• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Abakiliya ibihumbi 380 ba British Airways bibwe amakuru arebana n’amakarita ya banki

Abakiliya ibihumbi 380 ba British Airways bibwe amakuru arebana n’amakarita ya banki

Ubwanditsi 08 Sep 2018 UBUKERARUGENDO

Ikigo gitwara abantu n’ibintu mu ndege cyo mu Bwongereza, British Airways cyatangaje ko cyibwe amakuru arebana n’amakarita ya banki abakiliya bacyo ibihumbi 380 bakoresheje mu kwishyura. 
Mu makuru yibwe harimo amazina, aho batuye, email, nimero y’ikarita, igihe izarangirira n’ijambo ry’ibanga by’abakiliya bagiye bishyura imyanya mu ndege banyuze ku rubuga rwa Internet na porogaramu ya British Airways. 
Umuyobozi mukuru wa British Airways, Alex Cruz, yabwiye BBC ko ubu bujura bw’ikoranabuhanga (…)

Ikigo gitwara abantu n’ibintu mu ndege cyo mu Bwongereza, British Airways cyatangaje ko cyibwe amakuru arebana n’amakarita ya banki abakiliya bacyo ibihumbi 380 bakoresheje mu kwishyura.

Mu makuru yibwe harimo amazina, aho batuye, email, nimero y’ikarita, igihe izarangirira n’ijambo ry’ibanga by’abakiliya bagiye bishyura imyanya mu ndege banyuze ku rubuga rwa Internet na porogaramu ya British Airways.

Umuyobozi mukuru wa British Airways, Alex Cruz, yabwiye BBC ko ubu bujura bw’ikoranabuhanga bwabayeho hagati y’itariki 21 Kanama na 5 Nzeri 2018.

Yemeje avuga ko ari cyo kibazo cy’ikoranabuhanga kigaragaye kuva urubuga rwa British Airways rwatangira gukoreshwa mu myaka 20 ishize.

Yiseguye ku bakiliya bahuye n’iki kibazo ndetse abasaba kwihutira kugana banki bakorana nazo, abazagira igihombo bose bakaba bazahabwa indishyi.

Ubwo aya makuru yamenyekanaga, agaciro k’imigabane ya International Airlines Group, ari nacyo British Airways, ibarizwamo kahise gatangira kugabanuka, ku wa Gatanu bari bamaze gutakaza 5%.

Umwe mu bakiliya ba British Airways witwa Esme Karim yabwiye CNN ko atiyumvisha uburyo iyi kompanyi y’indege aribwo yamenye ko amakuru y’abakiliya bayo yibwa, akibimenya akaba yarihutiye kujya kuri banki gufungisha ikarita ye.

British Airways yaherukaga guhura n’ikibazo cy’ikoranabuhanga muri Gicurasi 2017 cyatewe n’ibura ry’umuriro, icyo gihe ingendo 700 zarahagaritswe bigira ingaruka ku bagenzi bagera ku bihumbi 75.

Iki kigo cyavuze ko abagenzi bagizweho ingaruka n’uku gusubikwa ku ingendo bahawe indishyi za miliyoni 72.6 z’amadolari. Ntihatangajwe igihombo ariko British Airways yagize.

2018-09-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo

Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2018
U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 21 Nov 2024
Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 11 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuhamya bubabaje bw’undi munyarwanda washimutanywe n’abakoresha be muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ubuhamya bubabaje bw’undi munyarwanda washimutanywe n’abakoresha be muri Uganda

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS
Amakuru

Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS

Ubwanditsi 29 Jun 2023
Perezida Kagame yasobanuye impamvu ubufatanye bwa Afurika na BRICS ari ingenzi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasobanuye impamvu ubufatanye bwa Afurika na BRICS ari ingenzi

Ubwanditsi 27 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru