• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda

Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda

Ubwanditsi 10 Feb 2020 UBUKERARUGENDO

Umukinnyi ukomeye wa Tennis, Umurusiyakazi Maria Yuryevna Sharapova w’imyaka 32, yagarutse ku bihe bidasanzwe yagiriye mu Rwanda, ubwo mu Ugushyingo 2019 yasuraga ibyiza byarwo, ari kumwe n’umukunzi we Alexander Gilkes w’imyaka 40.

Mu nyandiko yasohotse mu kinyamakuru Vogue cyo mu Bwongereza, Sharapova na Alexander bagaruka ku bihe bidasanzwe bagiriye mu Rwanda na Botswana umwaka ushize, aho babonye inyamaswa zinyuranye bagahura n’abantu batandukanye.

Maria atangirira kuri Botswana, aho bageze n’indege bakahagirira igice cya mbere cy’urugendo rwabo rw’iminsi ine bamaze basura ibyiza nyaburanga binyuranye.

Muri Botswana baraye muri Wilderness Vumbura Plains amajoro abiri. Ku munsi wa mbere basuye inyamaswa zitandukanye zirimo intare mbere yo kwerekeza mu Rwanda kureba ingagi zitaba ahandi ku Isi.

Alexander avuga ko muri icyo gihugu babonye inyamaswa zitandukanye zirimo intare, imvubu, ingona, imparage, udusumbashyamba n’izindi. Maria yongeraho ko banabonye ingwe n’imwe mu nyamaswa ibarizwa mu muryango w’ibisimba bitanu bikaze cyangwa ‘Big Five.

Yakomeje ati “Ingwe zo zari zitangaje cyane; twaricaye twitegereza zirimo gushaka amafunguro y’umugoroba, zikikinga ku mashami y’ibiti ziteze Impala zicaracara. Mu ijoro ryakeye, nakangutse mbona Inzovu irimo kunywa amazi muri piscine yacu.”

“Nabanje gukeka ko mbonye Intare irimo kugenda inyuma y’inzu yacu, ariko Alexander arambwira ngo nimpumure ni ingwe – nk’aho ari byo biroroshya ikibazo!”

Nyuma yo gusura ibyo byiza nyaburanga, Alexander yavuze uburyo berekeje muri Bisate Lodge mu Ruhengeli, hoteli igizwe n’inzu esheshatu ziteye mu buryo bwihariye, aho uba witegeye Ikirunga cya Bisoke n’indi misozi itatse u Rwanda.

Ati “Ni mu gihe cy’imvura, turagerageza kota ku muriro ku mugoroba, ari nako tureba uko ibihe bigenda bihinduka buri minota 30. Batubwiye ko inkende ndetse rimwe na rimwe ingagi zishobora kuza hafi y’inzu.”

Maria Sharapova ahita avuga uburyo babonye inkende mbere y’ingagi, ariko aho baziboneye, bifuje kuba baramaranye nazo igihe cyose bamaze basura ibyiza by’aka karere.

Yakomeje “Uburyo uhura n’ibi bisamuntu wiyoroheje ntabwo nzabyibagirwa. Ni umunsi wacu wa nyuma, ariko ntabwo nshaka kuhava.”

Alexander avuga uburyo mu ijoro ryabo rya nyuma mbere yo gusura Johannesburg muri Afurika y’Epfo, batewe ishema no guhura na Perezida Paul Kagame.

Ati “Birashimishije iyo urebye ibyo yabashije kugeraho mu myaka 25 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, akunga abantu kandi ni abaturage beza cyane. Uyu munsi buri kwezi u Rwanda rugira umunsi wo gukora isuku rusange, Guverinoma igizwe n’abagabo n’abagore 50/50, ubukungu bukomeje gutera imbere. Sitwe tuzabona tugarutse.”

Maria Sharapova yabaye nimero ya mbere ku Isi guhera mu 2005, ariko kuri ubu ari kubarizwa ku mwanya wa 369 nyuma yo kwitabira amarushanwa 12 gusa mu mwaka ushize.

Sharapova n’umukunzi we banyuzwe n’ibyiza byo muri Afurika

Maria Sharapova yishimiye serivisi yahawe na Emang wabayoboye muri pariki.
Inkuru ya Igihe.com

2020-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

Ubwanditsi 10 Aug 2018
RwandAir yakoze urugendo rwa mbere i Tel Aviv muri Israel

RwandAir yakoze urugendo rwa mbere i Tel Aviv muri Israel

Ubwanditsi 25 Jun 2019
RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

Ubwanditsi 26 Jun 2024
Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League

Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League

RUSHYASHYA 21 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tombola ya 1/4 cya Champions League yasize ikipe ya Bayern Munichen ifite igikombe giheruka izahura na PSG bahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka w’imikino wa 2019-2020
Amakuru

Tombola ya 1/4 cya Champions League yasize ikipe ya Bayern Munichen ifite igikombe giheruka izahura na PSG bahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka w’imikino wa 2019-2020

Ubwanditsi 19 Mar 2021
Perezida Uhuru Kenyatta yasesekaye mu Rwanda
ITOHOZA

Perezida Uhuru Kenyatta yasesekaye mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]
HIRYA NO HINO

Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 13 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru