• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 07 Oct 2019 UBUKERARUGENDO

U Rwanda binyuze muri gahunda yarwo yo kwamamaza ubukerarugendo “Visit Rwanda” rwahawe igihembo cyo guteza imbere, kunoza ubukerarugendo no kwimenyekanisha nk’ahantu habereye ubukerarugendo, igihembo kizwi nka Destination Award.

Iki gihembo cyatangiwe mu imurika mpuzamahanga rya serivisi z’ubukerarugendo riri kubera Sydney muri Australia, rizwi nka Sydney Luxperience Travel Show 2019 ritegurwa n’Ikigo Luxperience.

Iki gihembo gihabwa ikigo cya Leta cyangwa igihugu cyagize uruhare rugaragara mu gukora ibishoboka byose ngo biteze imbere ubukerarugendo birimo kuzana no kumenyekanisha serivisi nshya zikurura ba mukerarugendo kandi zigezweho.

Ubusanzwe muri iri murikagurisha hatangwa ibihembo bine birimo icy’ikigo gifite ibikorwa byunguka kandi byabera abandi icyitegererezo (Inspiring Award), igihembo gihabwa ikigo cyangwa igihugu n’abandi b’intangarugero mu bikorwa bibungabunga ibidukikije (Meaningful Award).

Hari igihembo gihabwa intangarugero mu kumenyekanisha ibikorwa by’ubukerarugendo ku buryo bigera ku babikeneye bose (Connections Award) n’igihembo cya kane gihabwa igihugu cyangwa ikigo cya Leta gishyize imbere kuzana no gutanga serivisi zinoze mu by’ubukerarugendo nk’imwe mu nzira zo gukurura ba mukerarugendo hirya no hino ku Isi (Destination Award).

Igihembo u Rwanda rwahawe umwaka ushize cyari cyahawe Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubukerarugendo mu Buyapani (Japan National Tourism Organization).

Luxperience Travel Show ni rimwe mu mamurika akomeye ku Isi mu bijyanye n’ubukerarugendo, rikaba rihuza abamurika serivisi z’ubukerarugendo baturutse imihanda yose cyane cyane abo mu bice by’Amajyepfo y’Isi.

Ni umwanya ukomeye abafite ibikorwa by’ubukerarugendo bahanahana ubunararibonye, abashoramari bakabona ahantu hashya bashora imari mu bukerarugendo n’ibindi.

Uyu mwaka icyo gikorwa kiratangira guhera kuri uyu wa Mbere tariki 7 kugeza tariki 10 Ukwakira 2019, kikaba kizitabirwa n’abasaga 5000.

Imibare ya RDB igaragaza ko mu 2017 u Rwanda rwinjije miliyoni $438 zivuye mu bukerarugendo, bijyanye n’intego ya Guverinoma yihaye ko mu 2024 inyungu ruvana mu bukerarugendo igomba kwikuba kabiri ikagera kuri miliyoni $800.

Ibyo biva mu guteza imbere ibikorwa byo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri pariki z’igihugu, kuzana inyamaswa zitari zisanzwe mu Rwanda, kubaka hoteli zigezweho kandi zifite ibyumba byinshi n’ibindi.

Ibi bikorwa by’imurikagurisha rigamije kumenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda byiyongera ku bikorwa bikomeye mu kubumenyekanisha birimo amasezerano rwasinye n’Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza ndetse na Filimi ya Rwanda: The Royal Tour.

Umwaka ushize wa 2018, mu Rwanda haje abakerarugendo bangana na miliyoni 1.7.

Src : IGIHE

2019-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 07 Dec 2016
CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023
RwandAir yatangiye ingendo zigana i Kinshasa ziziyongera mu kwezi gutaha

RwandAir yatangiye ingendo zigana i Kinshasa ziziyongera mu kwezi gutaha

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Arsenal yahaye abafana bayo amahirwe adasanzwe yo gusura u Rwanda

Arsenal yahaye abafana bayo amahirwe adasanzwe yo gusura u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye
Mu Mahanga

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Abarundi bane bafatiwe muri Kenya bakekwaho kujya mu mitwe  yiterabwoba
Mu Rwanda

Abarundi bane bafatiwe muri Kenya bakekwaho kujya mu mitwe yiterabwoba

Ubwanditsi 13 Sep 2017
Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu i Davos
POLITIKI

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu i Davos

Ubwanditsi 23 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru