• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 07 Oct 2019 UBUKERARUGENDO

U Rwanda binyuze muri gahunda yarwo yo kwamamaza ubukerarugendo “Visit Rwanda” rwahawe igihembo cyo guteza imbere, kunoza ubukerarugendo no kwimenyekanisha nk’ahantu habereye ubukerarugendo, igihembo kizwi nka Destination Award.

Iki gihembo cyatangiwe mu imurika mpuzamahanga rya serivisi z’ubukerarugendo riri kubera Sydney muri Australia, rizwi nka Sydney Luxperience Travel Show 2019 ritegurwa n’Ikigo Luxperience.

Iki gihembo gihabwa ikigo cya Leta cyangwa igihugu cyagize uruhare rugaragara mu gukora ibishoboka byose ngo biteze imbere ubukerarugendo birimo kuzana no kumenyekanisha serivisi nshya zikurura ba mukerarugendo kandi zigezweho.

Ubusanzwe muri iri murikagurisha hatangwa ibihembo bine birimo icy’ikigo gifite ibikorwa byunguka kandi byabera abandi icyitegererezo (Inspiring Award), igihembo gihabwa ikigo cyangwa igihugu n’abandi b’intangarugero mu bikorwa bibungabunga ibidukikije (Meaningful Award).

Hari igihembo gihabwa intangarugero mu kumenyekanisha ibikorwa by’ubukerarugendo ku buryo bigera ku babikeneye bose (Connections Award) n’igihembo cya kane gihabwa igihugu cyangwa ikigo cya Leta gishyize imbere kuzana no gutanga serivisi zinoze mu by’ubukerarugendo nk’imwe mu nzira zo gukurura ba mukerarugendo hirya no hino ku Isi (Destination Award).

Igihembo u Rwanda rwahawe umwaka ushize cyari cyahawe Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubukerarugendo mu Buyapani (Japan National Tourism Organization).

Luxperience Travel Show ni rimwe mu mamurika akomeye ku Isi mu bijyanye n’ubukerarugendo, rikaba rihuza abamurika serivisi z’ubukerarugendo baturutse imihanda yose cyane cyane abo mu bice by’Amajyepfo y’Isi.

Ni umwanya ukomeye abafite ibikorwa by’ubukerarugendo bahanahana ubunararibonye, abashoramari bakabona ahantu hashya bashora imari mu bukerarugendo n’ibindi.

Uyu mwaka icyo gikorwa kiratangira guhera kuri uyu wa Mbere tariki 7 kugeza tariki 10 Ukwakira 2019, kikaba kizitabirwa n’abasaga 5000.

Imibare ya RDB igaragaza ko mu 2017 u Rwanda rwinjije miliyoni $438 zivuye mu bukerarugendo, bijyanye n’intego ya Guverinoma yihaye ko mu 2024 inyungu ruvana mu bukerarugendo igomba kwikuba kabiri ikagera kuri miliyoni $800.

Ibyo biva mu guteza imbere ibikorwa byo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri pariki z’igihugu, kuzana inyamaswa zitari zisanzwe mu Rwanda, kubaka hoteli zigezweho kandi zifite ibyumba byinshi n’ibindi.

Ibi bikorwa by’imurikagurisha rigamije kumenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda byiyongera ku bikorwa bikomeye mu kubumenyekanisha birimo amasezerano rwasinye n’Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza ndetse na Filimi ya Rwanda: The Royal Tour.

Umwaka ushize wa 2018, mu Rwanda haje abakerarugendo bangana na miliyoni 1.7.

Src : IGIHE

2019-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

Ubwanditsi 29 May 2019
RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana

RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 17 Sep 2023
U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

Ubwanditsi 07 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyeshuri b’Abanyarwanda b’Idini ya Isilamu biga muri Kaminuza biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Abanyeshuri b’Abanyarwanda b’Idini ya Isilamu biga muri Kaminuza biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 29 Jul 2016
Umukobwa wa Anatole Nsengiyumva yagaragaje uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yimuriwe muri Kongo igihe abicanyi bahungiragayo
Amakuru

Umukobwa wa Anatole Nsengiyumva yagaragaje uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yimuriwe muri Kongo igihe abicanyi bahungiragayo

Ubwanditsi 28 Jun 2021
Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi
Mu Mahanga

Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Ubwanditsi 24 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru