• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 

Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 

Ubwanditsi 02 Sep 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kenneth Roth ni Umunyamerika wategekaga umuryango Human Rights Watch kuva mu mwaka w’ 1993.  N’ubwo yari amaze imyaka 29 yose yica agakiza, ntibyamuteraga isoni kwibasira benshi mu bayobozi, cyane cyane abo muri Afrika, abashinja kugundira ubutegetsi, kandi bo nibura baratowe n’abaturage.

Amakuru atugeraho arahamya ko  Kenneth Roth yari ageze habi cyane kubera igitutu cy’ibihugu yahoraga atoteza, nka Israel, Uburusiya, n’ Ubushinwa, maze arekura ubuyobozi   by’amaburakindi.

Ubundi Human Rights Watch ishingwa yitwaga “umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu”. Nyamara yaje kugirwa igikoresho cya politiki, n’igikangisho ku batemera politiki ya “mpatsibigu na “humirizankuyobore”. Byaje guhumira ku mirari aho Kenneth Roth atangiye kuyiyoborera, dore ko ari umukoloni wumva  umuzungu ari hejuru y’ibindi biremwa byose. 

Kenneth Roth yaranzwe no kubogama, dore ko ibyegeranyo bye byibasiraga gusa ibihugu afata nk’insina ngufi, akirengagiza amahano ibihugu by’ibihangange nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bikora hirya no hino ku isi, nko muri Irak, Afganistan, Syria, Iran, Libya n’ahandi henshi.

By’umwihariko Kenneth Roth yatoteje bikomeye u Rwanda  n’abayobozi barwo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Buri mwaka yasohoraga icyegeranyo gishinja u Rwanda ibinyoma, agendeye ku bihimbano bye bwite cyangwa ibyo abwirwa n’ibigarasha n’abajenosideri. 

Kenneth Roth yashyigikiye ku mugaragaro imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, we akayita”impirimbanyi za demokarasi n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Yabaye umuvugizi wa “Hutu-pawa”, ntatinye gusaba, nako  gutegeka ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagirwa abere ndetse bagashyira mu butegetsi. Ihirikwa ry’ingoma ya  MRND/CDR ryamuhungabanyije cyane, ku buryo abahoze mu butegetsi bwa Habyarimana aribo bari abajyanama be ba hafi.

Mu bihugu Kenneth Roth yazengereje harimo na Israel. Ushatse wamwita “bangamwabo” kuko ababyeyi be ari Abayahudi, bavuye mu Budage muw’1938 bahunze aba Nazi ba Hitler, bajya gutura muri Leta Zunze Ubumwe z’ Amarika.

Kwibasira u Rwanda, Kenneth Roth  azi neza ko rwahuye n’akaga ka Jenoside yakorewe Abatutsi, abasesenguzi basanga abiterwa no kuba umwe mu Bayahudi batemera ko hari abandi ku isi bakorewe jenoside. Iri ni irondaruhu,  ubwibone bukabije.

Mu bashobora gusimbura Kenneth Roth ku buyobozi bwa Human Rights Watch, harimo uwitwa Tirana Hassan wari usanzwe ari icyegera cya Kenneth Roth.  Uzasimbura Kenneth Roth wese afite akazi katoroshye ko kuzahura isura ya Human Rights Watch yangiritse kubera kubogama, ruswa n’irondakoko. Agomba kandi gukora ibishoboka byose akunga uyu muryango n’ibihugu Kenneth Roth asize ateranyije nawo.

Kenneth Roth turamukize ariko abanzi baracyahari. Tugomba kwiga kubana nabo, tugakora ibidufitiye akamaro nk’Abanyarwanda, tutitaye ku bishimisha cyangwa ibibabaza abantu nka Kenneth Roth.

 

2022-09-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ange Kagame arahakana ko asigaye akorana na Se  muri Village Urugwiro

Ange Kagame arahakana ko asigaye akorana na Se muri Village Urugwiro

Ubwanditsi 29 Mar 2016
Amakuru y’ingenzi ya Polisi y’u Rwanda yaranze icyumweru gishize

Amakuru y’ingenzi ya Polisi y’u Rwanda yaranze icyumweru gishize

Ubwanditsi 06 Feb 2017
Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Ubwanditsi 28 May 2024
Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Ubwanditsi 23 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi
INKURU NYAMUKURU

Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Bombori-Bombori muri Guverinoma ya Nahimana, barayisohokamo nk’Inzuki ziva mu muzinga
INKURU NYAMUKURU

Bombori-Bombori muri Guverinoma ya Nahimana, barayisohokamo nk’Inzuki ziva mu muzinga

Ubwanditsi 16 Nov 2017
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo
POLITIKI

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Ubwanditsi 22 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru