• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Ubwanditsi 27 Apr 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 25 Mata 2021 nibwo ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC yakinaga umukino wayo wa kabiri na Marines FC, uyu mukino ukaba warangiye APR FC itsinze ibitego bibiri ku busa byose byatsinzwe na Manishimwe Djabel.

Uyu mukino wakinwe mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2020-2021, ni umukino wakinwe iminota 50 igice cya mbere n’indi 50 igice cya kabiri aho ikipe zose zagiye zikora impinduka zitandukanye kuko abakinnyi bose bahawe umwanya wo gukina uyu mukino.

Muri uyu mukino ibitego byombi byatsinzwe na Djabel ukina mu kibuga hagati afasha ba Rutahizamu, igitego cya mbere akaba yagitsinze ku munota wa 23 w’umukino ndetse ayitsindira ikindi ku munota wa 42.

Undi mukino wabaye kuri iki cyumweru ariko ntiwasozwa ni uwahuje ikipe ya Rayon Sports ndetse na Police FC, ni umukino wahagaritswe ku munota wa 23 w’umukino bitewe n’uko uyu mukino ngo wakinwe abashinzwe umutekano batabimenyeshejwe.

Uyu mukino wari wabereye kuri Sitade Amahoro ukaza guhagarikwa, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ibinyujije kuri Twitter ikaba yasobanuye ko uyu mukino wahagaritswe kubera ko abashinzwe umutekano batamenyeshejwe.

FERWAFA yagize ati “guhagarika uwo mukino byatewe nuko nyuma yaho utangiriye byagaragaye ko ikipe ya Rayon Sports FC yari yakiriye umukino itari yateganyije abashinzwe umutekano ku kibuga nkuko biteganywa n’amabwiriza.”

FERWAFA ikaba yaboneyeho gusaba imbabazi abakunzi ba ruhago, yagize iti “Ubuyobozi bwa FERWAFA bwiseguye ku bakunzi b’umupira w’amaguru by’umwihariko abakunzi ba Rayon Sports na Police FC bitewe nuko umukino wagombaga guhuza ayo makipe utabaye ngo urangire.”

Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona ikipe ya Rayon Sports iri mu itsinda B aho iri kumwe na Kiyovu Sports, Gasogi United na Rutsiro FC, ni mugihe Police FC yo iri mu itsinda C iri kumwe na AS Kigali, Musanze FC na Etincelles FC.

Kuri iki cyumweru undi mukino wabaye ni Musanze FC yatsinze ikipe ya Rutsiro FC, uyu mukino warangiye Musanze itozwa na Seninga Innocent itsinze ibitego 4-2, ku ruhande rwa Musanze ikaba yatsindiwe na Muteebi Rachid watsinze ibitego bibiri, Munyeshyaka Gilbert na Musa Ally Sova, ku ruhande rwa Rutsiro yo yatsindiwe na Ndarusanze Jean Claude na Ndikumana Landry.

Undi mukino kandi wari uteganyijwe ikipe ya AS Muhanga yari bwakire ikipe ya Sunrise ariko ntabwo wabaye kubera ko ikipe ibarizwa mu karere ka Muhanga yagaragayemo abakozi 10 banduye Koronavirusi.

2021-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR

“FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR

Ubwanditsi 28 May 2025
Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ubwanditsi 03 Nov 2021
Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Ubwanditsi 19 May 2021
“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

Ubwanditsi 05 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha
Amakuru

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Ubwanditsi 16 Aug 2023
Trump aravugwaho kwishyura umukinnyi wa filime z’urukozasoni ngo atavuga ko baryamanye
POLITIKI

Trump aravugwaho kwishyura umukinnyi wa filime z’urukozasoni ngo atavuga ko baryamanye

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Minisitiri Sezibera yasabye abantu kwima amatwi ibihuha bibeshyera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Sezibera yasabye abantu kwima amatwi ibihuha bibeshyera u Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru