• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ubwanditsi 15 Mar 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, UBUKERARUGENDO

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max nyuma y’impanuka iheruka kubera muri Ethiopia igahitana ubuzima bw’abarenga 150.

U Rwanda rwiyongereye ku rutonde rw’ibindi bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bushinwa, Singapore, Indonesia ndetse n’ibindi bigo byinshi by’indege byafashe umwanzuro wo gukumira ubu bwoko bw’indege.

Ni nyuma y’uko mu gihe kitageze ku mezi atanu, ubu bwoko bumaze kugaragara mu mpanuka ebyiri zikomeye zahitanye ubuzima bw’abari bazirimo.

Impanuka ya Boeing 737-8 Max ya Ethiopian Airlines yabaye ku Cyumweru gishize igahitana abantu 157 ije nyuma y’indi y’ubu bwoko ya Lion Air Flight, Sosiyete yo muri Indonesia yahitanye ubuzima bw’abagenzi 189 mu Ukwakira umwaka ushize.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyasohoye itangazo rimenyesha ‘Abapilote n’abandi bagenzura iby’indege za Boeing 737-8 Max na Boeing 737-9 Max kudakora urugendo na rumwe mu kirere cy’u Rwanda kuva aho iri tangazo risohokeye’.

Cyavuze uyu mwanzuro uzakomeza gushyirwa mu bikorwa kugeza ubwo hazatangirwa andi amabwiriza mashya.

Yaba indege ya Ethiopian Airlines yakoze impanuka ndetse n’iya Lion Air flight zose zari zikiri nshya ndetse zasandaye hashize iminota mike zihagurutse, ibintu bikomeje gutera urujijo ku bibazo ubu bwoko bwaba bufite.

Nyuma y’iyi myanzuro ikomeje gufatwa hirya no hino ku Isi, Boeing yahagaritse gahunda yo gushyira ku isoko ubwoko bushya bw’indege ya 777X yari kujya hanze muri iki cyumweru.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafashe umwanzuro wo kuba zihagaritse mu kirere cyazo izi ndege kugera nibura muri Gicurasi uyu mwaka.

Ni mu gihe kandi Ikigo gishinzwe gukora iperereza ku bijyanye n’indege za Gisivile mu Bufaransa, BEA, cyatangaje ko cyakiriye agasanduku k’umukara kabika amakuru yose y’indege, kavuye mu ya Ethiopian Airlines yakoreye impanuka i Addis Ababa.

Abashakashatsi ba BEA bazagerageza kumva amajwi yafashwe n’aka gasanduku nubwo kangirikiye muri iyi mpanuka.

Impuguke mu by’indege zikomeje gutangaza ko izi ndege zishobora kuba zifite ikibazo gikomeye ndetse abagenzi bagiriwe inama ko mbere yo gufata urugendo bakwiye kubanza kugenzura niba atari zo zibatwaye.

Ubwoko bwa 737-8 Max bukumiriwe mu gihe bwari bumaze imyaka ibiri ku isoko ndetse buri mu bukunzwe cyane.

Umwaka ushize, 72% by’indege Boeing yashyize ku isoko zari izo muri ubu bwoko bwa 737 ndetse yateganyaga gukora izindi 59 buri kwezi muri uyu mwaka, zari kuba zikubye inshuro eshanu ku bwoko bwa 787 bwaguzwe cyane mu gihe cyashize.

Kuva impanuka yo ku Cyumweru yaba, imigabane ya Boeing yatakaje nibura 10% by’agaciro kayo ku isoko, bingana nibura na miliyari 25 z’amadolari ya Amerika.

Ibihugu birenga 50 birimo u Rwanda, Tunisia na Ethiopia nibyo byamaze gukumira izi ndege.

Sosiyete nyarwanda y’Indege, RwandAir, mu rwego rwo kwagura ingendo zayo hirya no hino ku Isi, uyu mwaka yateganyaga kugura indege enye nshyashya zirimo Airbus A330 ebyiri n’izo mu bwoko bwa Boeing 737 Max 8 ebyiri.

Indege zo mu bwoko bwa Boeing 737 MAX ni ubwoko bushya bwa Boeing zifite moteri ebyiri. Zirimo MAX7, MAX8, MAX9 na MAX10. Zishobora gutwara hagati y’abantu 138 na 204, zikaba zagenda ingendo ngufi n’ingendo ndende.

Kugeza ubu Boeing imaze kugurisha indege 350 naho ibigo birenga 60 hirya no hino ku isi bimaze gutumiza izi ndege 5000.

 

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’indege za Gisivile cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubu bwoko bw’indege nyuma y’impanuka ya Ethiopians Airlines

 

 

2019-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda

Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda

Ubwanditsi 10 Feb 2020
Musore  nubona ibi bintu k’Umukobwa mwakundanaga uzahite umenya ko atakiri uwawe hari abamaze kugutera  ‘ Agapapu ‘

Musore nubona ibi bintu k’Umukobwa mwakundanaga uzahite umenya ko atakiri uwawe hari abamaze kugutera ‘ Agapapu ‘

Ubwanditsi 30 May 2017
Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Ubwanditsi 21 Jan 2019

2 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    March 15, 20198:20 pm -

    rarya u Rwanda rufite indege zingahe zubu bwoko 737 M800??
    rwatumijeho zingahe???business nuko ikorwa !!!

    Subiza
  2. Musengimana Jean Claude Ruhango Mbuye Rugarama
    March 15, 201910:51 pm -

    Mwakoze Kuzikumira Murwanda, Ntizigiye Kutumaraho Abantu

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 04 May 2023
Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana
Mu Mahanga

Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !
Amakuru

Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Ubwanditsi 16 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru