Songa Isaie ku munota wa 11 w’umukino.

Muri iri tsinda ikipe ya AS Kigali iyoboye iri tsinda aho ifite amanora 12 kuri 15 ndetse ikaba yamaze no kwizera kugera mu makipe umuunani agomba guhatanira iki gikombe cy’uyu nwaka wa 2020-2021, ku mwanya wa kabiri hari ikipe ya Police FC n’amanota 9, Musanze FCifite amanota 6 naho Etincelles FC yo iri ku mwanya wa kane n’amanota atatu gusa.

Mu mikino yo mu itsinda D, ikipe ya Mukura VS yo mu karere ka Huye yaraye itsinzwe na Espoir FC igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Muhozi Fred, naho ikipe ya Marines FC yatsinze ikipe ya Sunrise FC ibitego bibiri ku busa, ni ibitego byatsinzwe na Ishimwe Fiston ndetse na Mugenzi Bienvenu.

Muri iri tsinda ikipe ya Marines irariyoboye n’amanota 10, Espoir FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 9 mu gihe ikipe ya Sunrise iri kumwanya wa gatatu n’amanota 7 mu gihe Mukura VS iri ku wanya wa kane n’amanota abiri.

Kuri uyu wa gatanu imikino y’umunsi wa gatanu irakinwa mu itsinda rya A ndetse na B:

APR FC vs AS Muhanga FC
Bugesera FC vs Gorilla FC
Rayon Sports vs Kiyovu Sports
Rutsiro FC vs Gasogi United FC

2021-05-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bitunguranye, Zinedine Zidane yeguye ku mirimo yo gutoza Real Madrid

Bitunguranye, Zinedine Zidane yeguye ku mirimo yo gutoza Real Madrid

Ubwanditsi 31 May 2018
Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP

Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP

RUSHYASHYA 06 Jul 2026

Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026

RUSHYASHYA 03 Aug 2026
Ikinamico kwa bene Rwigara:  ‘ Amagambo  ashize ivuga ‘

Ikinamico kwa bene Rwigara: ‘ Amagambo ashize ivuga ‘

Ubwanditsi 11 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda 2016: Eyob Metkel yegukanye agace ka Muhanga-Musanze, Valens agumana ‘Maillot Jaune’
IMIKINO

Tour du Rwanda 2016: Eyob Metkel yegukanye agace ka Muhanga-Musanze, Valens agumana ‘Maillot Jaune’

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Urujijo kuri Raporo y’iperereza k’urupfu rwa Camille Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Urujijo kuri Raporo y’iperereza k’urupfu rwa Camille Nkurunziza

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye
Amakuru

Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye

Ubwanditsi 28 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru