• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup   |   15 Aug 2022

  • Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi   |   12 Aug 2022

  • Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!   |   11 Aug 2022

  • Minisiteri ya siporo yatangaje ko bikorwa bya siporo u Rwanda rwakiriye byinjije asaga miliyari 30 Frw ugereranyije na Miliyari 6,7 Frw yashowe   |   10 Aug 2022

  • Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti   |   09 Aug 2022

  • Impera z’icyumweru zisize APR FC yerekanye abakinnyi 7 bashya, Rayon Sports itsinda AS Kigali, Ntagengwa Olivier na Gatsinzi Venuste begukanye umwanya wa 4 muri Common Wealth Games   |   08 Aug 2022

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Ingoro yo ku Mulindi w’Intwari igiye gutangira kumurikirwamo amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu

Ingoro yo ku Mulindi w’Intwari igiye gutangira kumurikirwamo amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu

Editorial 08 Jan 2020 UBUKERARUGENDO

Ikigo cy’Igihugu cy’Ingoro z’Umurage w’u Rwanda (INMR) cyatangaje ko imirimo yo kwagura Ingoro ndangamateka y’urugamba rwo kubohora igihugu iherereye ku Mulindi izashyirwaho akadomo muri Kamena uyu mwaka, kikazahita gitangiza imurikabikora risobanura byimbitse uko urwo rugamba rwagenze, ibikoresho byifashishijwe n’ibindi.

Ingoro ndangamateka yo kubohora igihugu iri ku Mulindi w’Intwari mu Ntara y’Amajyaruguru, Akarere ka Gicumbi, Umurenge wa Kaniga, Akagari ka Mukindi, Umudugudu wa Nyakabungo.

Iyi ngoro iherereye ahari ibiro bya FPR Inkotanyi, irimo n’indaki ya Perezida Paul Kagame ikoze mu nyuguti ya L, yakoreshaga mu gutanga amabwiriza igihe yari ayoboye urugamba rwo kubohora igihugu hagati yo mu 1990-1994 no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi. Yanifashishwaga n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bungurana ibitekerezo ku ngingo zitandukanye.

Umuyobozi wa INMR Masozera Robert yatangaje ko imirimo yo gusana ingoro ya Mulindi yari ikenewe kuko nta bice bifasha mu kumurika amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu yari ifite.

Ati “Yari ikeneye kongererwa ubushobozi kuko yari ikennye ibikorwa bifasha kumurika amateka kandi mu kuyubaka, tugomba kwizera ko dusigasira amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.”

“Imirimo yo kubaka ibikorwa bifasha kumurika nirangira muri Kamena uyu mwaka izaba ari igicumbi cy’amateka yose y’urugamba rwo kubohora igihugu guhera mu mizi kugeza rurangiye kandi mu buryo bwimbitse.”

Masozera yasobanuye ko mu kwagura iyi ngoro hongerwamo ibyumba byihariye byo kumurika ayo mateka bizaba bifite uburyo buyasobanura nka filimi mbarankuru ikoze mu majwi no mu mashusho.

Bizaba binarimo amakarita agaragaza inzira n’uburyo byifashishwaga mu kuyobora urugamba rwo kubohora igihugu, ibikoresho byifashishwaga mu rugamba n’ibindi bikoresho bisobanura ayo meteka byakozwe n’abahanga mu by’ubugeni.

Biteganyijwe ko nyuma yo kwagura iyi ngoro izaba ifite ubushobozi bwo kwakiri abantu bari hagati y’ibihumbi 120-50 buri mwaka, ikinjiza arenga miliyoni 150Frw.

U Rwanda rufite ingoro umunani z’umurage w’u Rwanda ziherereye mu bice bitandukanye by’igihugu. Umwaka ushize Ikigo cy’Ingoro z’umurage w’u Rwanda cyagaragazaga ko ingoro ndangamurage zasuwe n’abantu 272 636, barimo Abanyarwanda 78%, zinjiza miliyoni 310 643 966 Frw.

Mu 2018 Ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside niyo yasuwe cyane, ikurikirwa n’Ingoro y’Imibereho y’abanyarwanda i Huye, Ingoro y’Abami i Nyanza n’Ingoro y’Ubugeni n’ubuhanzi yahoze yitwa iy’abaperezida iri i Kigali.

Gusura Ingoro z’umurage w’u Rwanda abana n’abanyeshuri bishyura 700 Frw, abakuru bishyura 1500 Frw, abo muri Afurika y’Iburasirazuba bishyura 3000 Frw naho abandi banyamahanga bakishyura 6000 Frw.

Indaki Perezida Paul Kagame yabagamo ni imwe mu bice by’iyi ngoro

Ingoro ndangamateka ya Mulindi igiye gutangira kumurika amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu

2020-01-08
Editorial

IZINDI NKURU

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

Editorial 26 Aug 2018
Mu basuye Pariki y’Akagera umwaka ushize, 48 % ni Abanyarwanda

Mu basuye Pariki y’Akagera umwaka ushize, 48 % ni Abanyarwanda

Editorial 22 Jan 2020
Urugendo rwa Dubai-Kigali muri RwandAir rwimuriwe i Entebbe

Urugendo rwa Dubai-Kigali muri RwandAir rwimuriwe i Entebbe

Editorial 11 Oct 2018
U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

Editorial 01 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

20 Jul 2022
Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

07 Jul 2022
Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru