• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 

Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 

Ubwanditsi 02 Sep 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kenneth Roth ni Umunyamerika wategekaga umuryango Human Rights Watch kuva mu mwaka w’ 1993.  N’ubwo yari amaze imyaka 29 yose yica agakiza, ntibyamuteraga isoni kwibasira benshi mu bayobozi, cyane cyane abo muri Afrika, abashinja kugundira ubutegetsi, kandi bo nibura baratowe n’abaturage.

Amakuru atugeraho arahamya ko  Kenneth Roth yari ageze habi cyane kubera igitutu cy’ibihugu yahoraga atoteza, nka Israel, Uburusiya, n’ Ubushinwa, maze arekura ubuyobozi   by’amaburakindi.

Ubundi Human Rights Watch ishingwa yitwaga “umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu”. Nyamara yaje kugirwa igikoresho cya politiki, n’igikangisho ku batemera politiki ya “mpatsibigu na “humirizankuyobore”. Byaje guhumira ku mirari aho Kenneth Roth atangiye kuyiyoborera, dore ko ari umukoloni wumva  umuzungu ari hejuru y’ibindi biremwa byose. 

Kenneth Roth yaranzwe no kubogama, dore ko ibyegeranyo bye byibasiraga gusa ibihugu afata nk’insina ngufi, akirengagiza amahano ibihugu by’ibihangange nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bikora hirya no hino ku isi, nko muri Irak, Afganistan, Syria, Iran, Libya n’ahandi henshi.

By’umwihariko Kenneth Roth yatoteje bikomeye u Rwanda  n’abayobozi barwo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Buri mwaka yasohoraga icyegeranyo gishinja u Rwanda ibinyoma, agendeye ku bihimbano bye bwite cyangwa ibyo abwirwa n’ibigarasha n’abajenosideri. 

Kenneth Roth yashyigikiye ku mugaragaro imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, we akayita”impirimbanyi za demokarasi n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Yabaye umuvugizi wa “Hutu-pawa”, ntatinye gusaba, nako  gutegeka ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagirwa abere ndetse bagashyira mu butegetsi. Ihirikwa ry’ingoma ya  MRND/CDR ryamuhungabanyije cyane, ku buryo abahoze mu butegetsi bwa Habyarimana aribo bari abajyanama be ba hafi.

Mu bihugu Kenneth Roth yazengereje harimo na Israel. Ushatse wamwita “bangamwabo” kuko ababyeyi be ari Abayahudi, bavuye mu Budage muw’1938 bahunze aba Nazi ba Hitler, bajya gutura muri Leta Zunze Ubumwe z’ Amarika.

Kwibasira u Rwanda, Kenneth Roth  azi neza ko rwahuye n’akaga ka Jenoside yakorewe Abatutsi, abasesenguzi basanga abiterwa no kuba umwe mu Bayahudi batemera ko hari abandi ku isi bakorewe jenoside. Iri ni irondaruhu,  ubwibone bukabije.

Mu bashobora gusimbura Kenneth Roth ku buyobozi bwa Human Rights Watch, harimo uwitwa Tirana Hassan wari usanzwe ari icyegera cya Kenneth Roth.  Uzasimbura Kenneth Roth wese afite akazi katoroshye ko kuzahura isura ya Human Rights Watch yangiritse kubera kubogama, ruswa n’irondakoko. Agomba kandi gukora ibishoboka byose akunga uyu muryango n’ibihugu Kenneth Roth asize ateranyije nawo.

Kenneth Roth turamukize ariko abanzi baracyahari. Tugomba kwiga kubana nabo, tugakora ibidufitiye akamaro nk’Abanyarwanda, tutitaye ku bishimisha cyangwa ibibabaza abantu nka Kenneth Roth.

 

2022-09-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Ubwanditsi 14 Nov 2020
Brazil yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America 2020, itegereje ko Argentina cyangwa Colombia yayisangayo

Brazil yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America 2020, itegereje ko Argentina cyangwa Colombia yayisangayo

Ubwanditsi 06 Jul 2021
Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2018
CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

Ubwanditsi 14 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi b’ikipe  ya Manchester  bafashe  icyemezo cyo ku gabanya imishahara ya bamwe  mu bakinnyi  bayo
IMIKINO

Abayobozi b’ikipe ya Manchester bafashe icyemezo cyo ku gabanya imishahara ya bamwe mu bakinnyi bayo

Ubwanditsi 21 Feb 2016
Ingoro yo ku Mulindi w’Intwari igiye gutangira kumurikirwamo amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu
UBUKERARUGENDO

Ingoro yo ku Mulindi w’Intwari igiye gutangira kumurikirwamo amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Rayon sports ikoze mu Ijisho  rya APR FC
Mu Rwanda

Rayon sports ikoze mu Ijisho rya APR FC

Ubwanditsi 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru