• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ikinamico kwa bene Rwigara: ‘ Amagambo ashize ivuga ‘

Ikinamico kwa bene Rwigara: ‘ Amagambo ashize ivuga ‘

Ubwanditsi 11 Sep 2017 Mu Rwanda

Amagambo yashize ivuga nyuma y’iminsi ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwizwa inkuru ko Diane Rwigara n’abo mu muryango we baburiwe irengero kugeza ubwo Polisi y’Igihugu yibasiwe bikomeye ishinjwa guta muri yombi uyu mukobwa n’abo mu muryango we; ariko kera kabaye byaje gutahurwa ko byose ari umugambi uyu muryango wari warakoze ushaka guteza impagarara n’urunturuntu.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, nibwo polisi yatahuye batatu mu bagize umuryango wa Rwigara bashakishwaga aribo Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara, bari mu gikari cy’inzu yabo mu Kiyovu, nyuma y’iminsi bahamagarwa mu bugenzacyaha ntibitabe.

Ni nyuma y’amagambo menshi yavugwaga ko aba bagize umuryango wa Rwigara Assinapol baburiwe irengero abandi bakavuga ko batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bakaba bafungiwe ahantu hatazwi.

-7907.jpg

-7909.jpg

Impanuka yahitanye nyakwigendera Rwigara Assinapol

Ubusanzwe nyakwigendera Rwigara Assinapol n’abagize umuryango we ni abacuruzi ahanini bashabika mu birebana n’itabi ndetse n’ibindi bitandukanye. Nk’uko bikunze kugendekera ibigo by’ubucuruzi bito n’ibinini ahariho hose; Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro kimaze igihe kinini kiri gukora ubugenzuzi mu birebana n’imyishyurire y’imisoro mu masosiyete y’ubucuruzi harimo n’ihuriwemo n’abagize umuryango wa Rwigara.

Iki kigo cyatangaje ko uruganda rutunganya itabi rw’uyu muryango rumaze imyaka irenga itanu nta n’urumiya rw’imisoro rwishyura. Amakuru avuga ko habarurwa asaga miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda iki kigo cyari gikwiye kuba cyarishyuye kuva mu 2012.

Ibi byo ubwabyo bihanirwa n’amategeko kuko ingingo ya 371 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko ‘kutishyura umusoro wagenwe’ bihanishwa igifungo kuva ku meza atandatu kugera ku myaka ibiri, kandi umuntu agatanga ihazabu ingana n’umusoro yanyereje.

Ku rundi ruhande Diane Rwigara aherutse kugaragaza inyota yo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda nkuko abyemererwa n’amategeko kimwe n’undi munyarwanda wese; gusa muri uru rugendo asa n’uwaciye inzira itagendwa kuko byatahuwe ko yakoresheje impapuro mpimbano mu gutanga ibyangombwa yasabwaga na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC.

NEC niyo yabigaragaje rugikubita ivuga ko Diane Rwigara afatanyije n’umukorerabushake wayo mu Karere ka Rulindo, biganye imikono y’abantu bagasinyira abagera kuri 26 imyirondoro yabo ikuwe ku makarita y’itora uwo mukorerabushake yari afite.

-7910.jpg

Diane Rwigara n’umubyeyi we kuri Komisiyo y’Amatora

Ibi nabyo mu mategeko birahanirwa kuko ingingo ya 609 mu gitabo cy’amategeko ahana iteganya “igifungo kirenze imyaka itanu kugeza ku myaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu kugeza kuri miliyoni eshatu”.

Ku ilisiti y’abari bashyigikiye kandidatire y’uyu mukobwa w’imyaka 35, hanagaragayeho abantu bapfuye aribo Rudahara Augustin; Maniraguha Innocent na Byiringiro Desire.

Izi mpamvu zirebana no gukekwaho kunyereza imisoro ndetse n’ibyaha bifitanye isano no guhimba inyandiko nibyo byahagurukije Polisi itangira gukora iperereza kuri uyu muryango, bitandukanye n’ababisanisha n’uko uyu mukobwa yakurikiranywe azizwa ko yinjiye muri Politiki mu gihe isosiyete y’uyu muryango imaze imyaka n’imyaka yishyuzwa imosoro kandi ba nyirayo babizi.

Ibyo kuburirwa irengero byaje bite?

Kuba bimaze iminsi bivugwa ko baburiwe irengero abandi bakavuga ko bafunze, kubasanga iwabo mu rugo ni ikimenyetso cy’ikinyoma cyahimbwe na Diane Shima Rwigara, kigashimangirwa n’amagambo agaragara ku rukuta rwe rwa Twitter (@ShimaRwigara) rwanditseho ko ubu ruri gukoreshwa n’umwunganizi we, mu gihe nyir’ubwite “afunzwe binyuranyije n’amategeko.”

Hari n’abavuga ko byari bigamije gusembura ibitekerezo bya benshi ngo bumve ko ugukurikiranwa kwe kuri mu mpamvu za politiki, bityo bitwikire ibyaha akekwaho hamwe n’abagize umuryango we.

Bisa n’aho Diane Rwigara n’abo mu muryango we batari bagishaka kuva mu rugo cyangwa ngo bagire ubasura, kuko uretse no kuba baranze gufungurira abapolisi, mbere y’uko bahagera hari n’umugore wari wahaje afite agakapu gato, akanda inzogera yo ku rugo habura umufungurira, arangije arikubura aragenda.

Amakuru y’ifatwa n’ifungwa Diane na we ayihakanira ubwe, kuko ubwo yari amaze kwerekwa inyandiko itegeka ko ajyanwa kuri polisi ku ngufu, mu mvugo yakoreshaga yuje ukubahuka abashinzwe umutekano adasize n’umubyeyi we n’abavandimwe nk’aho yababwiraga ati ‘ceceka, tais-toi!’; yemera ko babaga iwabo, nta wigeze ahabavana.

Hari aho yeruye ko banze kwitaba polisi nkana kubera ko mu iperereza yafashe telefoni zabo igatwara n’amafaranga, bityo batari bafite uburyo bwo kujyayo. Byose bigashimangira ko iby’ukuburirwa irengero n’ifungwa ari ibinyoma bisa, byahimbwe na we ubwe.

Nyamara bisa n’aho basanzwe bava mu rugo, kuko polisi yanze gutwara abahungu babiri ba Rwigara mu modoka yatwayemo bashiki babo na nyina ivuga ko bo ntacyo ibabaza, hanyuma bakatsa imwe mu modoka zari ziparitse mu gipangu cyabo bakabaherekeza mu bugenzacyaha. Ibi binasobanura neza ko kuba Diane yaravugaga ko yabuze uko agera kuri Polisi ari ikinyoma gisa kuko basaza be babonye uko bagerayo ubwo Polisi yajyaga mu rugo rwabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Theos Badege, yabwiye itangazamakuru ati “Ntabwo bari bafunze, icyakozwe mbere kwari ugusaka bikurikije amategeko, bimwe mu bintu birafatwa harimo n’amafaranga, kandi ubwo umwe mu bavandimwe babo yazaga hano, yabonye amafaranga yasabaga.”

Ikimwaro ku muryango, Filip Reyntjens we asaba imbabazi

Ubwo byatangiraga guhwihwiswa ko umuryango wa Rwigara waburiwe irengero, hari impande nyinshi zahise zihaguruka zibavuganira cyane cyane Diane Rwigara zibihuza n’uko yashatse kwiyamamariza kuyobora u Rwanda.

Umubiligi Filip Reyntjens ukunze kuzamura ijwi asebya u Rwanda, kuwa 31 Kanama yihutiye kwandika kuri twitter ko Shima Diane Rwigara yatawe muri yombi, ko “ukuburirwa irengero kwe kwemejwe n’abantu be ba hafi i Kigali”, akomeza avuga ko “Umuryango mpuzamahanga ukwiye gushyira igitutu kuri guverinoma y’u Rwanda.”

Kuri iyi nshuro Reyntjens yatewe ikimwaro n’ukuri, ahita avuga ko impamvu iyo ari yo yose Diane Rwigara yaba yaragendeyeho ahimba ko yaburiwe irengero, bitari bikwiye ko ayobya rubanda bene aka kageni.

Yakomeje agira ati “Nta mpamvu n’imwe yo kubeshya ko yaburiwe irengero cyangwa afunzwe nk’uko bigaragara kuri konti ye ya twitter. Ni imyitwarire idakwiye, agomba kubisabira imbabazi nk’uko nanjye mbikoze.”

Nyuma yo kubazwa n’ubugenzacyaha, abagize umuryango wa Rwigara basubijwe mu rugo baherekejwe na polisi, mu gihe iperereza rigikomeje.

-7904.jpg

Uhereye ibumoso: Diane Rwigara; Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara

-7905.jpg

Ubwo Polisi yageraga mu rugo rwo kwa Diane Rwigara, ibintu byari bitereye hejuru nta na kimwe kiri mu mwanya wacyo. Abanyamakuru batunguwe no kubona intebe zisa neza n’izigaragara ku mafoto yakwirakwiye y’uyu mukobwa yambaye ubusa.

-7906.jpg

Source: IGIHE

2017-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2017
Uwashimuswe n’ingabo za Congo akabohozwa na Kagame yiyemeje kuzamutora

Uwashimuswe n’ingabo za Congo akabohozwa na Kagame yiyemeje kuzamutora

Ubwanditsi 25 Jul 2017
Gambia: Yahya Jammeh yashyize yemera kurekura ubutegetsi

Gambia: Yahya Jammeh yashyize yemera kurekura ubutegetsi

Ubwanditsi 21 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?
Mu Rwanda

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira
INKURU NYAMUKURU

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Ubwanditsi 07 Mar 2019
U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente

Ubwanditsi 15 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru