• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi

Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi

Ubwanditsi 26 Oct 2016 Mu Mahanga

Binyujijwe ku Uhagarariye Ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu muryango w’I Bihugu by’I Burayi mu Rwanda.

Ba Nyakubahwa,

Mbanje kubasaba gufata iyi baruwa nk’ijwi rya rubanda rwa giseseka,(la voix des sans voix) rutagira umwanya wo kwirirwa ruvuga, ahubwo ruba ruri mu rugamba rwo kubaka ejo heza h’igihugu cyamaze imyaka mu mwiryane, cyinashowemo n’ Abakurambere ba bamwe mu birwa bavuga. Abo mvuga ntabwo ari abandi ni abataravuze mu gihe Igihugu cyari mu kangaratete, n’abatavuga mu gihe mu bihugu byabo hidegembya abashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, none bakaba bavuga bashyigikira abahakanyi b’iyo Jenoside, bazi ko iwabo ntawatinyuka guhakana iy’Abayahudi, n’ubikoze akabihanirwa, Ariko, nkuko tumaze kumenyera imitecyerereze yabo y’uko umwirabura atareshya nk’umuzungu, bityo batafatwa kimwe(2 poids,2 mesures), –Kuribo iyakorewe muri Afrika, ntacyo yatakaje cyahabwa agaciro, mwumva ko yaribatwa uko mwishakiye. . .

Impamvu mbasaba ko mwafata iyi baruwa nk’ijwi rya rubanda mudaha agaciro, kuko ntiwaha umuntu agaciro ngo utangaze amagambo ashyigikira abamuhekuye; nuko mutajya muhura n’iyo rubanda ,ibivugwa bikavugirwa hagati y’abayobozi n’abandi, ubu rero ijwi rya rubanda rirababwira ngo turarambiwe. Turambiwe kwirwa mukandagira agaciro k’igihugu , abayobozi bacyo n’abaturage bacyo. Turashaka kugira ngo tuberurire, tubereke abo muri bo by’ukuri.

Muri iyi baruwa munyemerere ntange ubusobanuro bw’amwe mu magambo akoreshwa. Sintanga ubusobanuro buciye hirya no hino, ahubwo reka twite ikintu mw’izina ryacyo (appelons un chat un chat).

Ndasobanura amagambo abiri, mu buryo bwanjye:ayo ni Negationiste, na Racisme (Uhakana Jenoside, n’IvANGURA MOKO)
Umunegationiste ni umujenosideri utarabonye umwanya n’imbaraga(reka mbyite ubutwari) zo gufata umupanga.

Umuraciste ni Umuntu ufite indwara yo mu mitekerereze(alienation mentale,ubwenge buke), ituma atemera ko habaho ubwoko runaka bwaremwe n’Imana, butameze nkuko yifuza.

Ubwo nibwo busobanuro butagiye mu gucukumbura mu bumenyi bunyuranye bwo kumenya niba imizi y’ijambo isobanura gutya mu kigereki cyangwa mu Kilatini!, buriya busobanuro burareba uhakana Jenoside wese, yaba Umunyarwanda, yaba Umu Espanyore, Umubirigi, …. Niba uriwe ubu busobanuro bugufashije kwimenya. Ibyo wari ukwiye kubinshimira.

Abakora ibyo ni bande?

Amahirwe dufite n’uko Abanyaburayi bose atari kimwe, twabonye abandi badatekereza nkamwe ba Nyakubahwa. Hari abandi bazungu bene wanyu ahubwo bo bashishikajwe nuko Bene wabo , na Leta zabo zashyigikiye Jenoside yakorewe Abatutsi, bagera imbere y’ubutabera.

Mbabwire rero abakora biriya abo aribo.

Ni Abashegeshwe n’agahinda (les nostalgiques de tout genre), ko kubona igihe cy’ubukoroni cyararangiye.

Ni abuzukuruza b’Aba Nazi bo kwa Hitler

Ni Abashavuzwa no kubona ko umuyahudi , umututsi bakiriho kw’isi batatsembwe nkuko babishakaga.(Ntimutangazwe nuko mvuze Umuyahudi, Mu Burayi naho hari iyo nyoko yuzuye ibisigisigi by’Aba Nazi.

Ni abadakunda ibyiza , barwanya Umwirabura wese iyo babona ateye imbere batabigizemo uruhare, batemera ko Umunyarwanda yashyira imbere agaciro ke. Ibyo ntibabyemera ko byakorwa n’undi keretse bo ,. Ibi nibyo ba Sekuruza babo ntiriwe mvuga amazina bapfuye n’abantu nka ba Rudahigwa naba Lumumba, bashakaga kwisubiza agaciro kabo, basaba Ubwigenge.Ibi nibyo bapfa n’Abanyaqrwanda b’iki gihe, nibyo bapfa na Prezida wacu uharanira agaciro, ishema ryacu.

Mbanyurire gato mu mateka y’iwanyu, muri uwo murongo wo kubumvisha abo aribo koko.

Mu ntambara ya kabiri y’isi yose, Abadage ba Hitler, bafashe Igihugu cy’Ubufaransa mu gihe gito cyane. Bamwe mu Bafaransa barangajwe imbere na De Gaulle, banze kuba Ingaruzwamuheto, biyemeza kudakorana n’umwanzi ahubwo bakamurwanya.
Hari abandi ariko bakoranye n’umwanzi, bayobowe na Petain, , bashinga Leta yitwa iyi Vichy. Aba bakoranye n’umwanzi, aba bagiye batungira agatoki Umuyahudi aho yihishe. Nkuko mubizi rero ko abantu bororoka, ni nako imico imwe igenda igera no mu rubyaro rwabo.

Aba mubona rero ni abuzukuru b’Aba vichistes, n’abatungiraga agatoki Abayahudi, ibyo kuko batabona ubwiyagamburiro hariya iwabo barashaka kubyimurira (exportation) inaha.

Ba Nyakubahwa, Niba kwitwa umu collabo (uwafatanyaga n’aba Nazi icyo gihe), niba gutungira agatoki umuyahudi wihishe byari bigayitse, niba ubu tugaya ibyo Abanazi bakoze, cyaangwa Interahamwe hano mu Rwanda, ntaho mutaniye nabo ba Vichystes n’Aba Nazi, n’Interahamwe niba muhakana ibyo Isi yose yemeye nka Jenoside Yakorewe Abatutsi,nkuko ubusobanuro natanze bwabyerekanye .CQFD.

Ba Nyakubahwa, turabiyamye, Hano iwacu twavuze ko uwifitiye uburwayi bw”ingengabitekerezo, yabwigumanira mu bwonko bwe akazajyana nabwo, namwe rero mubyigumanire iwanyu, ntimuzatugarukire mu gihugu, gucira hejuru (cracher sur les tombes), y’imva z’abana bacu , ababyeyi, abo twashakanye nabo , muri make miliyoni n’imisago by’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba mudaha amaraso yacu agaciro twe turayagaha.

Muzaba mubaye abagabo nimwubahiriza ibyo tubasabye..

Twubahane.

Umwuzukuru wa Lubumba.

-4486.jpg

Abadepite ba EU basuhuzanya n’abagize Inteko Ishinga Amategeko mu Rwanda

2016-10-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ubwanditsi 16 Dec 2022
Kamonyi: Abavuga rikumvikana basabwe kugira uruhare mu bukangurambaga bwo kurengera abana

Kamonyi: Abavuga rikumvikana basabwe kugira uruhare mu bukangurambaga bwo kurengera abana

Ubwanditsi 31 Mar 2016
Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage

Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage

Ubwanditsi 10 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo
Amakuru

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Ubwanditsi 22 Aug 2023
Abanyarwenya Siriki na Souké bari  mu Rwanda
Mu Rwanda

Abanyarwenya Siriki na Souké bari mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica
Uncategorized

Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica

Ubwanditsi 04 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru