• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

Ubwanditsi 14 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo shampiyona y’u Rwanda yakinwaga ku munsi wayo wa gatanu ku matsinda abiri ya C ndetse na D, amakipe amwe n’amwe akomeje kwitwara neza ndetse anashimangira kugera mu makipe umunani agomba gukina imikino yo gushaka igikombe naho andi akomeza kugana habi.

Kuri uyu wa kane tariki ya 13 Gicurasi 2021, hakinwe imikino ine mu matsinda yombi.

Duhereye ku itsinda C, ikipe ya Police FC yari yakiriye ikipe y’abanyamujyi ya AS Kigali i Nyamata aho kubera kuri sitade Amahoro bitewe nuko iyi sitade yahagaritsweho kuberaho imikino bitewe nuko ikibuga cyangiritse.

Uyu mukino warangiye ikipe ya Police FC itsinzwe ibitego bibiri ku busa, ni ibitego byatsinzwe na Nkinzingabo Fiston ubwo hari ku munota wa 25 w’umukino, nyuma rutahizamu w’umurundi Tshabalala yongeyemo igitego cya kabiri ubwo hari ku munota wa 71 w’umukino, gutsinda iki gitego kuri Hussein Tshabalala byatumye ageza ibitego bitandatu akaba ari nawe ukomeje kuyobora abamaze gutsinda ibitego byinshi nyuma y’umunsi wa gatanu.

Mu wundi mukino wo mu itsinda C, ikipe ya Musanze FC yatsinze Etincelles FC ibitego bitatu kuri kimwe.

Ibitego bya Musanze byatsinzwe ba Rachid Mutebi ku munota wa 15, Twizerimana Onesme atsinda icya kabiri naho Akayezu Jean De Dieu wa Etincelles yitsinze ikindi gitego, mu gihe ku ruhande rwa Etincelles yatsindiwe na Songa Isaie ku munota wa 11 w’umukino.

Muri iri tsinda ikipe ya AS Kigali iyoboye iri tsinda aho ifite amanora 12 kuri 15 ndetse ikaba yamaze no kwizera kugera mu makipe umuunani agomba guhatanira iki gikombe cy’uyu nwaka wa 2020-2021, ku mwanya wa kabiri hari ikipe ya Police FC n’amanota 9, Musanze FCifite amanota 6 naho Etincelles FC yo iri ku mwanya wa kane n’amanota atatu gusa.

Mu mikino yo mu itsinda D, ikipe ya Mukura VS yo mu karere ka Huye yaraye itsinzwe na Espoir FC igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Muhozi Fred, naho ikipe ya Marines FC yatsinze ikipe ya Sunrise FC ibitego bibiri ku busa, ni ibitego byatsinzwe na Ishimwe Fiston ndetse na Mugenzi Bienvenu.

Muri iri tsinda ikipe ya Marines irariyoboye n’amanota 10, Espoir FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 9 mu gihe ikipe ya Sunrise iri kumwanya wa gatatu n’amanota 7 mu gihe Mukura VS iri ku wanya wa kane n’amanota abiri.

Kuri uyu wa gatanu imikino y’umunsi wa gatanu irakinwa mu itsinda rya A ndetse na B:

APR FC vs AS Muhanga FC
Bugesera FC vs Gorilla FC
Rayon Sports vs Kiyovu Sports
Rutsiro FC vs Gasogi United FC

2021-05-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Mar 2024
Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi  Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Nyuma yo gutera penaliti 22, ikipe ya Villareal yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Europa League itsinze Manchester United.

Nyuma yo gutera penaliti 22, ikipe ya Villareal yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Europa League itsinze Manchester United.

Ubwanditsi 27 May 2021
Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

#Indangamirwa12: Yasipi Casmir wabaye igisonga cya Miss Rwanda yagaragaye nk’umuyobozi w’urugamba
INKURU NYAMUKURU

#Indangamirwa12: Yasipi Casmir wabaye igisonga cya Miss Rwanda yagaragaye nk’umuyobozi w’urugamba

Ubwanditsi 08 Aug 2019
Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi
Mu Rwanda

Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram
POLITIKI

Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Ubwanditsi 11 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru